Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Hatahuwe umugabo wari warakoreye umugore we iby’iyicarubozo

radiotv10by radiotv10
06/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyamasheke: Hatahuwe umugabo wari warakoreye umugore we iby’iyicarubozo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenege wa Mahembe mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akurikiranyweho gukorera umugore we ibikorwa by’iyicarubozo, yari yaraboheye mu nzu amaguru n’amaboko, akamufungirana, bimenyekana nyuma y’iminsi itanu.

Uyu mugabo witwa Munyandekwe utuye mu Mudugudu wa Kanombe mu Kagari ka Kagarama mu Murenge wa Mahembe, yatahuwe kuri uyu wa Gatatu, ari na bwo yahise atabwa muri yombi, ubu akaba afunguye kuri sitasiyo ya Gihombo.

Hari hashize iminsi itanu akoze iki gikorwa cyo kubohera mu nzu umugore we, nk’uko byemejwe na Uwizeyimana Emmanuel uyobora Umurenge wa Mahembe.

Uyu muyobozi uvuga ko uyu mugabo ari umw emu bigumuye ku Itorero ry’Abadavantisiti b’umunsi wa Karindwi, avuga ko asanzwe afite imyemerere idasanzwe, aho yanakuye abana be mu ishuri, ngo avuga ko ibyo mu Isi byose bifite inenge, bagomba gutegereza ibyo mu Ijuru.

Avuga kandi ko ari na byo byatumye abohera umugore mu nzu kuko yarwaye, aho kugira ngo amujyane kwa muganga, akamubohera mu nzu, ngo kuko atamuvuriza mu Isi.

Bivugwa ko uyu mugore wari warabohewe mu nzu n’umugabo, we yigeze kugira ibibazo byo mu mutwe, mu bihe bya Covid ndetse ko umugabo we yavugaga ko ari bwo burwayi bwongeye kumufata, akaba ari na cyo cyatumye amuboha.

Gitifu Uwizeyimana Emmanuel avuga ko amakuru yamugezeho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ko uyu mugabo yaboheye umugore we mu nzu.

Ati “Nahise mpamagara inzego z’umutekano dukorana tujyayo dusanga hakinze. Twahamagaye umukobwa wabo mukuru tumubaza niba koko nyina afungiye mu nzu arabyemera tumusaba gufungura tukareba.”

Uyu mukobwa mukuru w’uyu mugabo, ngo unafite imyumvire nk’iya se, yahise amumenyesha ko ubuyobozi bwabimubajijeho kuko we yari ari mu isantere aho asanzwe akorera ubucuruzi, abanza kumubuza kubafungurira, ariko baza kubimutegeka arabyemera.

Ati “Tugezemo [mu nzu] twasanze biteye ubwoba. Umugore ahambiriye amaguru n’amaboko, arambitse aho, inzara yenda kumunogonora, ahahambiriye haratangiye kubyimba cyane, icyumba ahambiriyemo umunuko ari wose kuko byose yabyikoreragaho ntasukurwe n’aho yabikoreye ntihasukurwe, mbese yarakorewe ibikorwa bya kinyamaswa.”

Ni bwo uyu mugore yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Mugonero mu Karere ka Karongi kugira ngo yitabweho n’abaganga, mu gihe umugabo we bahise bamusanga mu isoko aho yari ari gucururiza, ahita ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kuri Sitasiyo ya Gihombo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 4 =

Previous Post

Perezida w’u Burusiya yaburiye Ibihugu bimurwanya anabihishurira inzira yanyuramo akabyihimuraho

Next Post

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy'umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.