Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

NTIBIKIRI MU MVUGO: Kwizera Olivier yamaze kongera amasezerano muri Rayon

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in SIPORO
0
NTIBIKIRI MU MVUGO: Kwizera Olivier yamaze kongera amasezerano muri Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu Kwizera Olivier wari umaze iminsi agarukwaho niba azongera kurinda izamu rya Rayon Sports cyangwa azerecyeza ahandi, uyu munsi yongereye amasezerano muri iyi kipe.

Kwizera Olivier wagarutsweho mu minsi yashize aho ubuyobozi bwa Rayon bwavugaga ko akiri umukinnyi w’iyi kipe mu gihe hari amakuru yavugwaga ko atarishyurwa umwenda iyi kipe imubereyemo.

Hari hanavuzwe kandi ko uyu munyezamu yaba yarumvikanye n’ubuyobozi bwa Rayon bukaba bumwishyuye igice ariko akagaruka mu izamu ryayo gusa abakunzi ba ruhago mu Rwanda bategereje ko bamubona mu izamu rya Rayon baramubura.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Ugushyingo 2021, uyu munyezamu uri mu bafite impano idasanzwe mu Rwanda, yongereye amasezerano muri iyi kipe ya Rayon Sports.

Amakuru avuga ko Kwizera Olivier yemeye gufata ikaramu agashyira umukono ku masezerano nyuma y’uko ubuyobozi bwa Rayon Sports bumwishyuye amafaranga bwari bumurimo aho bwakiriye inkunga y’itsinda ry’abafana rizwi nka Rockets y’amafaranga yaburaga mu yagombaga kwishyura Kwizera Olivier.

Rayon Sports yongeye gusinyisha Kwizera Oliver nyuma y’uko yari yamusinyishije muri Nyakanga 2020, amasezerano y’umwaka umwe avuye muri Gasogi United imuguze miliyoni 7 Frw.

Babinyujije kuri Twitter Rayon Sports yavuze ko “Ubu twakwemeza ko Kwizera Olivier ari umunyezamu wa Rayon Sports, agomba kuguma mu muryango w’Ubururu n’umweru.”

Kwizera Olivier yasinye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri
Agiye kongera kugaragara mu izamu rya Rayon

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Muhanga: Abanyeshuri baravugwaho kubahuka umubyeyi bakamukubita bakanamwambika ubusa

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Related Posts

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.