Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntidukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU, UMUTEKANO
0
Ntidukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko kuba u Rwanda rutanga ubufasha mu gutabara ibindi Bihugu nko mu kugarura amahoro, atari uko rukize mu bukungu cyangwa mu bushobozi bw’amikoro, ahubwo ko rufite umutima n’ubushake byo gusangira n’abandi bicye rufite.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya baherutse kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo u Rwanda rugenda rugeraho bigenda bikorwa n’abayobozi ku rwego rw’Igihugu ndetse n’ubufatanye bw’u Rwanda n’amahanga.

Ati “Ni yo mpamvu nshaka kubamenyesha usibye ibyo twese dusanzwe tuzi, imirimo, ingabo, polisi y’Igihugu cyacu, ibikorwa bikorwa muri Mozambique, muri Centrafrique no muri Sudani y’Epfo, hari ibikorwa bikorwa mu bufatanye n’Umuryango w’Abibumbye, ibikorwa hagati y’Igihugu cyacu n’Ibindi bihugu.”

Avuga ko nubwo u Rwanda rutanga uyu musanzu, atari uko rukize mu bukungu. Ati “Dukize mu bindi ntabwo dukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize pe. Ni yo mpamvu dushobora gukemura ibibazo byacu dukomeza gushakira umuti kuko ntibijya bishira ariko tukagira n’uruhare no gufatanya n’abandi kugira ngo dufatanye dukemura ibibazo byabo ndetse akenshi biba bifitanye isano n’ibibazo byacu.”

Yatanze urugero nko muri Mozambique, u Rwanda rufitiyo ingabo n’abapolisi barenga ibihumbi bibiri na magana atanu (2 500).

Ati “N’ejo hashize twongeyeyo izindi ngabo, twazongeyeyo kuko kuva twagera muri Mozambique hari ibibazo byinshi byakemutse dufatanyije n’Ingabo za Mozambique ariko hari n’ibindi bigikomeza.”

Yavuze ko mu bice byashyizwemo inzego z’umutekano z’u Rwanda, ibibazo byariyo byakemutse ariko mu bice birimo izindi ngabo, hakiri bimwe mu bibazo na byo bikenewe gukemurwa ari na yo mpamvu u Rwanda rwongereye umubare w’Ingabo.

Ati “Ariko izo ngabo tuzongera kuva twagera Mozambique, ndagira ngo byumvikane, nta Gihugu na kimwe, nta muryango n’umwe uraduha n’urumiya rwo gukoresha muri ako kazi, ni amafaranga yanyu, ni amafaranga y’Igihugu dukoresha. Muri bya bicye dufite tugabana n’abandi, dusangira n’abandi tukabikoresha.”

Gusa yavuze ko hari abizeje u Rwanda ko bazarufasha kandi ko rugitegereje kandi ko ubwo bufasha nibuboneka, bazabushimirwa.

Ati “Ariko nagira ngo icyo kibanze kive mu nzira kuko hari abibwira ko hari abanyujije amafaranga hasi bakatwishyura, hari abagize bate…nta n’umwe.”

Ku ngabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika ya Centrafrique, yavuze ko hari izagiyeyo mu buryo bubiri burimo izagiye mu buryo bw’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’izagiyeyo mu buryo bw’amasezerano hagati y’Ibihugu byombi, kandi ko byagize umusaruro rwigaragaza.

Ati “Ku buryo byabahaye agahenge bakabona amahoro ndetse ni yo mpamvu bashoboye kugira amatora y’ubushize, iyo tutajyayo ntabwo baba barayagize. Wenda nubwo iriya Leta iba iriho cyangwa iba yaragiyeho, n’uriya mujyi wabo wa Bangui wari gushobora kuba utari mu maboko yabo wari kuba uri mu maboko y’abo bari bahanganye na bo.”

Avuga ko ibi byose bikorwa mu rwego rwo gusangira bicye u Rwanda rufite kandi ko bigenda bitanga umusaruro ushimishije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 3 =

Previous Post

Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Next Post

Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.