Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibabyumva kimwe n’ubuyobozi bwabategetse kurandura imboga ngo batera ibyatsi birimbisha aho batuye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibabyumva kimwe n’ubuyobozi bwabategetse kurandura imboga ngo batera ibyatsi birimbisha aho batuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’ikitegererezo uri mu Kagari ka Buvungira mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, basabwe kurandura imboga bari barahinze mu turima tw’igikoni kugira ngo bateremo ibyatsi birimbisha aho batuye bikanafata ubutaka bizwi nka Paspalum, none baribaza niba ibi byatsi bazabirya bikabarinda imirire mibi.

Aba baturage basenyewe n’ibiza by’imvura nyinshi yaguye mu mwaka ushize wa 2023, bubakiwe umudugudu w’ikitegererezo, babwiye RADIOTV10 ko bakimara kwimurirwamo, bahise bakora uturima tw’igikoni kugira ngo barwanye imirire mibi dore ko bamwe muri bo bafite abana bato bakeneye indyo yuzuye irimo n’imboga.

Bayavuge Console ati “Twagiye twishakamo ibisubizo, kuko dufite abagore batwite, dufite abana bakiri bato bakeneye imboga za buri munsi.”

Ikibabaje ngo ni uko ubuyobozi bwahindukiye bukabasaba kurandura imboga bari bahinze muri utu turima tw’igikoni, ubundi bagateramo ibi byatsi bya paspalum ngo bizabafashe kwirinda ibiza.

Munganyinka Francine ati “Goronome [ushinzwe ubuhinzi] yaraje adusanga mu rugo aratubwira ngo imboga ntizemewe, ngo nituzirandure ngo nidutere ibyatsi bya pasipalum kandi ntitwakwanga kubumvira.”

Bari bateye imboga batangiye no kuzirya

Aba baturage bavuga ko bahise bumvira itegeko ry’ubuyobozi bakarandura imboga zari zatangiye no kwera banazirya batazihashye, bagatera ibyo byatsi ariko batumva uko ubuyobozi bwahinduye imvugo kuko bwari busanzwe bubakangurira gutunga uturima tw’igikoni none bukaba bwabasabye kudukuraho.

Nyiransabimana Vestine avuga ko ibi bizagira ingaruka ku mirire. Ati “Si ku bana gusa ahubwo na ba nyina bazabaho batabayeho. None se ubuzima butarya imboga bubaho?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushekeri, Munezero Yvan avuga ko gushishikariza aba baturage gutera biriya byatsi, bigamije kurwanya ibiza byanatumye bariya baturage bimurwa aho bari batuye kuko ubutaka bw’aha batujwe bunoroshye bityo bukaba bukeneye ibyatsi bibufata.

Avuga ko iyi gahunda yo gutera paspalum imaze igihe muri aka gace, ndetse ko ari inama banagiriwe na Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza ubwo yasuraga aba baturage.

Uyu muyobozi avuga ko aba baturage babahaye igihe gihagije cyo kuzaba bakuyemo imyaka yabo igihe izaba yareze ubundi bagatera biriya byatsi kandi ko na byo bazabitera mu butaka buto ku buryo batabura aho batera imboga.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + twelve =

Previous Post

Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Next Post

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.