Sunday, August 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, wari waraye atonganye n’umugore we, bwacyeye ku munsi wakurikiyeho, basanga amanitse mu kiziriko cy’ihene yapfuye, aho bamwe bakeka ko yiyahuye, abandi bagakeka ko ashobora kuba yishwe bakaza kumumanika iwe.

Uyu mugabo witwa Emmanuel Hagenimana w’imyaka 45, bivugwa ko mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 01 Nyakanga 2023, yari yatonganye n’umugore we bari basanzwe babana mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Bisumbo mu Murenge wa Cyato.

Amakuru aturuka mu baturanyi, avuga ko iryo joro ahagana saa yine, batonganaga bapfa imyitwarire y’umugabo, aho umugore yamushinjaga gusesagura kuko yanyweraga amafaranga yagakwiye guhahishiriza urugo, ndetse no kuba yari yamwimye nimero yo kuguriraho amashanyarazi.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Rugarama, Kanani Benoit, avuga ko muri iryo joro yagiye kureba uyu muryango, akawusaba guhosha izo ntanganya, akabizeza ko mu gitondo aza kubareba bagakemura ibyo bibazo bari bafitanye.

Uyu muyobozi avuga ko kuri iki Cyumweru tariki 02 Nyakanga, yabyutse yitunganya ngo ajye gukemura iki kibazo, ariko “Natunguwe no kumva umugore angezeho saa kumi n’ebyiri na makumyabiri z’igitondo ambwira ko bakinguye igikoni bagasanga umugabo amanitsemo yiyahuye, nagenda ngasanga koko aramanitse yapfuye.”

Umugore wa nyakwigendera, avuga ko ubwo umugabo we yasubiraga mu kabari, yagiye icyo gikoni bamusanzemo gikinginze.

Muri uyu muryango kandi, hari hamaze iminsi hari amakimbirane ashingiye ku kuba umugabo yari afite inshoreke ndetse ngo banabyaranye.

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko iby’urupfu rwa nyakwigendera ari amayobera, bavuga ko ubwo bamusangaga amanitse mu kiziriko yapfuye, batigeze babona ikintu yaba yuririyeho kugira ngo yimanike.

Aba baturanyi kandi bavuga ko umugore wa nyakwigendera yari amaze iminsi acyurira umugabo we ko na we yabonye umugabo bakundana..

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Next Post

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.