Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko ubuyobozi bwabasabye gusenya inzu babagamo, bubasaba kuzamura izindi bubizeza isakaro none barategereje baraheba, umwaka urirenze badafite aho barambika umusaya.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko abafite iki kibazo bagera muri 20, bakavuga ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze ndetse n’abo mu z’umutekano baje bakabasaba gusenya inzu babagamo ngo kuko zari zishaje, bakabasaba kuzamura izindi ndetse babizeza amabati.

Aba baturage bavuga ko babyumvise bwangu, bagahita bazamura ibigega [inzu zidasakaye] bagategereza ko bahabwa iyi nkunga y’amabati bakayiheba.

Umwe uvuga ko yari afite inzu yari isakaje amabati ariko ko nubwo yari ashaje atari kubura kuyibamo we n’abana be.

Ati “Umurenge waraje uratubwira ngo nidusenye baduhe amabati none twarayategereje turayabura.”

Uyu muturage ubu ari mu nzu yagondagonze mu mabati yakuye kuri iyo nzu yasenyeshejwe n’ubuyobozi.

Undi muturage avuga ko ubwo abayobozi babasabaga kuzamura ibigega, yagurishije akarima ke, agahita azamura mu buryo bwihuse, agashyiraho n’ibiti by’imishoro kugira ngo amabati naza azahite ayashyiraho ariko ko ubu inzu ishaje idasakawe.

Ati “Igikanka [inzu yazamuwe ntisakarwe] kimaze umwaka, tuba turi kubyigana, ntaho twicara, igisigaye kiba ari ukuvuga ngo twirundanye. Hari abaryama hari n’abarara bicaye kuko uburiri aba ari bumwe.”

Undi muturage avuga ko iki kibazo cyatumye abana be bamuta kuko bari banze kuguma muri iyi mibereho yo kutagira aho kwegeka umusaya.

Ati “Nk’ubu abana banjye uko ari bane baratorongeye sinzi aho baba, bavuye mu mashuri kubera kubura ahantu barara.”

Umuryango umwe ubu usigaye uba muri aka kazu kabamo abantu barindwi

Aba baturage bavuga ko ubwo Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yasuraga Intara y’Iburengerazuba [mu Karere ka Nyamasheke], bashatse kumugezaho iki kibazo ariko ubuyobozi bukabakomakoma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Mukarabahira Jeannine yahakanye ibivugwa n’aba baturage ko ubuyobozi ari bwo bwabasabye gusenya inzu babagamo, bukabizeza amabati.

Avuga ko aba baturage bashobora kuba baragendeye ku makuru y’igihuha. Ati “Burya umuturage ashobora no kubonana na mugenzi we hari ubufasha yahawe, akavuga ati ‘najye reka mbigenze gutyo wenda ubufasha buzaza’ ariko ntakuri kwabyo nakubwira.”

Uyu muyobozi avuga ko iki kibazo bakize ndetse ko cyageze no ku buyobozi bw’Akarere mu gihe Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie we avuga ko iki kibazo atari akizi.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 3 =

Previous Post

Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga

Next Post

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair
AMAHANGA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Uri i Burundi avuze umwuka uhari nyuma y’ikikango cya ‘Coup d’Etat’ n’impinduka za Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.