Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN

radiotv10by radiotv10
19/06/2022
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka itwara abagenzi yerecyezaga mu Karere ka Rusizi ubwo yari igeze mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, yarashweho n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari abo mu mutwe wa FLN, bahitana abantu babiri, bakomeretsa batandatu.

Polisi y’u Rwanda yasohoye itangazo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, yavuze ko ku gicamunsi cyo kuri uyu munsi ahagana saa munani z’amanywa (14:00’) ari bwo abagizi ba nabi bitwaje intwaro bikekwa ko ari abo mu mutwe wa FLN bakoze ubu bugizi bwa nabi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Police y’u Rwanda, rikomeza rivuga ko aba bagizi ba nabi bakoze ibi baturutse hakurya y’umupaka.

Riti “Abo bagizi ba nabi bishe umushoferi n’umugenzi banakomeretsa abandi batandatu, bahise bajyanwa kuvurirwa ku Bitaro bya Kigeme no ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB).”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko yahise igera ahabereye ubu bugizi bwa nabi, ivuga ko abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi, barimo gushakishwa kugira ngo babiryozwe.

Umutwe wa FLN ukekwaho kuba ari wo wakoze ubu bugizi bwa nabi, wagiye ugaba ibitero mu Rwanda, byanahitanye ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi.

Byumwehariko igitero kizwi, ni ikimaze imyaka ine kibaye, cyagabwe mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru mu ijoro ryo ku ya 19 Kamena 2018 ubwo bigabizaga aka gace bagahitana bamwe mu baturage bakanasahura bimwe mu byabo ndetse bakanatwika imodoka y’uwari Gitifu w’uyu Murenge.

Tariki 23 Gicurasi z’umwaka ushize wa 2021, inyeshyamba z’uyu mutwe zari zagabye ikindi gitero ku ngabo z’u Rwanda Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ariko zisanga abasirikare b’u Rwanda bari maso, bicamo inyeshyamba ebyiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 6 =

Previous Post

Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Next Post

Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Related Posts

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.