Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Hatahuwe umugabo wari warakoreye umugore we iby’iyicarubozo

radiotv10by radiotv10
06/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyamasheke: Hatahuwe umugabo wari warakoreye umugore we iby’iyicarubozo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenege wa Mahembe mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akurikiranyweho gukorera umugore we ibikorwa by’iyicarubozo, yari yaraboheye mu nzu amaguru n’amaboko, akamufungirana, bimenyekana nyuma y’iminsi itanu.

Uyu mugabo witwa Munyandekwe utuye mu Mudugudu wa Kanombe mu Kagari ka Kagarama mu Murenge wa Mahembe, yatahuwe kuri uyu wa Gatatu, ari na bwo yahise atabwa muri yombi, ubu akaba afunguye kuri sitasiyo ya Gihombo.

Hari hashize iminsi itanu akoze iki gikorwa cyo kubohera mu nzu umugore we, nk’uko byemejwe na Uwizeyimana Emmanuel uyobora Umurenge wa Mahembe.

Uyu muyobozi uvuga ko uyu mugabo ari umw emu bigumuye ku Itorero ry’Abadavantisiti b’umunsi wa Karindwi, avuga ko asanzwe afite imyemerere idasanzwe, aho yanakuye abana be mu ishuri, ngo avuga ko ibyo mu Isi byose bifite inenge, bagomba gutegereza ibyo mu Ijuru.

Avuga kandi ko ari na byo byatumye abohera umugore mu nzu kuko yarwaye, aho kugira ngo amujyane kwa muganga, akamubohera mu nzu, ngo kuko atamuvuriza mu Isi.

Bivugwa ko uyu mugore wari warabohewe mu nzu n’umugabo, we yigeze kugira ibibazo byo mu mutwe, mu bihe bya Covid ndetse ko umugabo we yavugaga ko ari bwo burwayi bwongeye kumufata, akaba ari na cyo cyatumye amuboha.

Gitifu Uwizeyimana Emmanuel avuga ko amakuru yamugezeho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ko uyu mugabo yaboheye umugore we mu nzu.

Ati “Nahise mpamagara inzego z’umutekano dukorana tujyayo dusanga hakinze. Twahamagaye umukobwa wabo mukuru tumubaza niba koko nyina afungiye mu nzu arabyemera tumusaba gufungura tukareba.”

Uyu mukobwa mukuru w’uyu mugabo, ngo unafite imyumvire nk’iya se, yahise amumenyesha ko ubuyobozi bwabimubajijeho kuko we yari ari mu isantere aho asanzwe akorera ubucuruzi, abanza kumubuza kubafungurira, ariko baza kubimutegeka arabyemera.

Ati “Tugezemo [mu nzu] twasanze biteye ubwoba. Umugore ahambiriye amaguru n’amaboko, arambitse aho, inzara yenda kumunogonora, ahahambiriye haratangiye kubyimba cyane, icyumba ahambiriyemo umunuko ari wose kuko byose yabyikoreragaho ntasukurwe n’aho yabikoreye ntihasukurwe, mbese yarakorewe ibikorwa bya kinyamaswa.”

Ni bwo uyu mugore yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Mugonero mu Karere ka Karongi kugira ngo yitabweho n’abaganga, mu gihe umugabo we bahise bamusanga mu isoko aho yari ari gucururiza, ahita ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kuri Sitasiyo ya Gihombo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + two =

Previous Post

Perezida w’u Burusiya yaburiye Ibihugu bimurwanya anabihishurira inzira yanyuramo akabyihimuraho

Next Post

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy'umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.