Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko ivuriro rya Mwito ry’Ishami ry’Ikigo Nderabuzima cya Bushenge, ryahoze ribavurira kuri Mutuelle de Santé, none rikaba ryarabihagaritse, none bakaba babona ntacyo rikibamariye.

Iri vuriro ryakiraga abakoresha ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Santé, riza kwegurirwa abikorera, rihita rihagarika kuvurira abantu kuri ubu bwisugane.

Bamwe mu baturage bari basanzwe barigana bakivuza bakoresheje Mutuelle de Santé, babwiye RADIOTV10 ko bivuzaga bagatanga amafaranga macye ahwanye n’ubushobozi bwabo ariko ko ubu hari abajya kwivuzayo bazi ko bari bwishyure nkuko byahoze, ariko babaha inyemezabwishyu bagakubitwa n’inkuba.

Umwe ati “Mperutse kuhazana umwuzukuru wanjye yarwaye mu nda, ariko mpageze banciye amafaranga atabarika, kugira ngo uwo mwana abone imiti byansabye kujya gufata amadovize [ashaka kuvuga amafaranga menshi].”

Aba baturage bavuga ko mbere baganaga iri vuriro batikandagira, benshi bakaza kuhabyarira no kuhavuza abana ariko ko ubu ntawatinyuka kuza kuhivuriza.

Undi ati “Biriya bitaro by’i Mwito nibishake bizahirime, ntacyo bikimaze. None se ko udashobora kujyayo kwaka serivisi ngo uyibone utitwaje bitanu (5 000 Frw)?”

Bavuga ko kugira ngo bagere ku Bitaro bya Bushenge byakira abivuriza ku bwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de sante, bibafata urugendo rurerure ndetse rimwe na rimwe bikavamo n’ingaruka.

Undi muturage ati “Guheka biratugora kuko hari ubwo imvura iba yaguye yaba ari nk’umudamu duhetse agiye nko kubyara bigashobora gutuma yagera ku bitaro yahuye n’izindi ngaruka wenda yangiritse cyangwa akabyarira mu nzira.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie, yabwiye RADIOTV10 ko iri vuriro riri mu yakorewe ubuvugizi asabirwa ko yajya yakira abakoresha ubwisungane bwa Mutuelle de Santé.

Yagize ati “Kuba badakorana na mituweli ni ikibazo kiba gihangayikishije, ntabwo turyamye, twabikozeho ubuvugizi.”

Uyu muyobozi avuga ko mu cyumweru gishize ubuyobozi bwavuganye n’Ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize n’ubwishingizi (RSSB) uburyo iri vuriro na ryo ryakwakira abakoresha buriya bwisungane mu kwivuza.

Ati “Icyizere kirahari rwose kinshi kuko twagikozeho, twaranabyihutishije.”

Amavuriro mato nk’aya yashyizweho mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi nyuma yuko byari bimaze kugaragara ko hari ababura ubuzima bitewe no kutagira amavuriro hafi.

Bavuga ko iri vuriro ribagora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

Next Post

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Rurangiranwa Jimmy Gatete utaherukaga mu Rwanda yahasesekaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.