Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyagatare: Uko Polisi yaguye gitumo uwahishaga mu gihugu ibyinjiye mu Gihugu binyuranyije n’amategeko

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in MU RWANDA
0
Nyagatare: Uko Polisi yaguye gitumo uwahishaga mu gihugu ibyinjiye mu Gihugu binyuranyije n’amategeko
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare, yafashe umumotari wari utwaye amabalo abiri y’imyenda ya Caguwa yinjijwe mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma y’uko Abapolisi bari bahawe amakuru basanze ari guhisha iyi myenda mu gihuru.

Uyu mugabo w’imyaka 30 yafatiwe mu Mudugudu wa Rutoma mu Kagari ka Ndego mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare, mu ijoro ryo ku ya 13 Gicurasi 2024, ahagana saa yine.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko uyu mumotari yafashwe nyuma y’uko abaturage bamutanzeho amakuru.

Yagize ati “Mu gihe cya saa yine z’ijoro nibwo abaturage bahaye amakuru Polisi ko hari moto ipakiye imyenda bicyekwa ko ari magendu, abapolisi niko guhita berekeza muri izo nzira bamufatira mu kagari ka Ndego agerageza guhisha iyo myenda mu gihuru cyari hafi aho.”

Uyu mugabo akimara gufatwa yavuze ko iyo myenda yari ayishyiriye umugore usanzwe uyicuruza utuye muri uwo Murenge wa Mukama, akaba ari we wamuyoboraga inzira anyuramo kandi ngo akaba atari ubwa mbere yari amutwaje.

Uwafashwe n’ibyo yafatanywe yashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), kugira ngo iperereza rikomeze mu gihe hagishakishwa abatorotse ngo nabo bafatwe.

Kuri uwo munsi kandi mu gitondo andi mabalo atatu yari yafatiwe mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Nyange mu Murenge wa Bugarama wo mu Karere ka Rusizi.

Aya mabalo yafashwe nyuma y’uko abari bayikoreye bayatuye hasi bakiruka, ubwo bari babonye abashinzwe umutekano.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko ry’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 ivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara, ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Hatangajwe amakuru ku Banyarwanda bose bashakishwaga n’Urwego mpuzamahanga bakekwagaho Jenoside n’ay’abari basigaye

Next Post

Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.