Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mudugugu wa Gasenyi mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rabavu, bavuga ko batumva impamvu ivomo rusange ryabo ryafunzwe kubera amakosa ry’uwarivomeshagaho, bigatuma bongera gukoresha amazi mabi, bakaba bari no gusabwa amafaranga yo kumwishyurira igihombo cye.

Abatuye muri uyu Mudugudu wa Gasenyi wo mu Kagari ka Nyundo mu Murenge wa Nyundo, bavuga ko ivomo rusange ryo muri uyu Mudugudu rimaze amezi abiri rifunzwe kuko uwarivomeshaga yahombye bigakurikirwa no kuba abaturage bose basabwa kwishyura kugira ngo babone kongera kubona amazi.

Ruvamwabo Anastase ati “Kandi nta n’ubwo avuga ayo tuzishyura kandi tuzi ko hari ngo abo yafashe bari kumwiba amazi ntihagira icyo abatwara, none niba abana bacu barwara inzoka ntituzi uko tuzabaho kuko turi kuvoma Sebeya, tukanywa ay’imvura n’ibiziba.”

Uwimana Gaspard na we ati “Twe tubona ari uburiganya yazanye wenda yarariganyije ayo yavomeshaga agashaka kuyagereka ku baturage, rero bazamukurikirane ku giti cye ariko baduhe amazi dukomeze twishyure nk’uko twishyuraga.”

Aba baturage bavuga ko iri vomero rikiza, bumvaga bakize amazi mabi ya Sebeya, none ubu bayasubiyeho kubera amakosa y’uyu uvomesha kuri iri vomero.

Nyiransabimana Athanasie ati “Ibaze kuba turi kunywa amazi y’imvura nk’ubu iri kugwa tugize ngo dukize Sebeya birababaje bakagombye kudufungurira amazi tukareka kugira ubuzima bubi bitewe no kunywa amazi mabi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyundo, Nyandwi Felix ahakana ibyo kuba abaturage bari gusabwa kubanza kwishyura amafaranga umuvomesha yahombye kugira ngo iri vomo ryongere gukora.

Ati “Baraje bamena amazi, rero ntabwo tuzi ngo ni bande, bamubariye basanga harakoreshejwe amazi menshi, ikindi bamuhaye umugezi ntibafunga aho afungurirwa. Naho ibyo kwaka abaturage amafaranga ntabyo nzi nabikurikirana.”

Hakizimana Eugene ushinzwe gukwirakwiza amazi mu kigo Aqua Virunga gisanzwe gitanga amazi mu bice byinshi by’icyaro mu Karere ka Rubavu, we agaragaza ko ubuyobozi bw’Akagari ka Nyundo aribwo bwasabye ko iri vomero rifungwa ariko ko bagiye gukorana nabwo kugira ngo ryongere rikore.

Ati “Ngo bajyaga bamwiba amazi nijoro bagarutse bageza mu gitondo bakivoma babashyikiriza ubuyobozi, Gitifu asaba ko baba barifunze ngo ikibazo azakijyane mu nteko y’abaturage babifatire umwanzuro, gusa niba ikibazo kitarakemuka ntibyabuza ko serivise ikemuka kandi ni we ushinzwe kurengera abo baturage.”

Ubusanzwe ijerekani imwe y’amazi ngo yari isanzwe igurwa 20 Frw kuri iri vomero, ku buryo byafashaga abaturage benshi babasha kubona amazi yo kunywa n’ayo gukoresha meza.

Iri vomero ryari ribafatiye runini ubu ryarafunzwe

Bongeye kuvoma ibishanga
Ngo amazi bavoma na bo ubwabo abatera ubwoba
Baremera bakayavoma ari amaburakindi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    10 months ago

    abajura ubwishyu bujye buva mu mitungobyabo. ubu kandi si rubavu gusa ns nyamagabe icyo kibazo kirahari uvomesha akayashyira ku mufuka abaturage bagasubira mu bishanga indwara zandura zikabona icyuho. erega amazi nibubuzima. wasac niba manahmgement y’amavomo yaranze ntumbaze. bashake code bajye bishyura kuri momo, abenshi no mu cyaro bafite telefoni igendanwa. murakoze

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 5 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Next Post

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph yagaragaje ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu rwego rw’uburezi nk'inkingi ya...

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

by radiotv10
06/02/2026
0

Banki Nkuru y'u Rwanda (BNR) irasaba abakoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa by’imitako n’imirimo mu birori, ko baba bakoze...

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko nubwo hari ibyashatse guhungubanya umutekano w’u Rwanda, ariko iki Gihugu cyashyizeho...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

by radiotv10
06/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 40 ukekwaho kwicira mugenzi we mu isantere yo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, aho basangiraga...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

by radiotv10
06/02/2026
0

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

06/02/2026
Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.