Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Umuturanyi ati “Biragayitse kubakira umuntu ubwiherero ukanashyiramo sima aba mu nzu iva.”
  • V/Mayor abaza umunyamakuru ati “Ubwiwe niki ko arara mu bwiherero?”

Umukecuru wo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko iyo imvura iguye nijoro yugama mu bwiherero yubakiwe n’ubuyobozi abubwira ko icyaba cyiza bamusanira inzu abamo ariko bukamwima amatwi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye uyu mukecuru witwa Nyirangirumpatse Marriane utuye mu Mudugudu Kashenjari muri aka Kagari ka Karusimbi, asanga amarira ari yose.

Yamutekerereje iyi mibereho mibi arimo ituma hari igihe ajya arara mu bwiherero we n’aabuzukuru be, anyuzamo amarira akazenga mu maso.

Avuga ko iyo imvura iguye ari ku manywa ajya kugama mu baturanyi ariko yagwa nijoro akabura uko ajya kubabyutsa, agahitamo kujya mu bwiherero.

Ati “Iyo iguye ari nijoro mbyutsa abana tugafata agashitingi kari aha tukagasasa mu musarani tukiyicarira aho.”

Umunyamakuru wahise amubaza niba ibyo avuga ari ukuri, yahise amusubiza arahira ati “Imana ihoraho.” Arangije arimyoza, ahita ajya kwereka Umunyamakuru uko babigenza.

Umunyamakuru yamubajije niba batanukirwa, asubiza agira ati “None nitunukirwa tugire dute?”

Bajya mu bwiherero bagasasamo shitingi bakaba ari ho barara

Ubuyobozi bwamwubakiye ubwiherero asaba gusanirwa inzu buramutsembera

Uyu mukecuru avuga ko ubu bwiherero bajya kuraramo iyo imvura iguye, yabwubakiwe n’ubuyobozi mu gihe we yasabaga ko isakaro ryabushyizweho yarihabwa akarishyira ku nzu abamo.

Ati “Nabajije Gitifu w’Umurenge nti ‘ubu ntabwo mwambararira aya mabati mugiye gushyira ku musarani mukayampa nkayashyira aho ndyama, noneho ayo dukuyeho akajya ku musarani?’ barambwira ngo ‘ayagenewe umusarani ni umusarani’.”

Abaturanyi ba Nyirangirumpatse bavuga ko ibyakozwe n’ubuyobozi bigayitse kubona bwarubakiye uyu mukecuru umusarani ariko bukanga kumwubakira aho arambika umusaya.

Umwe ati “Nawe urebye urabona ko bigayitse, ahubwo twagaya ababibona baza kumusura ntibagire icyo babikoraho. Ngo basanze umusarani ufite agaciro kurenza inzu, urabona ko umusarani ukomeye, urimo na sima!!”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie wabaye nk’ubwira Umunyamakuru ko ibyo byo kuba uyu mukecuru arara mu bwiherero atari byo, yavuze ko iki kibazo batakizi.

Ati “Ayo makuru uduhaye abaye ari yo, dufatikanye kuko ntabwo bikwiye ko umuturage ashobora kuba atishoboye ngo abe yaba mu nzu iva hanyuma nijoro nihagera ajye kurara mu bwiherero.”

Uyu muyobozi wabajije umunyamakuru kumuha imyirondoro y’uyu mukecuru, yavuze ko bigoye kuba abayobozi bamenya abaturage bose bafite ibibazo.

Ni imvugo yumvikanamo kutuzuza inshingano kwa bamwe mu bayobozi, byanagarutsweho n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame uherutse kugirira uruzinduko mu bice binyuranye by’Igihugu birimo n’aka Karere ka Nyamaseheke.

Avuga ko yari yasabye ko amabati yashyizwe ku bwiherero yajya ku nzu abamo ariko baramutsembera

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − seven =

Previous Post

Perezida Kagame muri Kenya yakiranywe ubwuzu na William Ruto (AMAFOTO)

Next Post

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.