Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu igaraje riherereye mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza habereye inkongi y’umuriro yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yahiye ubwo umushoferi yayatsaga.

Iyi nkongi yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021 ubwo iyi modoka yagiraga ikibazo bigatuma umushoferi wayo ajya kuyikoresha.

Ubwo yari mu igaraje ya Kompanyi yitwa Smart Garage, umushoferi watwaraga iyi modoka isanzwe yifashishwa mu ngendo rusange, yayakije ihita ifatwa n’umuriro irashya irakongoka.

Bamwe mu bazi iby’ibinyabiziga bari muri iri Garaje batangaza ko umuriro watangiriye muri moteri y’iyi modoka ndetse ko ari ho hari ikibazo.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yavuze ko iyi mpanuka yabaye koko ari ko nta muntu yahitanye ndetse ko nta bindi byangiritse uretse iyi modoka gusa yahiye igakongoka ariko ibindi byose biri mu igaraje ntacyo byabaye.

Ntazinda Erasme atangaza ko ubwo iyi nkongi yabaga, Polisi ishinzwe kuzimya inkongi yahatabaranye ingoga ikaza kuzimya uyu muriro kugira ngo utaza gufata inyubako za ririya garaje.

Yagize ati “Inzu z’iryo garaje zirimo ibikoresho byifashishwa ntizagira icyo ziba gusa imodoka yo yahiye irakongoka.”

Hamaze iminsi hagaragara inkongi zibasira imodoka zo muri ubu bwoko. Mu mpera z’ukwezi gushize, imodoka na yo yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari isanzwe itwara abanyeshuri, yafatiwe n’inkongi y’umuriro ubwo yari igeze mu Kagari ka Karembure mu Murenge wa Gahanda mu Karere ka Kicukiro.

Iyi modoka yari irimo n’abanyeshuri yari ijyanye ku ishuri, na yo yarahiye irakongoka ariko ku bw’amahirwe nta muntu n’umwe wagiriye ikibazo muri iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Hashyizweho Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri izagenzura uko abatujwe mu midugudu babayeho

Next Post

MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.