Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN

radiotv10by radiotv10
19/06/2022
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka itwara abagenzi yerecyezaga mu Karere ka Rusizi ubwo yari igeze mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, yarashweho n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari abo mu mutwe wa FLN, bahitana abantu babiri, bakomeretsa batandatu.

Polisi y’u Rwanda yasohoye itangazo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, yavuze ko ku gicamunsi cyo kuri uyu munsi ahagana saa munani z’amanywa (14:00’) ari bwo abagizi ba nabi bitwaje intwaro bikekwa ko ari abo mu mutwe wa FLN bakoze ubu bugizi bwa nabi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Police y’u Rwanda, rikomeza rivuga ko aba bagizi ba nabi bakoze ibi baturutse hakurya y’umupaka.

Riti “Abo bagizi ba nabi bishe umushoferi n’umugenzi banakomeretsa abandi batandatu, bahise bajyanwa kuvurirwa ku Bitaro bya Kigeme no ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB).”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko yahise igera ahabereye ubu bugizi bwa nabi, ivuga ko abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi, barimo gushakishwa kugira ngo babiryozwe.

Umutwe wa FLN ukekwaho kuba ari wo wakoze ubu bugizi bwa nabi, wagiye ugaba ibitero mu Rwanda, byanahitanye ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi.

Byumwehariko igitero kizwi, ni ikimaze imyaka ine kibaye, cyagabwe mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru mu ijoro ryo ku ya 19 Kamena 2018 ubwo bigabizaga aka gace bagahitana bamwe mu baturage bakanasahura bimwe mu byabo ndetse bakanatwika imodoka y’uwari Gitifu w’uyu Murenge.

Tariki 23 Gicurasi z’umwaka ushize wa 2021, inyeshyamba z’uyu mutwe zari zagabye ikindi gitero ku ngabo z’u Rwanda Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ariko zisanga abasirikare b’u Rwanda bari maso, bicamo inyeshyamba ebyiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Next Post

Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.