Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Gare ya Nyabugogo hongeye kugaragara abagenzi benshi barimo abanyeshuri bagiye gutangira mu mwaka wa mbere n’uwa kane y’amashuri yisumbuye, bituma inzego z’uburezi zivuga ko zigiye kureba ko ibi byiciro na byo byashyirirwaho uburyo bwihariye wbo kubafasha kubona imodoka.

Kuri uyu wa 04 Ukwakira 2022, abanyeshuri bagiye kwiga mu mwaka wa mbere n’uwa kane y’amashuri yisumbuye, bagiye ku mashuri.

Byatumye abagenzi babura imodoka kubera ubwinshi bw’aba banyeshuri ndetse n’abagenzi basanzwe, aho muri Gare ya Nyabugogo hagaragaye abagenzi benshi babuze imodoka zibajyana aho berecyeza.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye muri iyi Gare mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yasanze bamwe mu bagenzi biyasira bavuga ko bari bafite gahunda zihutirwa ariko bakaba babuze imodoka.

Umubyeyi umwe wavugaga ko yaje aturutse mu Karere ka Kirehe ajyanye umwana ku ishuri, yavuze ko baturutseyo saa munani zo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, bakahagera saa moya zirengaho iminota micye.

Ati “Tugeze aha twagiye gukatisha batubwira ngo ni saa tanu n’igice. Ubwo sinzi uko biza kugenda. Ubwo se urumva twasubira i Kirehe kandi agiye ku ishuri, ubwo ni ukuryama hano muri Gare.”

Undi mubyeyi na we wari ujyanye umwana ku ishuri, avuga ko ubusanzwe mu itangira ry’amashuri, inzego z’uburezi zikorana n’izishinzwe iby’ingendo mu gufasha abanyeshuri kugera ku bigo bigaho ariko ko ibi byiciro bijya ku mashuri nyuma, byirengagijwe.

Ati “Dusabye rwose bareba uko batwoherereza imodoka tukajyana abana ku mashuri bakagererayo igihe kuko turabona turabasubiza mu rugo nidukomeza kuzibura.”

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) bwavuze ko bugiye “gukurikirana iki kibazo kugira ngo abana batwarwe ku mashuri bigaho.”

Hari Abanyeshuri bavuga ko bazindutse bajya i Nyabugogo gusha amatike kugira ngo berekeze mu Ntara ku mashuri ariko bakaba bagejeje iki gihe batarabona amatike. @RURA_RWANDA @CityofKigali @Rwanda_Edu pic.twitter.com/YEWsb7CY4H

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) October 4, 2022

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), Dr. Bernard Bahati yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’iki Kigo bufatanyije na Polisi ndetse n’izindi nzego, bagiye muri Gare ya Nyabugogo gufasha aba banyeshuri kugira ngo babashe kugera ku bigo bagiye kwigaho.

Ati “Ibyo kureba ko hashyirwaho aho bajya bafatira imodoka hihariye, twabikorera ubusesenguzi tukazareba niba ari byo byafasha kurusha, tukabikora mu bihe bizaza.”

Ubusanzwe mu gihe cy’itangira ry’amashuri, hashyirwaho uburyo n’imodoka byihariye bitwara abanyeshuri kugira ngo hatagira ukererwa kugerayo mu gihe aba bajyayo nyuma badashyirirwaho ubu buryo.

Abagenzi bari benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Next Post

Muhoozi yazamuwe mu mapeti yamburwa umwanya yari afite muri UPDF

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yazamuwe mu mapeti yamburwa umwanya yari afite muri UPDF

Muhoozi yazamuwe mu mapeti yamburwa umwanya yari afite muri UPDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.