Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibabyumva kimwe n’ubuyobozi bwabategetse kurandura imboga ngo batera ibyatsi birimbisha aho batuye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibabyumva kimwe n’ubuyobozi bwabategetse kurandura imboga ngo batera ibyatsi birimbisha aho batuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’ikitegererezo uri mu Kagari ka Buvungira mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, basabwe kurandura imboga bari barahinze mu turima tw’igikoni kugira ngo bateremo ibyatsi birimbisha aho batuye bikanafata ubutaka bizwi nka Paspalum, none baribaza niba ibi byatsi bazabirya bikabarinda imirire mibi.

Aba baturage basenyewe n’ibiza by’imvura nyinshi yaguye mu mwaka ushize wa 2023, bubakiwe umudugudu w’ikitegererezo, babwiye RADIOTV10 ko bakimara kwimurirwamo, bahise bakora uturima tw’igikoni kugira ngo barwanye imirire mibi dore ko bamwe muri bo bafite abana bato bakeneye indyo yuzuye irimo n’imboga.

Bayavuge Console ati “Twagiye twishakamo ibisubizo, kuko dufite abagore batwite, dufite abana bakiri bato bakeneye imboga za buri munsi.”

Ikibabaje ngo ni uko ubuyobozi bwahindukiye bukabasaba kurandura imboga bari bahinze muri utu turima tw’igikoni, ubundi bagateramo ibi byatsi bya paspalum ngo bizabafashe kwirinda ibiza.

Munganyinka Francine ati “Goronome [ushinzwe ubuhinzi] yaraje adusanga mu rugo aratubwira ngo imboga ntizemewe, ngo nituzirandure ngo nidutere ibyatsi bya pasipalum kandi ntitwakwanga kubumvira.”

Bari bateye imboga batangiye no kuzirya

Aba baturage bavuga ko bahise bumvira itegeko ry’ubuyobozi bakarandura imboga zari zatangiye no kwera banazirya batazihashye, bagatera ibyo byatsi ariko batumva uko ubuyobozi bwahinduye imvugo kuko bwari busanzwe bubakangurira gutunga uturima tw’igikoni none bukaba bwabasabye kudukuraho.

Nyiransabimana Vestine avuga ko ibi bizagira ingaruka ku mirire. Ati “Si ku bana gusa ahubwo na ba nyina bazabaho batabayeho. None se ubuzima butarya imboga bubaho?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushekeri, Munezero Yvan avuga ko gushishikariza aba baturage gutera biriya byatsi, bigamije kurwanya ibiza byanatumye bariya baturage bimurwa aho bari batuye kuko ubutaka bw’aha batujwe bunoroshye bityo bukaba bukeneye ibyatsi bibufata.

Avuga ko iyi gahunda yo gutera paspalum imaze igihe muri aka gace, ndetse ko ari inama banagiriwe na Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza ubwo yasuraga aba baturage.

Uyu muyobozi avuga ko aba baturage babahaye igihe gihagije cyo kuzaba bakuyemo imyaka yabo igihe izaba yareze ubundi bagatera biriya byatsi kandi ko na byo bazabitera mu butaka buto ku buryo batabura aho batera imboga.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 3 =

Previous Post

Basketball: Umukinnyi wahaye ibyishimo abaturarwanda agarutse akubutse i Burundi

Next Post

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Related Posts

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.