Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buvuga ko mu mezi icyenda (9) ashize, abana b’abakobwa 108 batewe inda zitateguwe. Bivuze ko muri buri kwezi habarwa ko abaziterwaga ari 12.

Bamwe mu mu babyeyi bo muri aka Karere ka Nyamasheke babwiye RADIOTV10 ko ikibazo cy’abana batwarwa inda gikomeje gufata intera, bakavuga ko biterwa n’ingeso mbi.

Umwe yagize ati “Abana barabyara ubutitsa kandi abo babyara ni abavuye mu ishuri imburagihe.”

Uyu mubyeyi avuga ko mu gace atuyemo nibura buri Mudugudu ufite abana barenze babiri babyaye cyangwa batwite.

Undi mubeyi akomeza agaruka ku ngeso mbi z’aba bana, ati “Ese iyo umuntu arumbije hamwe hari ahandi asarurira? Yaba uwo mukobwa, na we aba ashaka kwiyicarira gutyo ntagire icyo akora ntagire icyo afasha umubyeyi.”

Undi akagira ati “Umwana ukamwohereza ku ishuri, wajya kubona ukabona yaje yatwise.”

Aba babyeyi bavuga ko biteye impungenge kuko biri no mu bikomeje gutuma imibereho irushaho kuba mibi.

Undi mubyeyi ati “Ntiwaba ufite abana bagera mu munani ngo ushyizeho abandi buzukuru bagera muri bangahe, namwe babyeyi mubabyara, ngo iyo mituwele izapfe kuboneka.”

Umwe mu bana watewe inda afite imyaka 15 bikamuviramo guta ishuri aho yari ageze mu wa gatandatu w’amashuri abanza, avuga ko yabitewe n’ibishuko.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukankusi Athanasie avuga ko mu mezi icyenda ashize, habarwa abana 108 batewe inda zitateguwe.

Uyu muyobozi avuga ko bari gukora ubukangurambaga mu bana biga n’abatiga, akavuga ko iki gikorwa kiri no gutanga umusaruro.

Ati “Urubyiruko rutiga na rwo ntabwo twarwibagiwe na rwo twarushyiriyeho icyo twita ‘Mu Gikari’ aho bafite ba shangazi bahuguriwe ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, byaradufashije inda zitateganyijwe zaragabanutse.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango mu bushakashatsi yashyize hanze muri 2017, bwagaragaje ko muri 2016 abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 16 na 19 bagera ku bihumbi 17 500 batewe inda zitateguwe ndetse bibaviramo ingaruka zinyuranye zirimo kuva mu ishuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eighteen =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Next Post

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.