Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Umuturanyi ati “Biragayitse kubakira umuntu ubwiherero ukanashyiramo sima aba mu nzu iva.”
  • V/Mayor abaza umunyamakuru ati “Ubwiwe niki ko arara mu bwiherero?”

Umukecuru wo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko iyo imvura iguye nijoro yugama mu bwiherero yubakiwe n’ubuyobozi abubwira ko icyaba cyiza bamusanira inzu abamo ariko bukamwima amatwi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye uyu mukecuru witwa Nyirangirumpatse Marriane utuye mu Mudugudu Kashenjari muri aka Kagari ka Karusimbi, asanga amarira ari yose.

Yamutekerereje iyi mibereho mibi arimo ituma hari igihe ajya arara mu bwiherero we n’aabuzukuru be, anyuzamo amarira akazenga mu maso.

Avuga ko iyo imvura iguye ari ku manywa ajya kugama mu baturanyi ariko yagwa nijoro akabura uko ajya kubabyutsa, agahitamo kujya mu bwiherero.

Ati “Iyo iguye ari nijoro mbyutsa abana tugafata agashitingi kari aha tukagasasa mu musarani tukiyicarira aho.”

Umunyamakuru wahise amubaza niba ibyo avuga ari ukuri, yahise amusubiza arahira ati “Imana ihoraho.” Arangije arimyoza, ahita ajya kwereka Umunyamakuru uko babigenza.

Umunyamakuru yamubajije niba batanukirwa, asubiza agira ati “None nitunukirwa tugire dute?”

Bajya mu bwiherero bagasasamo shitingi bakaba ari ho barara

Ubuyobozi bwamwubakiye ubwiherero asaba gusanirwa inzu buramutsembera

Uyu mukecuru avuga ko ubu bwiherero bajya kuraramo iyo imvura iguye, yabwubakiwe n’ubuyobozi mu gihe we yasabaga ko isakaro ryabushyizweho yarihabwa akarishyira ku nzu abamo.

Ati “Nabajije Gitifu w’Umurenge nti ‘ubu ntabwo mwambararira aya mabati mugiye gushyira ku musarani mukayampa nkayashyira aho ndyama, noneho ayo dukuyeho akajya ku musarani?’ barambwira ngo ‘ayagenewe umusarani ni umusarani’.”

Abaturanyi ba Nyirangirumpatse bavuga ko ibyakozwe n’ubuyobozi bigayitse kubona bwarubakiye uyu mukecuru umusarani ariko bukanga kumwubakira aho arambika umusaya.

Umwe ati “Nawe urebye urabona ko bigayitse, ahubwo twagaya ababibona baza kumusura ntibagire icyo babikoraho. Ngo basanze umusarani ufite agaciro kurenza inzu, urabona ko umusarani ukomeye, urimo na sima!!”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie wabaye nk’ubwira Umunyamakuru ko ibyo byo kuba uyu mukecuru arara mu bwiherero atari byo, yavuze ko iki kibazo batakizi.

Ati “Ayo makuru uduhaye abaye ari yo, dufatikanye kuko ntabwo bikwiye ko umuturage ashobora kuba atishoboye ngo abe yaba mu nzu iva hanyuma nijoro nihagera ajye kurara mu bwiherero.”

Uyu muyobozi wabajije umunyamakuru kumuha imyirondoro y’uyu mukecuru, yavuze ko bigoye kuba abayobozi bamenya abaturage bose bafite ibibazo.

Ni imvugo yumvikanamo kutuzuza inshingano kwa bamwe mu bayobozi, byanagarutsweho n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame uherutse kugirira uruzinduko mu bice binyuranye by’Igihugu birimo n’aka Karere ka Nyamaseheke.

Avuga ko yari yasabye ko amabati yashyizwe ku bwiherero yajya ku nzu abamo ariko baramutsembera

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + twenty =

Previous Post

Perezida Kagame muri Kenya yakiranywe ubwuzu na William Ruto (AMAFOTO)

Next Post

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara
MU RWANDA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.