Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyagatare: Uko Polisi yaguye gitumo uwahishaga mu gihugu ibyinjiye mu Gihugu binyuranyije n’amategeko

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in MU RWANDA
0
Nyagatare: Uko Polisi yaguye gitumo uwahishaga mu gihugu ibyinjiye mu Gihugu binyuranyije n’amategeko
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare, yafashe umumotari wari utwaye amabalo abiri y’imyenda ya Caguwa yinjijwe mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma y’uko Abapolisi bari bahawe amakuru basanze ari guhisha iyi myenda mu gihuru.

Uyu mugabo w’imyaka 30 yafatiwe mu Mudugudu wa Rutoma mu Kagari ka Ndego mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare, mu ijoro ryo ku ya 13 Gicurasi 2024, ahagana saa yine.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko uyu mumotari yafashwe nyuma y’uko abaturage bamutanzeho amakuru.

Yagize ati “Mu gihe cya saa yine z’ijoro nibwo abaturage bahaye amakuru Polisi ko hari moto ipakiye imyenda bicyekwa ko ari magendu, abapolisi niko guhita berekeza muri izo nzira bamufatira mu kagari ka Ndego agerageza guhisha iyo myenda mu gihuru cyari hafi aho.”

Uyu mugabo akimara gufatwa yavuze ko iyo myenda yari ayishyiriye umugore usanzwe uyicuruza utuye muri uwo Murenge wa Mukama, akaba ari we wamuyoboraga inzira anyuramo kandi ngo akaba atari ubwa mbere yari amutwaje.

Uwafashwe n’ibyo yafatanywe yashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), kugira ngo iperereza rikomeze mu gihe hagishakishwa abatorotse ngo nabo bafatwe.

Kuri uwo munsi kandi mu gitondo andi mabalo atatu yari yafatiwe mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Nyange mu Murenge wa Bugarama wo mu Karere ka Rusizi.

Aya mabalo yafashwe nyuma y’uko abari bayikoreye bayatuye hasi bakiruka, ubwo bari babonye abashinzwe umutekano.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko ry’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 ivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara, ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 1 =

Previous Post

Hatangajwe amakuru ku Banyarwanda bose bashakishwaga n’Urwego mpuzamahanga bakekwagaho Jenoside n’ay’abari basigaye

Next Post

Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.