Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mudugugu wa Gasenyi mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rabavu, bavuga ko batumva impamvu ivomo rusange ryabo ryafunzwe kubera amakosa ry’uwarivomeshagaho, bigatuma bongera gukoresha amazi mabi, bakaba bari no gusabwa amafaranga yo kumwishyurira igihombo cye.

Abatuye muri uyu Mudugudu wa Gasenyi wo mu Kagari ka Nyundo mu Murenge wa Nyundo, bavuga ko ivomo rusange ryo muri uyu Mudugudu rimaze amezi abiri rifunzwe kuko uwarivomeshaga yahombye bigakurikirwa no kuba abaturage bose basabwa kwishyura kugira ngo babone kongera kubona amazi.

Ruvamwabo Anastase ati “Kandi nta n’ubwo avuga ayo tuzishyura kandi tuzi ko hari ngo abo yafashe bari kumwiba amazi ntihagira icyo abatwara, none niba abana bacu barwara inzoka ntituzi uko tuzabaho kuko turi kuvoma Sebeya, tukanywa ay’imvura n’ibiziba.”

Uwimana Gaspard na we ati “Twe tubona ari uburiganya yazanye wenda yarariganyije ayo yavomeshaga agashaka kuyagereka ku baturage, rero bazamukurikirane ku giti cye ariko baduhe amazi dukomeze twishyure nk’uko twishyuraga.”

Aba baturage bavuga ko iri vomero rikiza, bumvaga bakize amazi mabi ya Sebeya, none ubu bayasubiyeho kubera amakosa y’uyu uvomesha kuri iri vomero.

Nyiransabimana Athanasie ati “Ibaze kuba turi kunywa amazi y’imvura nk’ubu iri kugwa tugize ngo dukize Sebeya birababaje bakagombye kudufungurira amazi tukareka kugira ubuzima bubi bitewe no kunywa amazi mabi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyundo, Nyandwi Felix ahakana ibyo kuba abaturage bari gusabwa kubanza kwishyura amafaranga umuvomesha yahombye kugira ngo iri vomo ryongere gukora.

Ati “Baraje bamena amazi, rero ntabwo tuzi ngo ni bande, bamubariye basanga harakoreshejwe amazi menshi, ikindi bamuhaye umugezi ntibafunga aho afungurirwa. Naho ibyo kwaka abaturage amafaranga ntabyo nzi nabikurikirana.”

Hakizimana Eugene ushinzwe gukwirakwiza amazi mu kigo Aqua Virunga gisanzwe gitanga amazi mu bice byinshi by’icyaro mu Karere ka Rubavu, we agaragaza ko ubuyobozi bw’Akagari ka Nyundo aribwo bwasabye ko iri vomero rifungwa ariko ko bagiye gukorana nabwo kugira ngo ryongere rikore.

Ati “Ngo bajyaga bamwiba amazi nijoro bagarutse bageza mu gitondo bakivoma babashyikiriza ubuyobozi, Gitifu asaba ko baba barifunze ngo ikibazo azakijyane mu nteko y’abaturage babifatire umwanzuro, gusa niba ikibazo kitarakemuka ntibyabuza ko serivise ikemuka kandi ni we ushinzwe kurengera abo baturage.”

Ubusanzwe ijerekani imwe y’amazi ngo yari isanzwe igurwa 20 Frw kuri iri vomero, ku buryo byafashaga abaturage benshi babasha kubona amazi yo kunywa n’ayo gukoresha meza.

Iri vomero ryari ribafatiye runini ubu ryarafunzwe

Bongeye kuvoma ibishanga
Ngo amazi bavoma na bo ubwabo abatera ubwoba
Baremera bakayavoma ari amaburakindi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    9 months ago

    abajura ubwishyu bujye buva mu mitungobyabo. ubu kandi si rubavu gusa ns nyamagabe icyo kibazo kirahari uvomesha akayashyira ku mufuka abaturage bagasubira mu bishanga indwara zandura zikabona icyuho. erega amazi nibubuzima. wasac niba manahmgement y’amavomo yaranze ntumbaze. bashake code bajye bishyura kuri momo, abenshi no mu cyaro bafite telefoni igendanwa. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − eight =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Next Post

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.