Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntidukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU, UMUTEKANO
0
Ntidukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko kuba u Rwanda rutanga ubufasha mu gutabara ibindi Bihugu nko mu kugarura amahoro, atari uko rukize mu bukungu cyangwa mu bushobozi bw’amikoro, ahubwo ko rufite umutima n’ubushake byo gusangira n’abandi bicye rufite.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya baherutse kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo u Rwanda rugenda rugeraho bigenda bikorwa n’abayobozi ku rwego rw’Igihugu ndetse n’ubufatanye bw’u Rwanda n’amahanga.

Ati “Ni yo mpamvu nshaka kubamenyesha usibye ibyo twese dusanzwe tuzi, imirimo, ingabo, polisi y’Igihugu cyacu, ibikorwa bikorwa muri Mozambique, muri Centrafrique no muri Sudani y’Epfo, hari ibikorwa bikorwa mu bufatanye n’Umuryango w’Abibumbye, ibikorwa hagati y’Igihugu cyacu n’Ibindi bihugu.”

Avuga ko nubwo u Rwanda rutanga uyu musanzu, atari uko rukize mu bukungu. Ati “Dukize mu bindi ntabwo dukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize pe. Ni yo mpamvu dushobora gukemura ibibazo byacu dukomeza gushakira umuti kuko ntibijya bishira ariko tukagira n’uruhare no gufatanya n’abandi kugira ngo dufatanye dukemura ibibazo byabo ndetse akenshi biba bifitanye isano n’ibibazo byacu.”

Yatanze urugero nko muri Mozambique, u Rwanda rufitiyo ingabo n’abapolisi barenga ibihumbi bibiri na magana atanu (2 500).

Ati “N’ejo hashize twongeyeyo izindi ngabo, twazongeyeyo kuko kuva twagera muri Mozambique hari ibibazo byinshi byakemutse dufatanyije n’Ingabo za Mozambique ariko hari n’ibindi bigikomeza.”

Yavuze ko mu bice byashyizwemo inzego z’umutekano z’u Rwanda, ibibazo byariyo byakemutse ariko mu bice birimo izindi ngabo, hakiri bimwe mu bibazo na byo bikenewe gukemurwa ari na yo mpamvu u Rwanda rwongereye umubare w’Ingabo.

Ati “Ariko izo ngabo tuzongera kuva twagera Mozambique, ndagira ngo byumvikane, nta Gihugu na kimwe, nta muryango n’umwe uraduha n’urumiya rwo gukoresha muri ako kazi, ni amafaranga yanyu, ni amafaranga y’Igihugu dukoresha. Muri bya bicye dufite tugabana n’abandi, dusangira n’abandi tukabikoresha.”

Gusa yavuze ko hari abizeje u Rwanda ko bazarufasha kandi ko rugitegereje kandi ko ubwo bufasha nibuboneka, bazabushimirwa.

Ati “Ariko nagira ngo icyo kibanze kive mu nzira kuko hari abibwira ko hari abanyujije amafaranga hasi bakatwishyura, hari abagize bate…nta n’umwe.”

Ku ngabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika ya Centrafrique, yavuze ko hari izagiyeyo mu buryo bubiri burimo izagiye mu buryo bw’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’izagiyeyo mu buryo bw’amasezerano hagati y’Ibihugu byombi, kandi ko byagize umusaruro rwigaragaza.

Ati “Ku buryo byabahaye agahenge bakabona amahoro ndetse ni yo mpamvu bashoboye kugira amatora y’ubushize, iyo tutajyayo ntabwo baba barayagize. Wenda nubwo iriya Leta iba iriho cyangwa iba yaragiyeho, n’uriya mujyi wabo wa Bangui wari gushobora kuba utari mu maboko yabo wari kuba uri mu maboko y’abo bari bahanganye na bo.”

Avuga ko ibi byose bikorwa mu rwego rwo gusangira bicye u Rwanda rufite kandi ko bigenda bitanga umusaruro ushimishije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twelve =

Previous Post

Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Next Post

Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.