• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

radiotv10by radiotv10
17/11/2023
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe bafite imirima yegereye ahacukurwa amabuye n’umucanga byo gukora imihanda mu bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa, bavuga ko ibi bikorwa byatumye imirima n’imyaka yabo itwara n’isuri ku buryo bafite impungenge ko bazugarizwa n’inzara.

Aba baturage bavuga ko ahacukurwa amabuye n’umucanga, hasigaye hanamye ku buryo amazi ahavuye aruhukira mu mirima yabo, agatwara imyaka baba bahise, bigatuma badasubira mu mirima gusarura nyamara baba bahinze bibagoye.

Umwe yagize ati “Isuri itwara imyaka ugasanga nk’uwahinze mu kabande imyaka yose yarenzweho n’imicanga. Turasaba ko hagira igikorwa  abacukura amabuye bakajya baca imiyoboro amazi azajya anyuramo.”

Mugenzi we ati “Iyo imvura iguye nta muntu usinzira bitewe na ruhurura zitubakiye  zegereye inzu, tuba tuzi ko zidutwarira inzu.”

Basaba inzego bireba kugira icyo zikora kugira ngo isuri idakomeza gutwara imyaka n’imirima byabo, kuko bitabaye ibyo byabasigira ubukene.

Undi ati “Ubu biri kuduteza ubukene kuk  iyo umuntu ahinze aba akeneye gusarura, ariko siko bigenda kubera imyaka yose iba yaratwawe n’isuri.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeri Hildebland avuga ko iki kibazo cyatewe n’imvura yagiye isiba imiyoboro y’amazi, ariko ko bagiye kubikurikirana.

Yagize ati “Imvura yaguye yatumye amazi aba menshi arenga imiyoboro, yangiza imyaka. Ikigiye gukorwa tugiye kuhasibura ndetse hanacibwe imiyoboro.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 11 =

Previous Post

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Next Post

Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.