Thursday, September 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in MU RWANDA
0
Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bagera mu ijana bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bamaze imyaka ikabakaba itatu basaba kwishyurwa ingurane z’ibyabo byangiritse ubwo hakorwaga umuyoboro mugari w’amashanyarazi.

Aba baturage, bavuga ko ikorwa ry’umuyoboro w’amashanyarazi ryangije imitungo yabo, ryabayeho muri 2023, aho bavuga ko imitungo yabo yangiritse, irimo imyaka bari barahinze.

Ndayambaje Augustin agira ati “batwangiriza imyaka irimo ibishyimbo, batwangiriza ishyamaba kandi nahakuraga ibitunga umuryango wanjye, none inzara irenda kutwica.”

Uyu muturage uvuga ko yari yabariwe ingurane y’imitungo ye yangiritse, akomeza agira ati “none buri munsi nirirwa kuri REG bakambwira gutegereza kugeza n’ubu ntakirakorwa.”

Akomeza agira ati “Ubu aho twafashe amadeni ni ukwirirwa dukwepana na bo kubera ko twabijeje kubishyura barategereza baraheba.”

Ndarigendana Jean Baptiste na we avuga ko kuba baramwangirije imyaka ntahabwe ingurane y’ibye byangijwe byamugizeho ingaruka, agasaba ko yakwishyurwa akaba yakwikenura muri ayo mafaranga kuko ubukene bumwugarije ndetse n’aho yafashe amadeni birirwa bamwishyuza.

Yagize ati “Reba ibiti byanjye barabitemye ntakintu nkikuraho kuko n’iyo bishibutse bahita babitemaho. Byaduteye inzara iwanjye, kwishyura ubwisungane mu kwivuza ni ikibazo, abana amashuri aratangiye nta bikoresho.”

Umuyobozi wa Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu, REG Ishami rya Nyabihu, Mutsindashyaka Martin yabwiye RADIOTV10 ko hari abamaze kwishyurwa, akizeza ko abandi na bo bazagerwaho.

Ati “Urumva hari abamaze kwishyurwa, abandi na bo biri mu nzira kuko byamaze koherezwa i Kigali bityo rero nibategereze bazishyurwa.”

Abaturage bavuga ko bamaze imyaka ikabakaba itatu bishyuza ingurane z’ibyabo byangijwe n’ikorwa ry’ umuyoboro mugari muri aka Karere ka Nyabihu, nyamara itegeko ry’ingurane riteganya ko uwangirijwe, agomba kwishyurwa mu minsi 120 bitaba ibyo akishyurwa hiyongereyeho inyungu ya 5%.

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + one =

Previous Post

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Next Post

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Related Posts

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

by radiotv10
11/09/2025
0

Umuntu umwe yasize ubuzima mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari itwaye ihene 200, zirimo 30 na zo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

by radiotv10
11/09/2025
0

Uwabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, wari wafunzwe muri Gashyantare ashinjwa kwakira ruswa ya 150 000...

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

by radiotv10
11/09/2025
0

For generations, the Church has played a central role in Rwandan society. It has been a place of guidance, comfort,...

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

by radiotv10
10/09/2025
0

U Rwanda rwamaganiye kure imvugo yakoreshejwe n’umwe mu bagize Guverinoma ya DRC washinje Ingabo z’u Rwanda ngo gufatanya na M23...

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

AMAFOTO: Irebere imyitozo yihariye y’Abapolisi b’u Rwanda bahuguriwe gukoresha intwaro zidasanzwe

by radiotv10
10/09/2025
0

Abapolisi 24 bamaze igihe bahabwa amahugurwa yihariye yo kurwanya iterabwoba, bagaragaje imwe mu myitozo bahakuye mu bijyanye no gukoresha imtwaro...

IZIHERUKA

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa
IBYAMAMARE

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

11/09/2025
Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

11/09/2025
Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

11/09/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

11/09/2025
Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

11/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

Ibyamenyekanye ku mpanuka y’imodoka yarimo ihene 200 yaberye kuri ‘Dawe uri mu Ijuru’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.