Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 12 yo mu Kagari ka Cyahi mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera irasaba kurenganurwa nyuma yo kwirukanwa mu butaka bari baratujwemo muri gahunda y’isaranganya ariko uwahoranye ubwo butaka akaza kubwibaruzaho batabizi, mu gihe we avuga ko nubwo bakoreraga muri ubwo butaka butari ubwabo.

Iyi miryango yo mu Mudugudu wa Nkuri Akagari ka Cyahi Umurenge wa Rugarama, ivuga ko uwitwa Kayitesi Judith yahungutse mu 1994 maze muri 2000, ubuyobozi bubasaba gusaranganya na we ubutaka bityo babyemera batajuyaje ngo dore yari gahunda ya Leta nk’uko bigaragazwa n’urwandiko aba baturage beretse Umunyamakuru wa RADIOTV10.

Ni urwandiko ruriho na Kashi y’akahoze ari Akarere ka Bukamba n’umukono wa w’uwakayoboraga, Hanezerwabake Christophe.

Aba baturage bavuga ko ubwo gahunda yo kubarura ubuta yazaga, bose babaruje ndetse na Kayitesi abaruza ubutaka yari yasigaranye, gusa ngo ubwo ibyangombwa by’ubutaka byasohokaga, bo babuze ibyabo.

Umwe muri aba baturage ati “Tumaze gusaranganya Kayitesi ubwe yaradusinyiye twese turasinya noneho buri wese abona igipande cye.”

Undi muturage avuga ko Kayitesi yaje kuberurira ko adashaka iri saranganya akababwira ati “Njyewe sinshaka amasaranganya ni mwa data.”

Bavuga ko ngo batakambiye inzego nyinshi nyamara zirabatererana gusa ngo ikibazo cyabo n’uyu mubyeyi Kayitesi Judith ngo cyari kikiri mu rukiko kuko bari bahawe kuburana mu kwezi kwa cumi k’uyu mwaka ariko batungurwa babonye uyu mubyeyi azanye icyangombwa cy’ubutaka cya burundu, none barasabwa kuva muri ubu butaka.

Ati “Urubanza rwari kuzacibwa mu kwezi kwa cumi k’uyu mwaka none bigeze muri uku kwezi tugiye kubona tubona ubuyobozi bwamwandikiye icyemezo dushaka aho icyo cyemezo cyaturutse biratuyobera.”

Undi ati “Urubanza rwari rukiri mu rukiko rutaracibwa none urukiko rumuhesheje uburenganzira bwo kubona icyangombwa cy’ubutaka. Bigaragara ko ari ruswa rero.”

Aba baturage bavuga uyu muturage bahanganye ajya ananyuzamo akabatera ubwoba akababwira ko bene wabo bakomeye, bavuga ko biyambaje inzego nyinshi zishoboka, bakomeza batakambira Perezida wa Republika ko yabarenganura.

Ati “Ndibaza ukuntu turimuka turagana hehe ngo ubutaka ni ubwa Kayitesi hanyuma Paul Kagame washyizeho isaranganya none turagana he. Turatabaza Paul Kagame kuko izindi nzego tugezemo zose baduca amazi.”

Kayitesi Judith ushyirwa mu majwi n’aba baturage, avuga ko ari bo batumye havuka amakimbirane kuko ubwo bahunguka buri wese yari afite ubutaka bwe ahubwo bariya baturage bahingaga umurima we kuko we asanzwe afite ubumuga ntabashe guhangana na bo.

Kayitesi uvuga ko ubwo butaka bwe bufite Hegitari imwe kandi ko ubungana gutya butari bwemewe gukorerwamo isaranganya, avuga ko yaba Akarere, Intara ndetse n’Urwego rw’Umuvunyi, bemeje ko ubwo butaka ari ubwe ku buryo iryo saranganya ryataye agaciro.

Ati “Ubu ndasigara mbarega imyaka bahinzemo ni bwo bwoba buri kubatatanya.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko iki kibazo nta byinshi yakivugaho ngo kuko cyatangiye gukurikiranwa n’urwego rw’umuvunyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + seven =

Previous Post

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Next Post

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Related Posts

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

We often think being busy means being productive. But working non-stop can make us tired, stressed, and less creative. The...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.