Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntidukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU, UMUTEKANO
0
Ntidukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko kuba u Rwanda rutanga ubufasha mu gutabara ibindi Bihugu nko mu kugarura amahoro, atari uko rukize mu bukungu cyangwa mu bushobozi bw’amikoro, ahubwo ko rufite umutima n’ubushake byo gusangira n’abandi bicye rufite.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya baherutse kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo u Rwanda rugenda rugeraho bigenda bikorwa n’abayobozi ku rwego rw’Igihugu ndetse n’ubufatanye bw’u Rwanda n’amahanga.

Ati “Ni yo mpamvu nshaka kubamenyesha usibye ibyo twese dusanzwe tuzi, imirimo, ingabo, polisi y’Igihugu cyacu, ibikorwa bikorwa muri Mozambique, muri Centrafrique no muri Sudani y’Epfo, hari ibikorwa bikorwa mu bufatanye n’Umuryango w’Abibumbye, ibikorwa hagati y’Igihugu cyacu n’Ibindi bihugu.”

Avuga ko nubwo u Rwanda rutanga uyu musanzu, atari uko rukize mu bukungu. Ati “Dukize mu bindi ntabwo dukize mu bukungu ariko mu mutima n’ubushake turakize pe. Ni yo mpamvu dushobora gukemura ibibazo byacu dukomeza gushakira umuti kuko ntibijya bishira ariko tukagira n’uruhare no gufatanya n’abandi kugira ngo dufatanye dukemura ibibazo byabo ndetse akenshi biba bifitanye isano n’ibibazo byacu.”

Yatanze urugero nko muri Mozambique, u Rwanda rufitiyo ingabo n’abapolisi barenga ibihumbi bibiri na magana atanu (2 500).

Ati “N’ejo hashize twongeyeyo izindi ngabo, twazongeyeyo kuko kuva twagera muri Mozambique hari ibibazo byinshi byakemutse dufatanyije n’Ingabo za Mozambique ariko hari n’ibindi bigikomeza.”

Yavuze ko mu bice byashyizwemo inzego z’umutekano z’u Rwanda, ibibazo byariyo byakemutse ariko mu bice birimo izindi ngabo, hakiri bimwe mu bibazo na byo bikenewe gukemurwa ari na yo mpamvu u Rwanda rwongereye umubare w’Ingabo.

Ati “Ariko izo ngabo tuzongera kuva twagera Mozambique, ndagira ngo byumvikane, nta Gihugu na kimwe, nta muryango n’umwe uraduha n’urumiya rwo gukoresha muri ako kazi, ni amafaranga yanyu, ni amafaranga y’Igihugu dukoresha. Muri bya bicye dufite tugabana n’abandi, dusangira n’abandi tukabikoresha.”

Gusa yavuze ko hari abizeje u Rwanda ko bazarufasha kandi ko rugitegereje kandi ko ubwo bufasha nibuboneka, bazabushimirwa.

Ati “Ariko nagira ngo icyo kibanze kive mu nzira kuko hari abibwira ko hari abanyujije amafaranga hasi bakatwishyura, hari abagize bate…nta n’umwe.”

Ku ngabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika ya Centrafrique, yavuze ko hari izagiyeyo mu buryo bubiri burimo izagiye mu buryo bw’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’izagiyeyo mu buryo bw’amasezerano hagati y’Ibihugu byombi, kandi ko byagize umusaruro rwigaragaza.

Ati “Ku buryo byabahaye agahenge bakabona amahoro ndetse ni yo mpamvu bashoboye kugira amatora y’ubushize, iyo tutajyayo ntabwo baba barayagize. Wenda nubwo iriya Leta iba iriho cyangwa iba yaragiyeho, n’uriya mujyi wabo wa Bangui wari gushobora kuba utari mu maboko yabo wari kuba uri mu maboko y’abo bari bahanganye na bo.”

Avuga ko ibi byose bikorwa mu rwego rwo gusangira bicye u Rwanda rufite kandi ko bigenda bitanga umusaruro ushimishije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Next Post

Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.