Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibabyumva kimwe n’ubuyobozi bwabategetse kurandura imboga ngo batera ibyatsi birimbisha aho batuye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibabyumva kimwe n’ubuyobozi bwabategetse kurandura imboga ngo batera ibyatsi birimbisha aho batuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’ikitegererezo uri mu Kagari ka Buvungira mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, basabwe kurandura imboga bari barahinze mu turima tw’igikoni kugira ngo bateremo ibyatsi birimbisha aho batuye bikanafata ubutaka bizwi nka Paspalum, none baribaza niba ibi byatsi bazabirya bikabarinda imirire mibi.

Aba baturage basenyewe n’ibiza by’imvura nyinshi yaguye mu mwaka ushize wa 2023, bubakiwe umudugudu w’ikitegererezo, babwiye RADIOTV10 ko bakimara kwimurirwamo, bahise bakora uturima tw’igikoni kugira ngo barwanye imirire mibi dore ko bamwe muri bo bafite abana bato bakeneye indyo yuzuye irimo n’imboga.

Bayavuge Console ati “Twagiye twishakamo ibisubizo, kuko dufite abagore batwite, dufite abana bakiri bato bakeneye imboga za buri munsi.”

Ikibabaje ngo ni uko ubuyobozi bwahindukiye bukabasaba kurandura imboga bari bahinze muri utu turima tw’igikoni, ubundi bagateramo ibi byatsi bya paspalum ngo bizabafashe kwirinda ibiza.

Munganyinka Francine ati “Goronome [ushinzwe ubuhinzi] yaraje adusanga mu rugo aratubwira ngo imboga ntizemewe, ngo nituzirandure ngo nidutere ibyatsi bya pasipalum kandi ntitwakwanga kubumvira.”

Bari bateye imboga batangiye no kuzirya

Aba baturage bavuga ko bahise bumvira itegeko ry’ubuyobozi bakarandura imboga zari zatangiye no kwera banazirya batazihashye, bagatera ibyo byatsi ariko batumva uko ubuyobozi bwahinduye imvugo kuko bwari busanzwe bubakangurira gutunga uturima tw’igikoni none bukaba bwabasabye kudukuraho.

Nyiransabimana Vestine avuga ko ibi bizagira ingaruka ku mirire. Ati “Si ku bana gusa ahubwo na ba nyina bazabaho batabayeho. None se ubuzima butarya imboga bubaho?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushekeri, Munezero Yvan avuga ko gushishikariza aba baturage gutera biriya byatsi, bigamije kurwanya ibiza byanatumye bariya baturage bimurwa aho bari batuye kuko ubutaka bw’aha batujwe bunoroshye bityo bukaba bukeneye ibyatsi bibufata.

Avuga ko iyi gahunda yo gutera paspalum imaze igihe muri aka gace, ndetse ko ari inama banagiriwe na Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza ubwo yasuraga aba baturage.

Uyu muyobozi avuga ko aba baturage babahaye igihe gihagije cyo kuzaba bakuyemo imyaka yabo igihe izaba yareze ubundi bagatera biriya byatsi kandi ko na byo bazabitera mu butaka buto ku buryo batabura aho batera imboga.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 1 =

Previous Post

Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Next Post

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.