Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Hatahuwe umugabo wari warakoreye umugore we iby’iyicarubozo

radiotv10by radiotv10
06/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyamasheke: Hatahuwe umugabo wari warakoreye umugore we iby’iyicarubozo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenege wa Mahembe mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akurikiranyweho gukorera umugore we ibikorwa by’iyicarubozo, yari yaraboheye mu nzu amaguru n’amaboko, akamufungirana, bimenyekana nyuma y’iminsi itanu.

Uyu mugabo witwa Munyandekwe utuye mu Mudugudu wa Kanombe mu Kagari ka Kagarama mu Murenge wa Mahembe, yatahuwe kuri uyu wa Gatatu, ari na bwo yahise atabwa muri yombi, ubu akaba afunguye kuri sitasiyo ya Gihombo.

Hari hashize iminsi itanu akoze iki gikorwa cyo kubohera mu nzu umugore we, nk’uko byemejwe na Uwizeyimana Emmanuel uyobora Umurenge wa Mahembe.

Uyu muyobozi uvuga ko uyu mugabo ari umw emu bigumuye ku Itorero ry’Abadavantisiti b’umunsi wa Karindwi, avuga ko asanzwe afite imyemerere idasanzwe, aho yanakuye abana be mu ishuri, ngo avuga ko ibyo mu Isi byose bifite inenge, bagomba gutegereza ibyo mu Ijuru.

Avuga kandi ko ari na byo byatumye abohera umugore mu nzu kuko yarwaye, aho kugira ngo amujyane kwa muganga, akamubohera mu nzu, ngo kuko atamuvuriza mu Isi.

Bivugwa ko uyu mugore wari warabohewe mu nzu n’umugabo, we yigeze kugira ibibazo byo mu mutwe, mu bihe bya Covid ndetse ko umugabo we yavugaga ko ari bwo burwayi bwongeye kumufata, akaba ari na cyo cyatumye amuboha.

Gitifu Uwizeyimana Emmanuel avuga ko amakuru yamugezeho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ko uyu mugabo yaboheye umugore we mu nzu.

Ati “Nahise mpamagara inzego z’umutekano dukorana tujyayo dusanga hakinze. Twahamagaye umukobwa wabo mukuru tumubaza niba koko nyina afungiye mu nzu arabyemera tumusaba gufungura tukareba.”

Uyu mukobwa mukuru w’uyu mugabo, ngo unafite imyumvire nk’iya se, yahise amumenyesha ko ubuyobozi bwabimubajijeho kuko we yari ari mu isantere aho asanzwe akorera ubucuruzi, abanza kumubuza kubafungurira, ariko baza kubimutegeka arabyemera.

Ati “Tugezemo [mu nzu] twasanze biteye ubwoba. Umugore ahambiriye amaguru n’amaboko, arambitse aho, inzara yenda kumunogonora, ahahambiriye haratangiye kubyimba cyane, icyumba ahambiriyemo umunuko ari wose kuko byose yabyikoreragaho ntasukurwe n’aho yabikoreye ntihasukurwe, mbese yarakorewe ibikorwa bya kinyamaswa.”

Ni bwo uyu mugore yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Mugonero mu Karere ka Karongi kugira ngo yitabweho n’abaganga, mu gihe umugabo we bahise bamusanga mu isoko aho yari ari gucururiza, ahita ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kuri Sitasiyo ya Gihombo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Perezida w’u Burusiya yaburiye Ibihugu bimurwanya anabihishurira inzira yanyuramo akabyihimuraho

Next Post

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy'umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.