Friday, April 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mudugugu wa Gasenyi mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rabavu, bavuga ko batumva impamvu ivomo rusange ryabo ryafunzwe kubera amakosa ry’uwarivomeshagaho, bigatuma bongera gukoresha amazi mabi, bakaba bari no gusabwa amafaranga yo kumwishyurira igihombo cye.

Abatuye muri uyu Mudugudu wa Gasenyi wo mu Kagari ka Nyundo mu Murenge wa Nyundo, bavuga ko ivomo rusange ryo muri uyu Mudugudu rimaze amezi abiri rifunzwe kuko uwarivomeshaga yahombye bigakurikirwa no kuba abaturage bose basabwa kwishyura kugira ngo babone kongera kubona amazi.

Ruvamwabo Anastase ati “Kandi nta n’ubwo avuga ayo tuzishyura kandi tuzi ko hari ngo abo yafashe bari kumwiba amazi ntihagira icyo abatwara, none niba abana bacu barwara inzoka ntituzi uko tuzabaho kuko turi kuvoma Sebeya, tukanywa ay’imvura n’ibiziba.”

Uwimana Gaspard na we ati “Twe tubona ari uburiganya yazanye wenda yarariganyije ayo yavomeshaga agashaka kuyagereka ku baturage, rero bazamukurikirane ku giti cye ariko baduhe amazi dukomeze twishyure nk’uko twishyuraga.”

Aba baturage bavuga ko iri vomero rikiza, bumvaga bakize amazi mabi ya Sebeya, none ubu bayasubiyeho kubera amakosa y’uyu uvomesha kuri iri vomero.

Nyiransabimana Athanasie ati “Ibaze kuba turi kunywa amazi y’imvura nk’ubu iri kugwa tugize ngo dukize Sebeya birababaje bakagombye kudufungurira amazi tukareka kugira ubuzima bubi bitewe no kunywa amazi mabi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyundo, Nyandwi Felix ahakana ibyo kuba abaturage bari gusabwa kubanza kwishyura amafaranga umuvomesha yahombye kugira ngo iri vomo ryongere gukora.

Ati “Baraje bamena amazi, rero ntabwo tuzi ngo ni bande, bamubariye basanga harakoreshejwe amazi menshi, ikindi bamuhaye umugezi ntibafunga aho afungurirwa. Naho ibyo kwaka abaturage amafaranga ntabyo nzi nabikurikirana.”

Hakizimana Eugene ushinzwe gukwirakwiza amazi mu kigo Aqua Virunga gisanzwe gitanga amazi mu bice byinshi by’icyaro mu Karere ka Rubavu, we agaragaza ko ubuyobozi bw’Akagari ka Nyundo aribwo bwasabye ko iri vomero rifungwa ariko ko bagiye gukorana nabwo kugira ngo ryongere rikore.

Ati “Ngo bajyaga bamwiba amazi nijoro bagarutse bageza mu gitondo bakivoma babashyikiriza ubuyobozi, Gitifu asaba ko baba barifunze ngo ikibazo azakijyane mu nteko y’abaturage babifatire umwanzuro, gusa niba ikibazo kitarakemuka ntibyabuza ko serivise ikemuka kandi ni we ushinzwe kurengera abo baturage.”

Ubusanzwe ijerekani imwe y’amazi ngo yari isanzwe igurwa 20 Frw kuri iri vomero, ku buryo byafashaga abaturage benshi babasha kubona amazi yo kunywa n’ayo gukoresha meza.

Iri vomero ryari ribafatiye runini ubu ryarafunzwe

Bongeye kuvoma ibishanga
Ngo amazi bavoma na bo ubwabo abatera ubwoba
Baremera bakayavoma ari amaburakindi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    12 months ago

    abajura ubwishyu bujye buva mu mitungobyabo. ubu kandi si rubavu gusa ns nyamagabe icyo kibazo kirahari uvomesha akayashyira ku mufuka abaturage bagasubira mu bishanga indwara zandura zikabona icyuho. erega amazi nibubuzima. wasac niba manahmgement y’amavomo yaranze ntumbaze. bashake code bajye bishyura kuri momo, abenshi no mu cyaro bafite telefoni igendanwa. murakoze

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 1 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika agiye kugaragara mu wundi mwuga

Next Post

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

Related Posts

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

Starting a business in Rwanda doesn’t always require millions. In fact, with just 100,000 RWF, you can begin a small...

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
16/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye...

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

by radiotv10
16/04/2026
0

Bad smells are something everyone experiences at some point. You walk into a room and instantly notice an unpleasant odor,...

Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

by radiotv10
16/04/2026
0

Long workdays can leave anyone feeling drained, sweaty, and uncomfortable. Whether you’re in an office, on your feet all day,...

IZIHERUKA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi
AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

16/04/2026
What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.