Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 12 yo mu Kagari ka Cyahi mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera irasaba kurenganurwa nyuma yo kwirukanwa mu butaka bari baratujwemo muri gahunda y’isaranganya ariko uwahoranye ubwo butaka akaza kubwibaruzaho batabizi, mu gihe we avuga ko nubwo bakoreraga muri ubwo butaka butari ubwabo.

Iyi miryango yo mu Mudugudu wa Nkuri Akagari ka Cyahi Umurenge wa Rugarama, ivuga ko uwitwa Kayitesi Judith yahungutse mu 1994 maze muri 2000, ubuyobozi bubasaba gusaranganya na we ubutaka bityo babyemera batajuyaje ngo dore yari gahunda ya Leta nk’uko bigaragazwa n’urwandiko aba baturage beretse Umunyamakuru wa RADIOTV10.

Ni urwandiko ruriho na Kashi y’akahoze ari Akarere ka Bukamba n’umukono wa w’uwakayoboraga, Hanezerwabake Christophe.

Aba baturage bavuga ko ubwo gahunda yo kubarura ubuta yazaga, bose babaruje ndetse na Kayitesi abaruza ubutaka yari yasigaranye, gusa ngo ubwo ibyangombwa by’ubutaka byasohokaga, bo babuze ibyabo.

Umwe muri aba baturage ati “Tumaze gusaranganya Kayitesi ubwe yaradusinyiye twese turasinya noneho buri wese abona igipande cye.”

Undi muturage avuga ko Kayitesi yaje kuberurira ko adashaka iri saranganya akababwira ati “Njyewe sinshaka amasaranganya ni mwa data.”

Bavuga ko ngo batakambiye inzego nyinshi nyamara zirabatererana gusa ngo ikibazo cyabo n’uyu mubyeyi Kayitesi Judith ngo cyari kikiri mu rukiko kuko bari bahawe kuburana mu kwezi kwa cumi k’uyu mwaka ariko batungurwa babonye uyu mubyeyi azanye icyangombwa cy’ubutaka cya burundu, none barasabwa kuva muri ubu butaka.

Ati “Urubanza rwari kuzacibwa mu kwezi kwa cumi k’uyu mwaka none bigeze muri uku kwezi tugiye kubona tubona ubuyobozi bwamwandikiye icyemezo dushaka aho icyo cyemezo cyaturutse biratuyobera.”

Undi ati “Urubanza rwari rukiri mu rukiko rutaracibwa none urukiko rumuhesheje uburenganzira bwo kubona icyangombwa cy’ubutaka. Bigaragara ko ari ruswa rero.”

Aba baturage bavuga uyu muturage bahanganye ajya ananyuzamo akabatera ubwoba akababwira ko bene wabo bakomeye, bavuga ko biyambaje inzego nyinshi zishoboka, bakomeza batakambira Perezida wa Republika ko yabarenganura.

Ati “Ndibaza ukuntu turimuka turagana hehe ngo ubutaka ni ubwa Kayitesi hanyuma Paul Kagame washyizeho isaranganya none turagana he. Turatabaza Paul Kagame kuko izindi nzego tugezemo zose baduca amazi.”

Kayitesi Judith ushyirwa mu majwi n’aba baturage, avuga ko ari bo batumye havuka amakimbirane kuko ubwo bahunguka buri wese yari afite ubutaka bwe ahubwo bariya baturage bahingaga umurima we kuko we asanzwe afite ubumuga ntabashe guhangana na bo.

Kayitesi uvuga ko ubwo butaka bwe bufite Hegitari imwe kandi ko ubungana gutya butari bwemewe gukorerwamo isaranganya, avuga ko yaba Akarere, Intara ndetse n’Urwego rw’Umuvunyi, bemeje ko ubwo butaka ari ubwe ku buryo iryo saranganya ryataye agaciro.

Ati “Ubu ndasigara mbarega imyaka bahinzemo ni bwo bwoba buri kubatatanya.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko iki kibazo nta byinshi yakivugaho ngo kuko cyatangiye gukurikiranwa n’urwego rw’umuvunyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − six =

Previous Post

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Next Post

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.