Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN

radiotv10by radiotv10
19/06/2022
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka itwara abagenzi yerecyezaga mu Karere ka Rusizi ubwo yari igeze mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, yarashweho n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari abo mu mutwe wa FLN, bahitana abantu babiri, bakomeretsa batandatu.

Polisi y’u Rwanda yasohoye itangazo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, yavuze ko ku gicamunsi cyo kuri uyu munsi ahagana saa munani z’amanywa (14:00’) ari bwo abagizi ba nabi bitwaje intwaro bikekwa ko ari abo mu mutwe wa FLN bakoze ubu bugizi bwa nabi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Police y’u Rwanda, rikomeza rivuga ko aba bagizi ba nabi bakoze ibi baturutse hakurya y’umupaka.

Riti “Abo bagizi ba nabi bishe umushoferi n’umugenzi banakomeretsa abandi batandatu, bahise bajyanwa kuvurirwa ku Bitaro bya Kigeme no ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB).”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko yahise igera ahabereye ubu bugizi bwa nabi, ivuga ko abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi, barimo gushakishwa kugira ngo babiryozwe.

Umutwe wa FLN ukekwaho kuba ari wo wakoze ubu bugizi bwa nabi, wagiye ugaba ibitero mu Rwanda, byanahitanye ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi.

Byumwehariko igitero kizwi, ni ikimaze imyaka ine kibaye, cyagabwe mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru mu ijoro ryo ku ya 19 Kamena 2018 ubwo bigabizaga aka gace bagahitana bamwe mu baturage bakanasahura bimwe mu byabo ndetse bakanatwika imodoka y’uwari Gitifu w’uyu Murenge.

Tariki 23 Gicurasi z’umwaka ushize wa 2021, inyeshyamba z’uyu mutwe zari zagabye ikindi gitero ku ngabo z’u Rwanda Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ariko zisanga abasirikare b’u Rwanda bari maso, bicamo inyeshyamba ebyiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

Next Post

Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Perezida w’u Burundi yazindutse mu cya kare yitabira inama y’igitaraganya yatumijwe na Kenyatta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.