Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buvuga ko mu mezi icyenda (9) ashize, abana b’abakobwa 108 batewe inda zitateguwe. Bivuze ko muri buri kwezi habarwa ko abaziterwaga ari 12.

Bamwe mu mu babyeyi bo muri aka Karere ka Nyamasheke babwiye RADIOTV10 ko ikibazo cy’abana batwarwa inda gikomeje gufata intera, bakavuga ko biterwa n’ingeso mbi.

Umwe yagize ati “Abana barabyara ubutitsa kandi abo babyara ni abavuye mu ishuri imburagihe.”

Uyu mubyeyi avuga ko mu gace atuyemo nibura buri Mudugudu ufite abana barenze babiri babyaye cyangwa batwite.

Undi mubeyi akomeza agaruka ku ngeso mbi z’aba bana, ati “Ese iyo umuntu arumbije hamwe hari ahandi asarurira? Yaba uwo mukobwa, na we aba ashaka kwiyicarira gutyo ntagire icyo akora ntagire icyo afasha umubyeyi.”

Undi akagira ati “Umwana ukamwohereza ku ishuri, wajya kubona ukabona yaje yatwise.”

Aba babyeyi bavuga ko biteye impungenge kuko biri no mu bikomeje gutuma imibereho irushaho kuba mibi.

Undi mubyeyi ati “Ntiwaba ufite abana bagera mu munani ngo ushyizeho abandi buzukuru bagera muri bangahe, namwe babyeyi mubabyara, ngo iyo mituwele izapfe kuboneka.”

Umwe mu bana watewe inda afite imyaka 15 bikamuviramo guta ishuri aho yari ageze mu wa gatandatu w’amashuri abanza, avuga ko yabitewe n’ibishuko.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukankusi Athanasie avuga ko mu mezi icyenda ashize, habarwa abana 108 batewe inda zitateguwe.

Uyu muyobozi avuga ko bari gukora ubukangurambaga mu bana biga n’abatiga, akavuga ko iki gikorwa kiri no gutanga umusaruro.

Ati “Urubyiruko rutiga na rwo ntabwo twarwibagiwe na rwo twarushyiriyeho icyo twita ‘Mu Gikari’ aho bafite ba shangazi bahuguriwe ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, byaradufashije inda zitateganyijwe zaragabanutse.”

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango mu bushakashatsi yashyize hanze muri 2017, bwagaragaje ko muri 2016 abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 16 na 19 bagera ku bihumbi 17 500 batewe inda zitateguwe ndetse bibaviramo ingaruka zinyuranye zirimo kuva mu ishuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 12 =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Next Post

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.