Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buvuga ko mu mezi icyenda (9) ashize, abana b’abakobwa 108 batewe inda zitateguwe. Bivuze ko muri buri kwezi habarwa ko abaziterwaga ari 12.

Bamwe mu mu babyeyi bo muri aka Karere ka Nyamasheke babwiye RADIOTV10 ko ikibazo cy’abana batwarwa inda gikomeje gufata intera, bakavuga ko biterwa n’ingeso mbi.

Umwe yagize ati “Abana barabyara ubutitsa kandi abo babyara ni abavuye mu ishuri imburagihe.”

Uyu mubyeyi avuga ko mu gace atuyemo nibura buri Mudugudu ufite abana barenze babiri babyaye cyangwa batwite.

Undi mubeyi akomeza agaruka ku ngeso mbi z’aba bana, ati “Ese iyo umuntu arumbije hamwe hari ahandi asarurira? Yaba uwo mukobwa, na we aba ashaka kwiyicarira gutyo ntagire icyo akora ntagire icyo afasha umubyeyi.”

Undi akagira ati “Umwana ukamwohereza ku ishuri, wajya kubona ukabona yaje yatwise.”

Aba babyeyi bavuga ko biteye impungenge kuko biri no mu bikomeje gutuma imibereho irushaho kuba mibi.

Undi mubyeyi ati “Ntiwaba ufite abana bagera mu munani ngo ushyizeho abandi buzukuru bagera muri bangahe, namwe babyeyi mubabyara, ngo iyo mituwele izapfe kuboneka.”

Umwe mu bana watewe inda afite imyaka 15 bikamuviramo guta ishuri aho yari ageze mu wa gatandatu w’amashuri abanza, avuga ko yabitewe n’ibishuko.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukankusi Athanasie avuga ko mu mezi icyenda ashize, habarwa abana 108 batewe inda zitateguwe.

Uyu muyobozi avuga ko bari gukora ubukangurambaga mu bana biga n’abatiga, akavuga ko iki gikorwa kiri no gutanga umusaruro.

Ati “Urubyiruko rutiga na rwo ntabwo twarwibagiwe na rwo twarushyiriyeho icyo twita ‘Mu Gikari’ aho bafite ba shangazi bahuguriwe ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, byaradufashije inda zitateganyijwe zaragabanutse.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango mu bushakashatsi yashyize hanze muri 2017, bwagaragaje ko muri 2016 abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 16 na 19 bagera ku bihumbi 17 500 batewe inda zitateguwe ndetse bibaviramo ingaruka zinyuranye zirimo kuva mu ishuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 20 =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Next Post

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.