Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro bavuga ko barembejwe n’abajura badatinya no kubasanga mu nzu babanje kuzicukura, nyamara ngo igihe babafashe bakabashyikiriza inzego, zihita zibarekura, nyamara barababujije kwihanira.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nganzo mu Murenge wa Kivumu, bavuga ko aba bajura bishora mu mirima yabo bakabiba imyaka bihingiye, ndetse bakabiba n’amatungo, kandi ko biri gufata intera yo hejuru.

Nsanzumuhire Sostene ati “Bimeze nk’amashitani yavuye ikuzimu ku buryo twabuze n’aho duhungira kuko ntawe ucyorora, nta nzu ikigira urugi ruzima, ntawe ucyorora ingurube, inkoko, ihene zarashize n’inka zarashize.”

Murekatete na we ati “Baza gutobora inzu uyiryamyemo cyangwa waba ufite n’itungo mu kiraro ukabyuka ugasanga barijyanye.”

Uretse ubwo bujura bavuga ko buri ku rwego rwo hejuru, abatuye muri aka gace bagaragaza ko hari n’abagirirwa nabi n’aba bajura. Itangishaka Philemon amaze amezi abiri atemwe n’abo bajura ubwo yari agiye kurinda ibishyimbo bye.

Ati “Nasanze bari kunyiba mbatesheje barantema kubera ko inaha utarinze imyaka yawe ntacyo wabona kuko n’ikawa bagusangamo uri gusoroma akaba ari wowe wiruka ku manywa y’ihangu.”

Bavuga ko ikibabaje ari uko aba bajura n’abafashwe badahanwa uko bikwiye, nyamara ubuyobozi bwarababujije kujya bihanira.

Nsanzumuhire Sostene ati “Iyo tubijyanye tumera nk’abagiye kumena ivu kuko kiza kigugurikiye kandi twasabye ngo byibura icyo dufashe tujye tucyica barabyanga kandi twabibashyikiriza ntibabiduhanire none mudusabire bajye babihana by’intangarugero n’ibindi birebereho.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana impamvu abo bajura badahanwa kandi bashyikirijwe ubuyobozi kugira ngo abaturage n’ibyabo birusheho gutekana.

Ati “Ni ukureba impamvu babishyikiriza ubuyobozi ntibugire icyo bukora maze tumenye uko byagenze kuko ni inshingano zacu nk’ubuyobozi gufatanya n’inzego bireba mu gukemura ibibazo by’abaturage ariko by’umwihariko turinda umutekano wabo n’ibyabo.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko ibibazo nk’ibi bijyanye n’umutekano bitakemuka mu gihe hatabayeho ubufatanye n’abaturage ariko ko bigenda bikemurwa buhoro buhoro dore ko ingingo y’umutekano w’ibintu n’abantu iri mu byagarutsweho na raporo y’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB yasohotse umwaka ushize wa 2024, ku nshuro yayo ya 11, ikagaragaza ko urwego rw’umutekano rwizewe n’abaturage kuri 93,82% kandi umutekano w’ibintu ukaza ku kigero cya 87,51% bivuye kuri 69,80% byariho muri 2023.

Itangishaka Philemon we yanasagariwe n’ibi bisambo biramutema

Aba baturage bavuga ko bababazwa no kubona ababiba bagafatwa bahita barekurwa
Bavuga ko bidakwiye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

Next Post

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.