Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, wari waraye atonganye n’umugore we, bwacyeye ku munsi wakurikiyeho, basanga amanitse mu kiziriko cy’ihene yapfuye, aho bamwe bakeka ko yiyahuye, abandi bagakeka ko ashobora kuba yishwe bakaza kumumanika iwe.

Uyu mugabo witwa Emmanuel Hagenimana w’imyaka 45, bivugwa ko mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 01 Nyakanga 2023, yari yatonganye n’umugore we bari basanzwe babana mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Bisumbo mu Murenge wa Cyato.

Amakuru aturuka mu baturanyi, avuga ko iryo joro ahagana saa yine, batonganaga bapfa imyitwarire y’umugabo, aho umugore yamushinjaga gusesagura kuko yanyweraga amafaranga yagakwiye guhahishiriza urugo, ndetse no kuba yari yamwimye nimero yo kuguriraho amashanyarazi.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Rugarama, Kanani Benoit, avuga ko muri iryo joro yagiye kureba uyu muryango, akawusaba guhosha izo ntanganya, akabizeza ko mu gitondo aza kubareba bagakemura ibyo bibazo bari bafitanye.

Uyu muyobozi avuga ko kuri iki Cyumweru tariki 02 Nyakanga, yabyutse yitunganya ngo ajye gukemura iki kibazo, ariko “Natunguwe no kumva umugore angezeho saa kumi n’ebyiri na makumyabiri z’igitondo ambwira ko bakinguye igikoni bagasanga umugabo amanitsemo yiyahuye, nagenda ngasanga koko aramanitse yapfuye.”

Umugore wa nyakwigendera, avuga ko ubwo umugabo we yasubiraga mu kabari, yagiye icyo gikoni bamusanzemo gikinginze.

Muri uyu muryango kandi, hari hamaze iminsi hari amakimbirane ashingiye ku kuba umugabo yari afite inshoreke ndetse ngo banabyaranye.

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko iby’urupfu rwa nyakwigendera ari amayobera, bavuga ko ubwo bamusangaga amanitse mu kiziriko yapfuye, batigeze babona ikintu yaba yuririyeho kugira ngo yimanike.

Aba baturanyi kandi bavuga ko umugore wa nyakwigendera yari amaze iminsi acyurira umugabo we ko na we yabonye umugabo bakundana..

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 4 =

Previous Post

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Next Post

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.