Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ntibasiba kugaragaza urwo bakundana…Bahavu n’umugabo we bavuze igituma urukundo rwabo ruhora rutohagiye

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ntibasiba kugaragaza urwo bakundana…Bahavu n’umugabo we bavuze igituma urukundo rwabo ruhora rutohagiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda, Bahavu Jannet n’umugabo we Fleury bahora bagaragaza ko urukundo rwabo ruhora rutohagiye, bavuze icyo babikesha gituma bumva iteka buri wese ahora ari mushya imbere y’undi.

Bahavu Jannet wamamaye nka Diane muri Film y’uruhererekane ya City Maid, ubu akaba afite film ye na yo ikunzwe yitwa Impanga, amaze umwaka ashakanye na Fleury Ndayirukiye na we usanzwe atunganya film.

Ubukwe bwabo bwabaye muri Gashyantare 2021 nyuma y’imyaka itanu bakundana, bakaba baherutse kwibaruka imfura yabo.

Bafite YouTube Channel bahuriye bakunze gusangiza inshuti zabo bimwe mu biranga imibanire yabo ya buri munsi aho mu minsi ishize bakunze kugaragaza umwe yatunguye undi mu dukino twabaga tugaragaza urukundo rudasanzwe bafitanye.

Bahavu umaze kubaka izina mu gukina Film, avuga ko akunda umugabo we byahebuje ku buryo n’iyo bagize ibyo batumvikanaho ahita akubita agatima ko kuba yifuza ko bazabana iteka ryose, agahita acururuka akaba ari we ufata iya mbere mu gutuma bakemura ikibazo baba bagiranye.

Ati “Bituma byoroha nkoroshya umutima kuko agomba kuba ahari mbese turi kumwe igihe cyose imyaka y’ubuzima bwacu bwose.”

Ni ingingo ahuriyeho n’umugabo we Fleury uvuga ko ‘Ntazibana zidakomanya amahembe’ ko bajya bagira ibintu bito batumvikanaho ariko “Nyine nk’uko yabivuze, uravuga uti ‘madamu wanjye ntabwo nshaka kumutakaza, ntabwo nshaka gutaha mu rugo ngo nsange ibintu atari amahoro’.”

Avuga iyo habayeho akabazo mu rugo, buri wese aba ashaka gusaba undi imbabazi ku buryo n’ufashe iya mbere akazisaba bihita byoroha kumubabarira.

Bahavu avuga ko irindi banda rituma urukundo rwabo ruhora rutoshye, ari amagambo bahora babwirana nka ‘Ndagukunda’ ku buryo kubera kubivuga kenshi, byatumye bumva ko iri jambo rifite agaciro gakomeye, bagaharanira guhora bakundana nk’uko babibwirana.

Mu rugo rwabo ngo bihora ari bishya
Iteka ngo buri wese ngo aharanira kubera undi uw’ingenzi
Buri wese ahora ashaka gushimisha undi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Uganda yanyomoje iby’uruzinduko rwa Gen Saleh (umuvandimwe wa Museveni) mu Rwanda

Next Post

Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.