Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Karama mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, basanze umurambo w’umukecuru w’imyaka 81, inyuma y’urugo rwe, ugeretseho amashami y’ibiti, bagakeka ko yishwe n’abagizi ba nabi, bashaka kumwiba kuko yari yagurishije itungo.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ugushyingo 2023, ubwo abaturage banyuraga iwe mu Mudugudu wa Munyinya mu Kagari ka Karama.

Aba baturage bavuga ko ubwo babonaga umurambo wa nyakwigendera, basanze utwikiriye amashami y’ibiti, ari na ho bahera bakeka ko yaba yishwe n’abagizi ba nabi, bakamugerekaho ibyo biti kugira ngo umubiri we utaza guhita ugaragara.

Umwe mu baganiriye na RADIOTV10, yagize ati “Yari aherutse kugurisha Inka, ku buryo abamwishe bashobora kuba bari babizi ko afite amafaranga, akaba ari na yo bamuhoye, bakayatwara.”

Aba baturage bavuga kandi ko nyakwigendera yari atuye ahantu hitaruye hafi y’akabande, ku buryo abantu batari gupfa no kumenya iby’ubu bugizi bwa nabi.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungere Hildebrand, yabwiye RADIOTV10 ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwihutiye kugera ahagaragaye umurambo wa nyakwigendera, rugahita  ruwujyana ku Bitaro bya Kigeme kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwahise rutangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyahitanye nyakwigendera, kugira ngo runashakishe ababa bakekwa kurugiramo uruhare.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + fifteen =

Previous Post

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Next Post

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.