Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

radiotv10by radiotv10
17/11/2023
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe bafite imirima yegereye ahacukurwa amabuye n’umucanga byo gukora imihanda mu bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa, bavuga ko ibi bikorwa byatumye imirima n’imyaka yabo itwara n’isuri ku buryo bafite impungenge ko bazugarizwa n’inzara.

Aba baturage bavuga ko ahacukurwa amabuye n’umucanga, hasigaye hanamye ku buryo amazi ahavuye aruhukira mu mirima yabo, agatwara imyaka baba bahise, bigatuma badasubira mu mirima gusarura nyamara baba bahinze bibagoye.

Umwe yagize ati “Isuri itwara imyaka ugasanga nk’uwahinze mu kabande imyaka yose yarenzweho n’imicanga. Turasaba ko hagira igikorwa  abacukura amabuye bakajya baca imiyoboro amazi azajya anyuramo.”

Mugenzi we ati “Iyo imvura iguye nta muntu usinzira bitewe na ruhurura zitubakiye  zegereye inzu, tuba tuzi ko zidutwarira inzu.”

Basaba inzego bireba kugira icyo zikora kugira ngo isuri idakomeza gutwara imyaka n’imirima byabo, kuko bitabaye ibyo byabasigira ubukene.

Undi ati “Ubu biri kuduteza ubukene kuk  iyo umuntu ahinze aba akeneye gusarura, ariko siko bigenda kubera imyaka yose iba yaratwawe n’isuri.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeri Hildebland avuga ko iki kibazo cyatewe n’imvura yagiye isiba imiyoboro y’amazi, ariko ko bagiye kubikurikirana.

Yagize ati “Imvura yaguye yatumye amazi aba menshi arenga imiyoboro, yangiza imyaka. Ikigiye gukorwa tugiye kuhasibura ndetse hanacibwe imiyoboro.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 12 =

Previous Post

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Next Post

Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Related Posts

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuva muri 2017 kugeza muri 2024 agaciro k’ibyoherezwa hanze kikubye inshuro icyenda, ndetse ikaba ifite...

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
13/08/2025
0

Dr Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda zirimo kuba yarabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akanaba Ambasaderi muri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda
MU RWANDA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

13/08/2025
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

13/08/2025
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.