Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

radiotv10by radiotv10
23/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko abahora bazana amategeko y’ibyo u Rwanda rukwiye gukora bitwaje ihame rya Demokarasi, bakwiye kubihagarika, kandi bakemera ibyo na rwo rwifuza runakora, bitaba ibyo baza bifuza guhangana na byo rwiteguye kubikora.

Umukuru w’u Rwanda yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024 ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano usanze Igihugu cy’u Rwanda gifite byinshi kigamije gukora, birimo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi imaze imyaka 30 ibaye inahagaritswe.

Ati “Niba mwibuka imyaka yihuta bibi, imyaka ibaye 30 tuvuye mu icuraburindi, abacu bishwe twabuze batagira ingano, nubwo bamwe bijijisha, ntibazi abapfuye, ntibazi icyabishe,…ariko abo ni bacye, dukwiye kuba tubyibuka ko kiri mu bibazo dukwiye kuba duhangana na byo.”

Yavuze ko iyi myaka 30 irimo ibintu bibiri, ari byo ibyo byago “ariko irimo n’Igihugu guhinduka kikaba igihugu kindi gikwiye kitari iby’ayo mateka twibuka.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu byahindutse harimo imibereho y’Abanyarwanda yateye imbere, ndetse n’ibihe bikagenda biha ibindi, n’ibyiciro by’abantu mu myaka.

Abavutse mu 1994 ubwo u Rwanda rwari ruri muri ako kaga, ubu bafite imyaka 30, kimwe na barumuna babo b’imyaka 25 n’indi iri munsi yayo, bakomeje kugira uruhare mu guteza imbere mu Gihugu cyabo.

Abo bafite uko barezwe, barezwe mu miryango nk’uko banarezwe n’Igihugu muri politiki, bakwiye guhora batekereza icyo bazakoresha ubwo burere bahawe mu kubaka u Rwanda rw’ejo hazaza kuko ari bo Igihugu kireba mu yindi myaka 30 iri imbere, kandi bagakora ibirenze ibyo ababyeyi babo bakoze.

Yavuze ko bakwiye kumenya ibyo bakwiye kurwanya, birimo ibisigisigi by’amateka mabi y’Abanyarwanda, ndetse n’ibituruka ahandi nk’ingeso mbi z’inzaduka, bakabigendera kure kugira ngo bitazababera imbogamizi zo kugera kuri izo nshingano bafite

Ati “Mugomba kumva uburemere bw’inshingano zanyu nk’abanyagihugu, nk’abantu bakwiye kuba abantu bazima biyubaka, bakubaka imiryango yabo, bakubaka n’Igihugu.

Kugira ngo ibyo ubisohoze neza, icya mbere; nta mpamvu n’imwe ikwiye kuba iriho yo gucira bugufi uwo uri we, ntugomba gucira bugufi uwo uri we, ugomba guhaguruka ugaharanira ukarwanira uwo ushaka kuba icyo ushaka kuba, ntukwiye gutegereza ko hari ugomba kuza kubiguha nk’impano.”

Yavuze ko kandi ibi binareba Abanyarwanda bose, kandi ko bafite ingero nyinshi zagakwiye gutuma babyumva.

Ati “Ntawundi ukwiye kuba abiguha. Ntawe uhari, biriya bindi bibashuka, ni nk’ikinya […] ababwira ngo bagomba kubigisha indangagaciro, izihe ndangagaciro?”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abantu bose Imana yabahaye uburenganzira bungana, ku buryo nta muntu ukwiye kuza guhagarara hejuru y’Abanyarwanda ngo abigishe ibyo bakwiye kuba bakora.

Ati “Niba tudakeneye gusubira inyuma mu mateka twavuyemo, mukwiye kuba mugirira umijinya ibintu nk’ibi […]”

 

Turi Agahugu gato ariko nta bantu baba bato

Perezida Kagame yavuze ko ikibabaje ari uko abo bashaka kuza gutegeka abantu ibyo bakora, na bo bafite ibyo bahanganye na byo, ariko bakirengagiza ibibari ku mutwe bakaza kwigisha abandi ibyo bagomba gukurikiza bitwaje amahame ya Demokarasi.

Iyo demokarasi bajya kwihisha ahandi kandi ni na yo ikomeje gutuma bagwa muri ibyo bibazo bibugarije.

Yavuze ko igikenewe ari uko abantu bashobora gukora ibintu byose mu bworoherane no kubahana, kuko “ntamuntu waremye undi.”

Ati “Icyo nababwira ni iki, nubwo ntacyo nahindura gikomeye, ariko iyo bije mu byo mfite mu nshingano, ntekereza ko twagirana ikiganiro, ariko niba ushaka ko turwana, tuzarwana, ibyo ntakibazo kirimo.”

Yavuze kandi ko u Rwanda rudashobora kubaho nk’uko ibindi Bihugu bibamo, kuko rufite ibyo rwihariyeho rwanyuzemo.

Ati “Turi agahugu gato, ubukungu bwacu ntitubufite uko twabwifuza ni buto, ariko nta bantu baba bato, cyeretse iyo ubyigize, cyeretse iyo ubishaka ni ko uba, wigize umuntu uzajya ahora asabiriza, aho asabiriza, niwigira ikigoryi uzaba ikigoryi, ariko njye ibyo mvuga n’abo mbwira, nari nzi ko u Rwanda dufite icyo dushaka kuba cyo nk’uko mu myaka 30 ishize byagaragaye ko abantu bashobora kuva ikuzimu, nk’uko twavuye ikuzimu tukongera tukaba abantu.”

Ibi kandi Abanyarwanda babyigejejeho, batabiteze ku bandi, kandi ko ari byo biba bikwiye kuganirwaho mu nama nk’iyi y’Umushyikirano, abantu bakisuzuma, bakareba aho bavuye n’ibyo bakora, kugira ngo “dukomeze tuve ikuzima tujye ibuntu twihaye twigejejeho.”

Yavuze ko Abanyarwanda badakwiye guteta, kuko amateka yabo n’imiterere y’Igihugu cyabo bitabibemerera, kandi ko buri Munyarwanda akwiye kuba abyumva.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 20 =

Previous Post

Kohereza abimukira: Urwego rukomeye mu Bwongereza rwatoye icyemezo kinyuranye n’icyo Abadepite bari bemeje

Next Post

Liberia: Perezida mushya wacikirije ijambo kubera izabukuru yagaragaje ikihutirwa mu Gihugu

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Liberia: Perezida mushya wacikirije ijambo kubera izabukuru yagaragaje ikihutirwa mu Gihugu

Liberia: Perezida mushya wacikirije ijambo kubera izabukuru yagaragaje ikihutirwa mu Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.