Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bashyizwe ku rutonde rw’abazahabwa inkunga yo kunganira imirire y’abana babo, ariko ntibayihabwa, bajya no kubibaza, Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage akababwira ko bajya kwishyuza aho batahinze, kandi ko batazajya babyara ngo Leta ibarerere.

Aba babyeyi bafite abana bari munsi y’imyaka ibiri, biganjemo abo mu Kagari ka Kimanzovu, Umurenge wa Shyira, bavuga ko mu bihe bitandukanye bagiye bashyirwa ku rutonde rw’abagore batwite n’abonsa bagenerwa amafaranga yo kubunganira mu ndyo yuzuye ariko ngo bamwe bayabona inshuro imwe, ariko bagakomeza gusohoka ku rutonde, ariko batahawe iyo nkunga.

Umwe yagize ati “Nayafashe inshuro ebyiri ariko ku, yindi nshuro nsohoka ku rutonde bambwira gutanga ‘Ejo Heza’ ariko mu gihe cyo kujya kuyafata batubwira ko tutari ku rutonde kandi badusomye mu nama ku rutonde rwari ruvuye ku Karere.”

Undi ati “Tukavuga ngo ese ko badusohoye ku rutonde n’umubare w’amafaranga uhari kandi baradusomeye mu nteko bakadutumiza ngo tuzane amakonti, bakadukoresha n’imihigo ndetse bakadutegeka ko tugomba kujya twitabira inama tugasinyisha, byagenze bite?”

Bavuga ko ikibabaza kurushaho, ari amagambo asesereza babwirwa n’Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage.

Umwe ati “ASSOC yaratubwiye ngo turi kwishyuza aho tutahinze, ngo mbese tuzajya tubyara maze tujye kwishyuza? Yaraducumuje.”

Umuyobozi Ushinzwe Imibereho Myiza mu Murenge wa Shyira, Hakizimana Alphonse ushyirwa mu majwi n’aba baturage bavuga ko ababwira amagambo mabi, abihakana yivuye inyuma.

Ati “Ibyo ntabwo ari byo rwose, ntabwo turi kubyemeranya kuko umuturage ni umuntu twubaha kandi duha agaciro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyira, Marcel Ndandu avuga ko umuyobozi aba agomba gusobanurira umuturage mu gihe agaragaje ikibazo ndetse akaboneraho kugaruka ku mpamvu ishobora gutuma aba babyeyi batabona amafaranga y’ingoboka.

Ati “Ntabwo inkunga rero iza ku muntu wishoboye, urumva rero umuturage iyo abonye atwite cyangwa akabona uri konsa umwana uri munsi y’imyaka ibiri kandi umwe afite ubushobozi undi ntabwo bijyanye n’amakuru baba baratanze muri system ‘imibereho’ akumva ko na we yakabaye ayabona.”

Ubushakashatsi bw’lkigo cy’lgihugu cy’lbarurishamibare (NISR) ku buzima n’imibereho by’abaturage, bwerekanye ko 33% by’abana bari munsi y’imyaka itanu mu Rwanda bafite ikibazo cyo kugwingira, mu gihe Akarere ka Nyabihu kari ku mwanya wa kabiri n’abana bagwingiye bangana na 46,7%.

Bavuga ko bamwe batakibona inkunga kandi basohoka ku rutonde
Bavuga ko bababazwa n’amagambo adashimishije babwirwa n’umuyobozi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.