Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko ivuriro rya Mwito ry’Ishami ry’Ikigo Nderabuzima cya Bushenge, ryahoze ribavurira kuri Mutuelle de Santé, none rikaba ryarabihagaritse, none bakaba babona ntacyo rikibamariye.

Iri vuriro ryakiraga abakoresha ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé, riza kwegurirwa abikorera, rihita rihagarika kuvurira abantu kuri ubu bwisugane.

Bamwe mu baturage bari basanzwe barigana bakivuza bakoresheje Mutuelle de Santé, babwiye RADIOTV10 ko bivuzaga bagatanga amafaranga macye ahwanye n’ubushobozi bwabo ariko ko ubu hari abajya kwivuzayo bazi ko bari bwishyure nkuko byahoze, ariko babaha inyemezabwishyu bagakubitwa n’inkuba.

Umwe ati “Mperutse kuhazana umwuzukuru wanjye yarwaye mu nda, ariko mpageze banciye amafaranga atabarika, kugira ngo uwo mwana abone imiti byansabye kujya gufata amadovize [ashaka kuvuga amafaranga menshi].”

Aba baturage bavuga ko mbere baganaga iri vuriro batikandagira, benshi bakaza kuhabyarira no kuhavuza abana ariko ko ubu ntawatinyuka kuza kuhivuriza.

Undi ati “Biriya bitaro by’i Mwito nibishake bizahirime, ntacyo bikimaze. None se ko udashobora kujyayo kwaka serivisi ngo uyibone utitwaje bitanu (5 000 Frw)?”

Bavuga ko kugira ngo bagere ku Bitaro bya Bushenge byakira abivuriza ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de sante, bibafata urugendo rurerure ndetse rimwe na rimwe bikavamo n’ingaruka.

Undi muturage ati “Guheka biratugora kuko hari ubwo imvura iba yaguye yaba ari nk’umudamu duhetse agiye nko kubyara bigashobora gutuma yagera ku bitaro yahuye n’izindi ngaruka wenda yangiritse cyangwa akabyarira mu nzira.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie, yabwiye RADIOTV10 ko iri vuriro riri mu yakorewe ubuvugizi asabirwa ko yajya yakira abakoresha ubwisungane bwa Mutuelle de Santé.

Yagize ati “Kuba badakorana na mituweli ni ikibazo kiba gihangayikishije, ntabwo turyamye, twabikozeho ubuvugizi.”

Uyu muyobozi avuga ko mu cyumweru gishize ubuyobozi bwavuganye n’Ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize n’ubwishingizi (RSSB) uburyo iri vuriro na ryo ryakwakira abakoresha buriya bwisungane mu kwivuza.

Ati “Icyizere kirahari rwose kinshi kuko twagikozeho, twaranabyihutishije.”

Amavuriro mato nk’aya yashyizweho mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi nyuma yuko byari bimaze kugaragara ko hari ababura ubuzima bitewe no kutagira amavuriro hafi.

Bavuga ko iri vuriro ribagora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

Next Post

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Related Posts

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.