Monday, October 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro bavuga ko barembejwe n’abajura badatinya no kubasanga mu nzu babanje kuzicukura, nyamara ngo igihe babafashe bakabashyikiriza inzego, zihita zibarekura, nyamara barababujije kwihanira.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nganzo mu Murenge wa Kivumu, bavuga ko aba bajura bishora mu mirima yabo bakabiba imyaka bihingiye, ndetse bakabiba n’amatungo, kandi ko biri gufata intera yo hejuru.

Nsanzumuhire Sostene ati “Bimeze nk’amashitani yavuye ikuzimu ku buryo twabuze n’aho duhungira kuko ntawe ucyorora, nta nzu ikigira urugi ruzima, ntawe ucyorora ingurube, inkoko, ihene zarashize n’inka zarashize.”

Murekatete na we ati “Baza gutobora inzu uyiryamyemo cyangwa waba ufite n’itungo mu kiraro ukabyuka ugasanga barijyanye.”

Uretse ubwo bujura bavuga ko buri ku rwego rwo hejuru, abatuye muri aka gace bagaragaza ko hari n’abagirirwa nabi n’aba bajura. Itangishaka Philemon amaze amezi abiri atemwe n’abo bajura ubwo yari agiye kurinda ibishyimbo bye.

Ati “Nasanze bari kunyiba mbatesheje barantema kubera ko inaha utarinze imyaka yawe ntacyo wabona kuko n’ikawa bagusangamo uri gusoroma akaba ari wowe wiruka ku manywa y’ihangu.”

Bavuga ko ikibabaje ari uko aba bajura n’abafashwe badahanwa uko bikwiye, nyamara ubuyobozi bwarababujije kujya bihanira.

Nsanzumuhire Sostene ati “Iyo tubijyanye tumera nk’abagiye kumena ivu kuko kiza kigugurikiye kandi twasabye ngo byibura icyo dufashe tujye tucyica barabyanga kandi twabibashyikiriza ntibabiduhanire none mudusabire bajye babihana by’intangarugero n’ibindi birebereho.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana impamvu abo bajura badahanwa kandi bashyikirijwe ubuyobozi kugira ngo abaturage n’ibyabo birusheho gutekana.

Ati “Ni ukureba impamvu babishyikiriza ubuyobozi ntibugire icyo bukora maze tumenye uko byagenze kuko ni inshingano zacu nk’ubuyobozi gufatanya n’inzego bireba mu gukemura ibibazo by’abaturage ariko by’umwihariko turinda umutekano wabo n’ibyabo.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko ibibazo nk’ibi bijyanye n’umutekano bitakemuka mu gihe hatabayeho ubufatanye n’abaturage ariko ko bigenda bikemurwa buhoro buhoro dore ko ingingo y’umutekano w’ibintu n’abantu iri mu byagarutsweho na raporo y’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB yasohotse umwaka ushize wa 2024, ku nshuro yayo ya 11, ikagaragaza ko urwego rw’umutekano rwizewe n’abaturage kuri 93,82% kandi umutekano w’ibintu ukaza ku kigero cya 87,51% bivuye kuri 69,80% byariho muri 2023.

Itangishaka Philemon we yanasagariwe n’ibi bisambo biramutema

Aba baturage bavuga ko bababazwa no kubona ababiba bagafatwa bahita barekurwa
Bavuga ko bidakwiye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 20 =

Previous Post

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

Next Post

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Related Posts

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

by radiotv10
06/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba umuyobozi yateshuka agakora ikosa rimwe ari ibisanzwe nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo arisubiyemo kenshi, biba...

Do men really want independent women, or just the idea of them?

Do men really want independent women, or just the idea of them?

by radiotv10
06/10/2025
0

Today, many men say they want an independent woman, someone who is confident, hardworking, and not fully dependent on them....

Musanze: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

Musanze: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

by radiotv10
06/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze bavuga ko, nubwo begerejwe ivomero ry’amazi meza, ariko bakomeje...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
06/10/2025
3

  Rwanda is preparing to roll out a modern digital identity system that is expected to transform how citizens and...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

by radiotv10
04/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda, yazamuye mu mapeti abasirikare b'Abofisiye bato, 632 abaha ipeti...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje
MU RWANDA

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

06/10/2025
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

06/10/2025
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.