Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko ubuyobozi bwabasabye gusenya inzu babagamo, bubasaba kuzamura izindi bubizeza isakaro none barategereje baraheba, umwaka urirenze badafite aho barambika umusaya.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko abafite iki kibazo bagera muri 20, bakavuga ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze ndetse n’abo mu z’umutekano baje bakabasaba gusenya inzu babagamo ngo kuko zari zishaje, bakabasaba kuzamura izindi ndetse babizeza amabati.

Aba baturage bavuga ko babyumvise bwangu, bagahita bazamura ibigega [inzu zidasakaye] bagategereza ko bahabwa iyi nkunga y’amabati bakayiheba.

Umwe uvuga ko yari afite inzu yari isakaje amabati ariko ko nubwo yari ashaje atari kubura kuyibamo we n’abana be.

Ati “Umurenge waraje uratubwira ngo nidusenye baduhe amabati none twarayategereje turayabura.”

Uyu muturage ubu ari mu nzu yagondagonze mu mabati yakuye kuri iyo nzu yasenyeshejwe n’ubuyobozi.

Undi muturage avuga ko ubwo abayobozi babasabaga kuzamura ibigega, yagurishije akarima ke, agahita azamura mu buryo bwihuse, agashyiraho n’ibiti by’imishoro kugira ngo amabati naza azahite ayashyiraho ariko ko ubu inzu ishaje idasakawe.

Ati “Igikanka [inzu yazamuwe ntisakarwe] kimaze umwaka, tuba turi kubyigana, ntaho twicara, igisigaye kiba ari ukuvuga ngo twirundanye. Hari abaryama hari n’abarara bicaye kuko uburiri aba ari bumwe.”

Undi muturage avuga ko iki kibazo cyatumye abana be bamuta kuko bari banze kuguma muri iyi mibereho yo kutagira aho kwegeka umusaya.

Ati “Nk’ubu abana banjye uko ari bane baratorongeye sinzi aho baba, bavuye mu mashuri kubera kubura ahantu barara.”

Umuryango umwe ubu usigaye uba muri aka kazu kabamo abantu barindwi

Aba baturage bavuga ko ubwo Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yasuraga Intara y’Iburengerazuba [mu Karere ka Nyamasheke], bashatse kumugezaho iki kibazo ariko ubuyobozi bukabakomakoma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Mukarabahira Jeannine yahakanye ibivugwa n’aba baturage ko ubuyobozi ari bwo bwabasabye gusenya inzu babagamo, bukabizeza amabati.

Avuga ko aba baturage bashobora kuba baragendeye ku makuru y’igihuha. Ati “Burya umuturage ashobora no kubonana na mugenzi we hari ubufasha yahawe, akavuga ati ‘najye reka mbigenze gutyo wenda ubufasha buzaza’ ariko ntakuri kwabyo nakubwira.”

Uyu muyobozi avuga ko iki kibazo bakize ndetse ko cyageze no ku buyobozi bw’Akarere mu gihe Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie we avuga ko iki kibazo atari akizi.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − twelve =

Previous Post

Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga

Next Post

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.