Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

radiotv10by radiotv10
23/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko abahora bazana amategeko y’ibyo u Rwanda rukwiye gukora bitwaje ihame rya Demokarasi, bakwiye kubihagarika, kandi bakemera ibyo na rwo rwifuza runakora, bitaba ibyo baza bifuza guhangana na byo rwiteguye kubikora.

Umukuru w’u Rwanda yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024 ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano usanze Igihugu cy’u Rwanda gifite byinshi kigamije gukora, birimo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi imaze imyaka 30 ibaye inahagaritswe.

Ati “Niba mwibuka imyaka yihuta bibi, imyaka ibaye 30 tuvuye mu icuraburindi, abacu bishwe twabuze batagira ingano, nubwo bamwe bijijisha, ntibazi abapfuye, ntibazi icyabishe,…ariko abo ni bacye, dukwiye kuba tubyibuka ko kiri mu bibazo dukwiye kuba duhangana na byo.”

Yavuze ko iyi myaka 30 irimo ibintu bibiri, ari byo ibyo byago “ariko irimo n’Igihugu guhinduka kikaba igihugu kindi gikwiye kitari iby’ayo mateka twibuka.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu byahindutse harimo imibereho y’Abanyarwanda yateye imbere, ndetse n’ibihe bikagenda biha ibindi, n’ibyiciro by’abantu mu myaka.

Abavutse mu 1994 ubwo u Rwanda rwari ruri muri ako kaga, ubu bafite imyaka 30, kimwe na barumuna babo b’imyaka 25 n’indi iri munsi yayo, bakomeje kugira uruhare mu guteza imbere mu Gihugu cyabo.

Abo bafite uko barezwe, barezwe mu miryango nk’uko banarezwe n’Igihugu muri politiki, bakwiye guhora batekereza icyo bazakoresha ubwo burere bahawe mu kubaka u Rwanda rw’ejo hazaza kuko ari bo Igihugu kireba mu yindi myaka 30 iri imbere, kandi bagakora ibirenze ibyo ababyeyi babo bakoze.

Yavuze ko bakwiye kumenya ibyo bakwiye kurwanya, birimo ibisigisigi by’amateka mabi y’Abanyarwanda, ndetse n’ibituruka ahandi nk’ingeso mbi z’inzaduka, bakabigendera kure kugira ngo bitazababera imbogamizi zo kugera kuri izo nshingano bafite

Ati “Mugomba kumva uburemere bw’inshingano zanyu nk’abanyagihugu, nk’abantu bakwiye kuba abantu bazima biyubaka, bakubaka imiryango yabo, bakubaka n’Igihugu.

Kugira ngo ibyo ubisohoze neza, icya mbere; nta mpamvu n’imwe ikwiye kuba iriho yo gucira bugufi uwo uri we, ntugomba gucira bugufi uwo uri we, ugomba guhaguruka ugaharanira ukarwanira uwo ushaka kuba icyo ushaka kuba, ntukwiye gutegereza ko hari ugomba kuza kubiguha nk’impano.”

Yavuze ko kandi ibi binareba Abanyarwanda bose, kandi ko bafite ingero nyinshi zagakwiye gutuma babyumva.

Ati “Ntawundi ukwiye kuba abiguha. Ntawe uhari, biriya bindi bibashuka, ni nk’ikinya […] ababwira ngo bagomba kubigisha indangagaciro, izihe ndangagaciro?”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abantu bose Imana yabahaye uburenganzira bungana, ku buryo nta muntu ukwiye kuza guhagarara hejuru y’Abanyarwanda ngo abigishe ibyo bakwiye kuba bakora.

Ati “Niba tudakeneye gusubira inyuma mu mateka twavuyemo, mukwiye kuba mugirira umijinya ibintu nk’ibi […]”

 

Turi Agahugu gato ariko nta bantu baba bato

Perezida Kagame yavuze ko ikibabaje ari uko abo bashaka kuza gutegeka abantu ibyo bakora, na bo bafite ibyo bahanganye na byo, ariko bakirengagiza ibibari ku mutwe bakaza kwigisha abandi ibyo bagomba gukurikiza bitwaje amahame ya Demokarasi.

Iyo demokarasi bajya kwihisha ahandi kandi ni na yo ikomeje gutuma bagwa muri ibyo bibazo bibugarije.

Yavuze ko igikenewe ari uko abantu bashobora gukora ibintu byose mu bworoherane no kubahana, kuko “ntamuntu waremye undi.”

Ati “Icyo nababwira ni iki, nubwo ntacyo nahindura gikomeye, ariko iyo bije mu byo mfite mu nshingano, ntekereza ko twagirana ikiganiro, ariko niba ushaka ko turwana, tuzarwana, ibyo ntakibazo kirimo.”

Yavuze kandi ko u Rwanda rudashobora kubaho nk’uko ibindi Bihugu bibamo, kuko rufite ibyo rwihariyeho rwanyuzemo.

Ati “Turi agahugu gato, ubukungu bwacu ntitubufite uko twabwifuza ni buto, ariko nta bantu baba bato, cyeretse iyo ubyigize, cyeretse iyo ubishaka ni ko uba, wigize umuntu uzajya ahora asabiriza, aho asabiriza, niwigira ikigoryi uzaba ikigoryi, ariko njye ibyo mvuga n’abo mbwira, nari nzi ko u Rwanda dufite icyo dushaka kuba cyo nk’uko mu myaka 30 ishize byagaragaye ko abantu bashobora kuva ikuzimu, nk’uko twavuye ikuzimu tukongera tukaba abantu.”

Ibi kandi Abanyarwanda babyigejejeho, batabiteze ku bandi, kandi ko ari byo biba bikwiye kuganirwaho mu nama nk’iyi y’Umushyikirano, abantu bakisuzuma, bakareba aho bavuye n’ibyo bakora, kugira ngo “dukomeze tuve ikuzima tujye ibuntu twihaye twigejejeho.”

Yavuze ko Abanyarwanda badakwiye guteta, kuko amateka yabo n’imiterere y’Igihugu cyabo bitabibemerera, kandi ko buri Munyarwanda akwiye kuba abyumva.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + one =

Previous Post

Kohereza abimukira: Urwego rukomeye mu Bwongereza rwatoye icyemezo kinyuranye n’icyo Abadepite bari bemeje

Next Post

Liberia: Perezida mushya wacikirije ijambo kubera izabukuru yagaragaje ikihutirwa mu Gihugu

Related Posts

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

by radiotv10
14/10/2025
0

Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR waniyamamaje mu Matora y'Umukuru w'Igihugu aheruka n'ayayabanjirije,...

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

by radiotv10
14/10/2025
0

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119...

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

by radiotv10
14/10/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro iki Gihugu cyagiranye na DRC, hakenewe...

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

by radiotv10
14/10/2025
0

Abahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Huye, bahinga mu gishanga cya Nyagisenyi, bavuga ko  bafite ikibazo cyo kugura imbuto y’ibigori...

IZIHERUKA

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko
AMAHANGA

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

by radiotv10
14/10/2025
0

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

14/10/2025
Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

14/10/2025
BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

14/10/2025
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

14/10/2025
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Liberia: Perezida mushya wacikirije ijambo kubera izabukuru yagaragaje ikihutirwa mu Gihugu

Liberia: Perezida mushya wacikirije ijambo kubera izabukuru yagaragaje ikihutirwa mu Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.