Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bashyizwe ku rutonde rw’abazahabwa inkunga yo kunganira imirire y’abana babo, ariko ntibayihabwa, bajya no kubibaza, Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage akababwira ko bajya kwishyuza aho batahinze, kandi ko batazajya babyara ngo Leta ibarerere.

Aba babyeyi bafite abana bari munsi y’imyaka ibiri, biganjemo abo mu Kagari ka Kimanzovu, Umurenge wa Shyira, bavuga ko mu bihe bitandukanye bagiye bashyirwa ku rutonde rw’abagore batwite n’abonsa bagenerwa amafaranga yo kubunganira mu ndyo yuzuye ariko ngo bamwe bayabona inshuro imwe, ariko bagakomeza gusohoka ku rutonde, ariko batahawe iyo nkunga.

Umwe yagize ati “Nayafashe inshuro ebyiri ariko ku, yindi nshuro nsohoka ku rutonde bambwira gutanga ‘Ejo Heza’ ariko mu gihe cyo kujya kuyafata batubwira ko tutari ku rutonde kandi badusomye mu nama ku rutonde rwari ruvuye ku Karere.”

Undi ati “Tukavuga ngo ese ko badusohoye ku rutonde n’umubare w’amafaranga uhari kandi baradusomeye mu nteko bakadutumiza ngo tuzane amakonti, bakadukoresha n’imihigo ndetse bakadutegeka ko tugomba kujya twitabira inama tugasinyisha, byagenze bite?”

Bavuga ko ikibabaza kurushaho, ari amagambo asesereza babwirwa n’Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage.

Umwe ati “ASSOC yaratubwiye ngo turi kwishyuza aho tutahinze, ngo mbese tuzajya tubyara maze tujye kwishyuza? Yaraducumuje.”

Umuyobozi Ushinzwe Imibereho Myiza mu Murenge wa Shyira, Hakizimana Alphonse ushyirwa mu majwi n’aba baturage bavuga ko ababwira amagambo mabi, abihakana yivuye inyuma.

Ati “Ibyo ntabwo ari byo rwose, ntabwo turi kubyemeranya kuko umuturage ni umuntu twubaha kandi duha agaciro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyira, Marcel Ndandu avuga ko umuyobozi aba agomba gusobanurira umuturage mu gihe agaragaje ikibazo ndetse akaboneraho kugaruka ku mpamvu ishobora gutuma aba babyeyi batabona amafaranga y’ingoboka.

Ati “Ntabwo inkunga rero iza ku muntu wishoboye, urumva rero umuturage iyo abonye atwite cyangwa akabona uri konsa umwana uri munsi y’imyaka ibiri kandi umwe afite ubushobozi undi ntabwo bijyanye n’amakuru baba baratanze muri system ‘imibereho’ akumva ko na we yakabaye ayabona.”

Ubushakashatsi bw’lkigo cy’lgihugu cy’lbarurishamibare (NISR) ku buzima n’imibereho by’abaturage, bwerekanye ko 33% by’abana bari munsi y’imyaka itanu mu Rwanda bafite ikibazo cyo kugwingira, mu gihe Akarere ka Nyabihu kari ku mwanya wa kabiri n’abana bagwingiye bangana na 46,7%.

Bavuga ko bamwe batakibona inkunga kandi basohoka ku rutonde
Bavuga ko bababazwa n’amagambo adashimishije babwirwa n’umuyobozi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
15/10/2025
0

Umunyarwanda Musangabatware Clement unahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora Ibiro by’iyi Nteko...

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge...

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

by radiotv10
15/10/2025
0

Abantu 11 bakurikiranyweho gucukura amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baburanye ku...

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

by radiotv10
15/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 31 ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’ubu rukaba...

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

by radiotv10
15/10/2025
0

Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 70 wo mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana bamusanze mu bwiherero yapfuye, bikekwa...

IZIHERUKA

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga
AMAHANGA

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

15/10/2025
Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.