Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntibiteze kubaho-Ubutumwa bwa Perezida ku washaka gusubiza Abanyarwanda muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntibiteze kubaho-Ubutumwa bwa Perezida ku washaka gusubiza Abanyarwanda muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ntagishobora gutuma u Rwanda rusubira cyangwa rusubizwa mu byabaye mu myaka 30 ishize, kabone n’iyo byaba bikozwe n’umunyabubasha hatitawe ku bushobozi yaba afite bwose.

Perezida wa Repubulika yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025 mu kiganiro yagiranye n’abahagarariye mu Rwanda imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu byabo.

Perezida Kagame yasangije aba badipomate ishusho y’u Rwanda, mu karere, ku bijyanye n’ingingo zinyuranye zirimo amahoro n’umutekano, yavuze ku myitwarire ikunze kuranga Ibihugu by’ibihangange, bihora bitoza ibindi indangagaciro n’amahame bigomba kugenderaho.

Ati “Mu mibanire yacu n’abandi, hari abantu bavuga indangagaciro, inyungu, ko abantu bagomba kubigerago ku kigero cyo hejuru, ibyo ndabyemera ko abantu bagomba kurangwa n’ibyo, ariko iyo uvuze ibyo, uba ushatse kuvuga iki? indangagaciro, inyungu? Zagenderwaho n’abantu bose zigomba kuba zisa?”

Yavuze ko abantu bagira indangagaciro bagenderaho aho kuba bagendera ku zo bahatiwe n’Igihugu runaka cyangwa uwo ari we wese.

Yavuze kandi iyo umuntu arebye ibiri kubera ku Isi muri iki gihe, bigaragaza ko nta ndangagaciro zisa zibaho, kuko n’abazigisha, na bo bafite ibibazo.

Ati “mpita nibaza nti ‘ese hari igihe aho indangagaciro inyungu abo bantu bavuga ziba zimwe ku buryo hari iziruta izindi, ku buryo abantu bazigenderaho.”

 

Jenoside ntishoboka n’iyo yazanwa n’umunyabubasha

Perezida Paul Kagame yavuze ko umutwe wa FDLR wasize uhekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe, bakorana n’ubutegetsi bwa Congo, kugira ngo bazagaruke kurangiza umugambi wabo, ariko ko ibyo batekereza n’ibyo bifuza bidashobora kugerwaho.

Yavuze ko u Rwanda rwababaye bihagije ku buryo rudashobora kugira ikindi. Ati “Dushobora guhura n’ibindi bibazo, mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ariko ntibizongera ntibizongera ko ibyabaye mu myaka 30 byakongera kuba ukundi, tutitaye ku budahangarwa uko bwaba bungana kose bw’uwashaka kubigarura.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uwashaka gusubiza u Rwanda mu byabaye, cyeretse aramutse ahanaguye iki Gihugu ku ikarita y’Isi, ariko ko kongera kuzana Jenoside, byo ari inzozi zidashoboka.

Perezida Kagame kandi avuga ko Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika byari bikwiye na byo kwiyumvamo izi mbaraga zo kutavugirwamo no kutavogerwa.

Yavuze ko yagiye agirana ibiganiro n’abayobozi banyuranye kuri uyu Mugabane, bakavugana ku kuba Ibihugu bigomba kwigira, bikikemurira ibibazo, aho gutegereza ak’imuhana kuko kaza imvura ihise.

Ariko ko ikibabaje ari uko hari abatabyumva uko, ahubwo bagakomeza kugendera ku byo babibwemo, bagahora bashinja bagenzi babo ibinyoma, kuko bananiwe kwikemurira ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsinagore bagiye mu butumwa bw’amahoro bwa LONI

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsinagore bagiye mu butumwa bw’amahoro bwa LONI

Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsinagore bagiye mu butumwa bw’amahoro bwa LONI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.