Wednesday, July 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibakozwa ibyo gusoreshwa bahereye mu myaka itandatu ishize ku cyemezo kimaze umwaka umwe

radiotv10by radiotv10
23/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibakozwa ibyo gusoreshwa bahereye mu myaka itandatu ishize ku cyemezo kimaze umwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko batumva ukuntu bari gusoreshwa ubutaka bwabo bahereye mu mwaka wa 2019 kandi bwarashyizwe mu miturire umwaka ushize wa 2024.

Umwaka ushize Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwavuguruye igishushanyo mbonera cy’imiturire n’ubutaka. Ubusanzwe ubutaka buhingwaho burenze Hegitare n’uburi mu miturire burasorerwa.

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kageze mu Murenge wa Gahengeri, baravuga ko kuva imikoreshereze y’ubutaka muri aka Karere yahinduka n’aho batangiye gusoreshwa ubutaka bwabo bahingagaho ndetse Notariya w’ubutaka ngo akabasaba kwishyura guhera 2019 mu gihe ubu butaka bwabo bwari mu buhinzi.

Uwitwa Muhawenimana ati “Kagezi hari ubuhinzi, mu mwaka wa 2024 batubwira ko ari imiturire. Uyu munsi wa none urimo kugenda wagera kwa Noteri akavuga yuko tugomba gusora duhereye 2019. None se ko iyo miturire ko ije mu myaka ibiri, baraduca ayo mafaranga yose ngo tuzayakure hehe? Niba baraduhaye imiturire ntibakabaye badusoresha kiriya gihe cy’ubuhinzi twari turimo.

Umutesi Jeannette na we yagize ati “Imbogamizi bashyizeho ni iyo misoro. Ese ntabwo badufasha tugahera muri 2024 iyo miturire bayemeje akaba ari bwo twatangira gusora?”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richard Kagabo avuga ko na we atumva uburyo abaturage baba bari gusoreshwa kuva muri 2019 nyamara icyemezo bagenderaho cyarafashwe muri 2024.

Ati “Itegeko ritangira kubahirizwa umunsi ryatoweho, bivuze ko niba mu by’ukuri uburyo nababwiye bakwiye gutangira gusora barabyumvise neza, Igishushanyobonera cyemejwe mu 2024 ari nabwo bagombaga gutangira gusora.”

Umuyobozi Wungiri w’Akarere avuga ko niba Noteri ari kubwira aba baturage umwaka utari wo, agiye gukurikirana iby’iki kibazo kugira ngo gihabwe umurongo.

Ntibumva ukuntu basora bahereye muri 2019 kandi icyemezo cyarafashwe 2024

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − ten =

Previous Post

Kigali: Hafashwe abakekwaho kwihuriza mu gatsiko gakora ubujura bwanakomerekeyemo bamwe

Next Post

Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

Related Posts

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

by radiotv10
16/07/2025
0

During the substantive hearing: Manzi Sezisoni Davis, the owner of the trading company Billion Traders, admitted that he suffered losses...

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

by radiotv10
16/07/2025
0

Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2024-2025 mu Rwanda, umwe mu banyeshuri bari gukora ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri...

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

by radiotv10
16/07/2025
0

“You’re so fat.”  “You’ve lost so much weight.” “You would have prettier if you changed a few things.” These are...

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

by radiotv10
16/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), n’ubw’Urugaga rw’Abikorera PSF, bwinjiye mu kibazo cya Hoteli Château le Marara yatunzwe agatoki...

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

by radiotv10
16/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yongeye gushima Perezida Paul Kagame akunze kwita...

IZIHERUKA

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders
MU RWANDA

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

by radiotv10
16/07/2025
0

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

16/07/2025
Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

16/07/2025
“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

16/07/2025
Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

16/07/2025
Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

16/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

Urugamba rushobora guhindura isura: Iran yateguje America akaga kagiye kuyibaho nyuma yo kuyirasaho ikanigamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.