Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

NTIBIKIRI MU MVUGO: Kwizera Olivier yamaze kongera amasezerano muri Rayon

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in SIPORO
0
NTIBIKIRI MU MVUGO: Kwizera Olivier yamaze kongera amasezerano muri Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu Kwizera Olivier wari umaze iminsi agarukwaho niba azongera kurinda izamu rya Rayon Sports cyangwa azerecyeza ahandi, uyu munsi yongereye amasezerano muri iyi kipe.

Kwizera Olivier wagarutsweho mu minsi yashize aho ubuyobozi bwa Rayon bwavugaga ko akiri umukinnyi w’iyi kipe mu gihe hari amakuru yavugwaga ko atarishyurwa umwenda iyi kipe imubereyemo.

Hari hanavuzwe kandi ko uyu munyezamu yaba yarumvikanye n’ubuyobozi bwa Rayon bukaba bumwishyuye igice ariko akagaruka mu izamu ryayo gusa abakunzi ba ruhago mu Rwanda bategereje ko bamubona mu izamu rya Rayon baramubura.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Ugushyingo 2021, uyu munyezamu uri mu bafite impano idasanzwe mu Rwanda, yongereye amasezerano muri iyi kipe ya Rayon Sports.

Amakuru avuga ko Kwizera Olivier yemeye gufata ikaramu agashyira umukono ku masezerano nyuma y’uko ubuyobozi bwa Rayon Sports bumwishyuye amafaranga bwari bumurimo aho bwakiriye inkunga y’itsinda ry’abafana rizwi nka Rockets y’amafaranga yaburaga mu yagombaga kwishyura Kwizera Olivier.

Rayon Sports yongeye gusinyisha Kwizera Oliver nyuma y’uko yari yamusinyishije muri Nyakanga 2020, amasezerano y’umwaka umwe avuye muri Gasogi United imuguze miliyoni 7 Frw.

Babinyujije kuri Twitter Rayon Sports yavuze ko “Ubu twakwemeza ko Kwizera Olivier ari umunyezamu wa Rayon Sports, agomba kuguma mu muryango w’Ubururu n’umweru.”

Kwizera Olivier yasinye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri
Agiye kongera kugaragara mu izamu rya Rayon

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Muhanga: Abanyeshuri baravugwaho kubahuka umubyeyi bakamukubita bakanamwambika ubusa

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Related Posts

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.