Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza

radiotv10by radiotv10
21/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe babyaye impanga bo mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ari umugisha, ariko ko kubera amikoro macye bibagora kubarera ngo bakure neza, ku buryo kubabonera indyo yuzuye bombi, bitoroshye, bigatuma umwana umwe agwingira, bagasaba Leta kujya ibunganira.

Ni abagore bane babyaye impanga bahuriye ku kuba umwana umwe muri zo yaragiye mu mirire mibi bigatuma uwo bavukanye amusiga ku buryo bugaragara.

Ntawiheba Eugenie ati “Umwe muri bo nyine yaragwingiye nyamara narakoreshaga imbaraga zanjye zose uko nshoboye”.

Nyiransabimana Valentine nawe ati “Uwo bita Gakuru yagiye mu mirire mibi nta bilo afite ariko, Gatoya we ntakibazo afite, turagerageza ariko ntabwo tubibona gatanu kuri gatanu. Hari igihe uba ufite nk’igihumbi kandi ushakamo ibintu byinshi ku buryo kubabonera indyo yuzuye ari babiri bigorana.”

Bavuga ko nyuma yo kurwaza imirire mibi, aribwo batangiye kubona amata n’ifu y’igikoma bisabye bamwe kubanza kugera mu mutuku, bakifuza ko mu gihe utishoboye abyaye impanga yakagombye kujya ahita abona ubufasha bidasabye ko abana babanza kugera mu mutuku.

Mukamana Odette ati “Umwana aho kugira ngo ajye mu mirire mibi bajye bagufasha nyuma, bakadufashije mbere.”

Nyirandushabandi Alexiana ushinzwe imirire mu Bitaro bya Kibogora, avuga ko nta mpamvu zo kwita ku mpanga by’umwihariko ngo kuko uburyo bwashyizweho buhagije.

Agira ati “Muri rusange umubyeyi wese utwite ajya ku Kigo Nderabuzima bakamugenera shisha kibondo akayinywa kugeza abyaye ndetse no kugeza ku mezi atandatu. Rero nta mpamvu bavuga ko batitabwaho.”

Akarere ka Nyamasheke kakunze kugira ubwiyongere bw’abana bagwingira, nko muri 2020, igipimo cy’ubugwingere cyageze kuri 37,8% kivuye kuri 33% byariho muri 2010.

Umwe ari mu mirire mibi mu gihe undi ntakibazo afite
Basaba ko bajya bahabwa ubufasha bakibabyara aho gutegereza ko umwe abanza kujya mu mutuku

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Next Post

Gen.Muhoozi yatanze umucyo ku byavugwaga ko azahatana na Se Museveni kuyobora Uganda

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yatanze umucyo ku byavugwaga ko azahatana na Se Museveni kuyobora Uganda

Gen.Muhoozi yatanze umucyo ku byavugwaga ko azahatana na Se Museveni kuyobora Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.