Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 12 yo mu Kagari ka Cyahi mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera irasaba kurenganurwa nyuma yo kwirukanwa mu butaka bari baratujwemo muri gahunda y’isaranganya ariko uwahoranye ubwo butaka akaza kubwibaruzaho batabizi, mu gihe we avuga ko nubwo bakoreraga muri ubwo butaka butari ubwabo.

Iyi miryango yo mu Mudugudu wa Nkuri Akagari ka Cyahi Umurenge wa Rugarama, ivuga ko uwitwa Kayitesi Judith yahungutse mu 1994 maze muri 2000, ubuyobozi bubasaba gusaranganya na we ubutaka bityo babyemera batajuyaje ngo dore yari gahunda ya Leta nk’uko bigaragazwa n’urwandiko aba baturage beretse Umunyamakuru wa RADIOTV10.

Ni urwandiko ruriho na Kashi y’akahoze ari Akarere ka Bukamba n’umukono wa w’uwakayoboraga, Hanezerwabake Christophe.

Aba baturage bavuga ko ubwo gahunda yo kubarura ubuta yazaga, bose babaruje ndetse na Kayitesi abaruza ubutaka yari yasigaranye, gusa ngo ubwo ibyangombwa by’ubutaka byasohokaga, bo babuze ibyabo.

Umwe muri aba baturage ati “Tumaze gusaranganya Kayitesi ubwe yaradusinyiye twese turasinya noneho buri wese abona igipande cye.”

Undi muturage avuga ko Kayitesi yaje kuberurira ko adashaka iri saranganya akababwira ati “Njyewe sinshaka amasaranganya ni mwa data.”

Bavuga ko ngo batakambiye inzego nyinshi nyamara zirabatererana gusa ngo ikibazo cyabo n’uyu mubyeyi Kayitesi Judith ngo cyari kikiri mu rukiko kuko bari bahawe kuburana mu kwezi kwa cumi k’uyu mwaka ariko batungurwa babonye uyu mubyeyi azanye icyangombwa cy’ubutaka cya burundu, none barasabwa kuva muri ubu butaka.

Ati “Urubanza rwari kuzacibwa mu kwezi kwa cumi k’uyu mwaka none bigeze muri uku kwezi tugiye kubona tubona ubuyobozi bwamwandikiye icyemezo dushaka aho icyo cyemezo cyaturutse biratuyobera.”

Undi ati “Urubanza rwari rukiri mu rukiko rutaracibwa none urukiko rumuhesheje uburenganzira bwo kubona icyangombwa cy’ubutaka. Bigaragara ko ari ruswa rero.”

Aba baturage bavuga uyu muturage bahanganye ajya ananyuzamo akabatera ubwoba akababwira ko bene wabo bakomeye, bavuga ko biyambaje inzego nyinshi zishoboka, bakomeza batakambira Perezida wa Republika ko yabarenganura.

Ati “Ndibaza ukuntu turimuka turagana hehe ngo ubutaka ni ubwa Kayitesi hanyuma Paul Kagame washyizeho isaranganya none turagana he. Turatabaza Paul Kagame kuko izindi nzego tugezemo zose baduca amazi.”

Kayitesi Judith ushyirwa mu majwi n’aba baturage, avuga ko ari bo batumye havuka amakimbirane kuko ubwo bahunguka buri wese yari afite ubutaka bwe ahubwo bariya baturage bahingaga umurima we kuko we asanzwe afite ubumuga ntabashe guhangana na bo.

Kayitesi uvuga ko ubwo butaka bwe bufite Hegitari imwe kandi ko ubungana gutya butari bwemewe gukorerwamo isaranganya, avuga ko yaba Akarere, Intara ndetse n’Urwego rw’Umuvunyi, bemeje ko ubwo butaka ari ubwe ku buryo iryo saranganya ryataye agaciro.

Ati “Ubu ndasigara mbarega imyaka bahinzemo ni bwo bwoba buri kubatatanya.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko iki kibazo nta byinshi yakivugaho ngo kuko cyatangiye gukurikiranwa n’urwego rw’umuvunyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + nine =

Previous Post

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Next Post

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.