Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umwarimu akurikiranyweho gusambanya abana batatu yigisha ‘Cours du soir’

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in MU RWANDA
1
Nyamasheke: Umwarimu akurikiranyweho gusambanya abana batatu yigisha ‘Cours du soir’
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Jean Bossco Shangi ruherereye mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, akurikiranyweho gusambanya abana batatu b’imyaka icyenda (9) yigisha amasomo y’inyongera azwi nka ‘Cours du soir’ aho bikekwa ko yajyaga abakoza urutoki mu myanya y’ibanga ababwira ko ari kubasukura.

Uyu mwarimu w’imyaka 26 y’amavuko, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB mu mpera z’icyumweru gishize tariki 30 Mata 2022.

Uyu mwarimu wigishirizaga aba bana mu Kagari ka Impala mu Murenge wa Bushenge, bivugwa ko yajyaga abaha ibihe binyuranye ku buryo babiri bazaga mu gihe cyabo abandi bakaza mu cyabo.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko mu bana bigishwaga n’uyu mwarimu, babiri muri bo ari bo baje gutobora bakavuga ihohoterwa bakorerwaga n’uyu mwarimu, ari na byo byatumye atabwa muri yombi.

Amakuru avuga ko uyu mwarimu yakoreye aba bana ibi akekwaho ubwo yabaga ari kubigisha mu masomo y’inyongera atangwa ku mugoroba [Cours du soir].

Uyu murezi ukekwaho ibi byaha bifitanye isano n’ihohotera rishingiye ku gitsina, avugwaho kuba yarakozaga intoki mu myanya y’ibana y’abo bana b’abakobwa ababeshya ko ari kubasukura.

Uyu mwarimu ubu ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB aho acumbikiwe kuri station ya Shangi mu gihe hakiri gukorwa iperereza na dosiye.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

ITEGEKO No68/2018 RYO KU WA 30/08/2018 RITEGANYA IBYAHA N’IBIHANO MURI RUSANGE

Ingingo ya 133: Gusambanya umwana

Umuntu wese ukorera ku mwana kimwe mu bikorwa bishingiye ku gitsina bikurikira, aba akoze icyaha:

  1. gushyira igitsina mu gitsina, mu kibuno cyangwa mu kanwa k’umwana;
  2. gushyira urugingo urwo arirwo rwose rw’umubiri w’umuntu mu gitsina, cyangwa mu kibuno cy’umwana;
  3. gukora ikindi gikorwa cyose ku mubiri w’umwana hagamijwe ishimishamubiri.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25).

Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y’imyaka cumi n’ine (14), igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

Iyo gusambanya umwana ufite cyangwa urengeje imyaka cumi n’ine (14) byamuteye indwara idakira cyangwa ubumuga, igihano kiba igifungo cya burundu.

Iyo gusambanya umwana byakurikiwe no kubana nk’umugabo n’umugore, igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.

Iyo icyaha cyo gusambanya umwana cyakozwe hagati y’abana bafite nibura 
 imyaka cumi n’ine (14) nta kiboko
cyangwa ibikangisho byakoreshejwe, nta
gihano gitangwa. Icyakora, iyo umwana
ufite imyaka cumi n’ine (14) ariko
utarageza ku myaka cumi n’umunani (18) asambanyije umwana uri munsi y’imyaka
cumi n’ine (14), ahanwa hakurikijwe ibiteganywa mu ngingo ya 54 y’iri tegeko.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugabo Ferdinand says:
    4 years ago

    uwo mwarimu rwose babanze barebe ko nta kibazo afite mu mutwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − twelve =

Previous Post

Rutsiro: Abari bagiye guhemba uwibarutse bakoze impanuka y’ubwato babiri bahita bapfa

Next Post

IFOTO: Bamporiki ku munsi w’Ilayidi ati “Alhamdulillah”

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba
AMAHANGA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Bamporiki ku munsi w’Ilayidi ati “Alhamdulillah”

IFOTO: Bamporiki ku munsi w’Ilayidi ati “Alhamdulillah”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.