Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Karama mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, basanze umurambo w’umukecuru w’imyaka 81, inyuma y’urugo rwe, ugeretseho amashami y’ibiti, bagakeka ko yishwe n’abagizi ba nabi, bashaka kumwiba kuko yari yagurishije itungo.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ugushyingo 2023, ubwo abaturage banyuraga iwe mu Mudugudu wa Munyinya mu Kagari ka Karama.

Aba baturage bavuga ko ubwo babonaga umurambo wa nyakwigendera, basanze utwikiriye amashami y’ibiti, ari na ho bahera bakeka ko yaba yishwe n’abagizi ba nabi, bakamugerekaho ibyo biti kugira ngo umubiri we utaza guhita ugaragara.

Umwe mu baganiriye na RADIOTV10, yagize ati “Yari aherutse kugurisha Inka, ku buryo abamwishe bashobora kuba bari babizi ko afite amafaranga, akaba ari na yo bamuhoye, bakayatwara.”

Aba baturage bavuga kandi ko nyakwigendera yari atuye ahantu hitaruye hafi y’akabande, ku buryo abantu batari gupfa no kumenya iby’ubu bugizi bwa nabi.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungere Hildebrand, yabwiye RADIOTV10 ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwihutiye kugera ahagaragaye umurambo wa nyakwigendera, rugahita  ruwujyana ku Bitaro bya Kigeme kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwahise rutangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyahitanye nyakwigendera, kugira ngo runashakishe ababa bakekwa kurugiramo uruhare.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Next Post

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.