Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ntibasiba kugaragaza urwo bakundana…Bahavu n’umugabo we bavuze igituma urukundo rwabo ruhora rutohagiye

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ntibasiba kugaragaza urwo bakundana…Bahavu n’umugabo we bavuze igituma urukundo rwabo ruhora rutohagiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda, Bahavu Jannet n’umugabo we Fleury bahora bagaragaza ko urukundo rwabo ruhora rutohagiye, bavuze icyo babikesha gituma bumva iteka buri wese ahora ari mushya imbere y’undi.

Bahavu Jannet wamamaye nka Diane muri Film y’uruhererekane ya City Maid, ubu akaba afite film ye na yo ikunzwe yitwa Impanga, amaze umwaka ashakanye na Fleury Ndayirukiye na we usanzwe atunganya film.

Ubukwe bwabo bwabaye muri Gashyantare 2021 nyuma y’imyaka itanu bakundana, bakaba baherutse kwibaruka imfura yabo.

Bafite YouTube Channel bahuriye bakunze gusangiza inshuti zabo bimwe mu biranga imibanire yabo ya buri munsi aho mu minsi ishize bakunze kugaragaza umwe yatunguye undi mu dukino twabaga tugaragaza urukundo rudasanzwe bafitanye.

Bahavu umaze kubaka izina mu gukina Film, avuga ko akunda umugabo we byahebuje ku buryo n’iyo bagize ibyo batumvikanaho ahita akubita agatima ko kuba yifuza ko bazabana iteka ryose, agahita acururuka akaba ari we ufata iya mbere mu gutuma bakemura ikibazo baba bagiranye.

Ati “Bituma byoroha nkoroshya umutima kuko agomba kuba ahari mbese turi kumwe igihe cyose imyaka y’ubuzima bwacu bwose.”

Ni ingingo ahuriyeho n’umugabo we Fleury uvuga ko ‘Ntazibana zidakomanya amahembe’ ko bajya bagira ibintu bito batumvikanaho ariko “Nyine nk’uko yabivuze, uravuga uti ‘madamu wanjye ntabwo nshaka kumutakaza, ntabwo nshaka gutaha mu rugo ngo nsange ibintu atari amahoro’.”

Avuga iyo habayeho akabazo mu rugo, buri wese aba ashaka gusaba undi imbabazi ku buryo n’ufashe iya mbere akazisaba bihita byoroha kumubabarira.

Bahavu avuga ko irindi banda rituma urukundo rwabo ruhora rutoshye, ari amagambo bahora babwirana nka ‘Ndagukunda’ ku buryo kubera kubivuga kenshi, byatumye bumva ko iri jambo rifite agaciro gakomeye, bagaharanira guhora bakundana nk’uko babibwirana.

Mu rugo rwabo ngo bihora ari bishya
Iteka ngo buri wese ngo aharanira kubera undi uw’ingenzi
Buri wese ahora ashaka gushimisha undi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + four =

Previous Post

Uganda yanyomoje iby’uruzinduko rwa Gen Saleh (umuvandimwe wa Museveni) mu Rwanda

Next Post

Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

Related Posts

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

Rulindo: Inzara iravuza ubuhuha mu mudugudu w’ikitegererezo none bamwe bari kuwuhunga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.