Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho

radiotv10by radiotv10
15/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Bavuze ibibabangamiye bakorerwa n’insoresore bafata nko kubahagiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyanzoga mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko insoresore zikora mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zibarembeje zibakorera urugomo, zishoramo iyo zimaze guhaga inzoga zigura mu mafaranga ziba zimaze gukorera.

Aba baturage bavuga ko izi nsoresore n’ubundi zigaragara nk’abanyarugomo, kuko iyi zivuye mu kazi, zihitira mu nzoga, zikazinywa zigasinda, ubundi zikabiraramo zikabakubita.

Umwe ati “Iyo bamaze kubona amafaranga y’amabuye, bahita bajya kunywa bamara gusinda uwo bahuye wese baramuhohotera, nanjye baherutse kunkubita. Ntawe badahohotera, bakomeretsa benshi cyane.”

Undi ati “Ni itsinda ry’ibirara, turabizi n’amazina, baranywa bamara gusinda bagateza urogomo, n’umwana wanjye baramukomerekeje hari n’umuturanyi wanjye batemye ubu ari mu bitaro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Ndagijimana Jean Marie Vianney, avuga ko uretse ikibazo giherutse kuba ahantu hari habaye ubukwe izo nsoresore zikahagaba igitero cy’urugomo, ariko ko ntakindi kibazo cy’umutekano mucye giterwa n’uru rubyiruko.

Ati “Ikibazo tuzi cyabayeho, ni icyabaye mu cyumweru gishize insoresore zagiye mu bukwe zikubita abantu, ariko icyo kibazo kiri gukurikiranwa kiri mu Bugenzacyaha, ariko ubundi ntakibazo cy’umutekano mucye kiri muri ako gace.”

Ni mu gihe abaturage bo bavuga ko hari benshi bagiye bahura n’ibyo bikorwa by’urugomo mu bihe bitandukanye, bagasanga bikwiye ko hagira igikorwa kugira ngo iki kibazo kiranduke.

Prince Theogene NZABIHIMNA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

Abanyamulenge barokotse ubwicanyi bw’i Gatumba bamaze imyaka 20 barimwe ubutabera bavuze icyo bateganya

Next Post

Inkuru itari nziza y’ibyabaye ku bakunzi b’ikipe iyoboye mu Rwanda berecyezaga muri Tanzania

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru itari nziza y’ibyabaye ku bakunzi b’ikipe iyoboye mu Rwanda berecyezaga muri Tanzania

Inkuru itari nziza y'ibyabaye ku bakunzi b’ikipe iyoboye mu Rwanda berecyezaga muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.