Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

NTIBIKIRI MU MVUGO: Kwizera Olivier yamaze kongera amasezerano muri Rayon

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in SIPORO
0
NTIBIKIRI MU MVUGO: Kwizera Olivier yamaze kongera amasezerano muri Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu Kwizera Olivier wari umaze iminsi agarukwaho niba azongera kurinda izamu rya Rayon Sports cyangwa azerecyeza ahandi, uyu munsi yongereye amasezerano muri iyi kipe.

Kwizera Olivier wagarutsweho mu minsi yashize aho ubuyobozi bwa Rayon bwavugaga ko akiri umukinnyi w’iyi kipe mu gihe hari amakuru yavugwaga ko atarishyurwa umwenda iyi kipe imubereyemo.

Hari hanavuzwe kandi ko uyu munyezamu yaba yarumvikanye n’ubuyobozi bwa Rayon bukaba bumwishyuye igice ariko akagaruka mu izamu ryayo gusa abakunzi ba ruhago mu Rwanda bategereje ko bamubona mu izamu rya Rayon baramubura.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Ugushyingo 2021, uyu munyezamu uri mu bafite impano idasanzwe mu Rwanda, yongereye amasezerano muri iyi kipe ya Rayon Sports.

Amakuru avuga ko Kwizera Olivier yemeye gufata ikaramu agashyira umukono ku masezerano nyuma y’uko ubuyobozi bwa Rayon Sports bumwishyuye amafaranga bwari bumurimo aho bwakiriye inkunga y’itsinda ry’abafana rizwi nka Rockets y’amafaranga yaburaga mu yagombaga kwishyura Kwizera Olivier.

Rayon Sports yongeye gusinyisha Kwizera Oliver nyuma y’uko yari yamusinyishije muri Nyakanga 2020, amasezerano y’umwaka umwe avuye muri Gasogi United imuguze miliyoni 7 Frw.

Babinyujije kuri Twitter Rayon Sports yavuze ko “Ubu twakwemeza ko Kwizera Olivier ari umunyezamu wa Rayon Sports, agomba kuguma mu muryango w’Ubururu n’umweru.”

Kwizera Olivier yasinye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri
Agiye kongera kugaragara mu izamu rya Rayon

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + thirteen =

Previous Post

Muhanga: Abanyeshuri baravugwaho kubahuka umubyeyi bakamukubita bakanamwambika ubusa

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video
IBYAMAMARE

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Umuhanzi w’ikirangirire wasesekaye i Kigali arava mu kato ahita asura Urwibutso rwa Gisozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.