Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyaruguru: Batujwe mu magorofa none bajya guca incuro bakababwira ko batakoresha ababa mu mataje

radiotv10by radiotv10
28/09/2022
in MU RWANDA
1
Nyaruguru: Batujwe mu magorofa none bajya guca incuro bakababwira ko batakoresha ababa mu mataje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batujwe mu mudugudu w’ikitegerereza w’inzu zigeretse uherereye mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko batakijya guca incuro ngo babahe ibiraka kuko abakabibahaye bababyina ku mubyimba bababwira ko ari abatagire kuko batuye mu mataje.

Aba baturage bamaze amezi abiri batujwe muri uyu mudugudu w’ikitegererezo wa Munini, babwiye RADIOTV10 ko bugarijwe n’ubukene kuko batakibona aho baca incuro.

Bavuga ko n’abagiye kwaka ibiraka mu baturage bagenzi babo, bababyina ku mubyimba ko bakize kuko baba bavuga ko izo nzu batujwemo banaziherwamo ibibatunga.

Umwe yagize ati “Abantu baratureba bakatubwira bati ‘mwabura kuduha ibiraka ari mwe muba mu mataje, mufite imiceri, mufite amafaranga’ bati ‘nta kiraka mwe twabaha nimwigendere’.”

Uyu muturage avuga ko ibi byabaganishije mu bukene bukomeye ku buryo no kubona icyo kurya ari ihurizo rikomeye.

Ati “Kugura umuriro no kubona ibyo kurya biratugoye cyane […] no kuburara hari igihe tuburara.”

Aba baturage batishoboye batujwe muri uyu mudugudu w’ikitegererezo, bavuga ko izi nzu batujwemo, bamwe basigaye baziraramo ari ikizimwe kuko batazicanamo udutadowa kandi ngo no kubona amafaranga yo kugura umuriro bidashobora buri wese.

Undi ati “Abenshi baravuga bati ‘mwe mwageze mu bukungu, mufite ku mafaranga mwikwirirwa muvuga ngo tubahe inshuro’.”

Aba baturage bavuga ko nkuko batujwe muri uyu mudugudu kuko batishoboye, bari bakwiye no guhabwa igishoro kugira ngo batangize ubucuruzi babone aho bazajya bakura imibereho.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Byukusenge Assoumpta avuga ko ubuyobozi bwahaye iby’ibanze aba baturage ubwo bimurirwaga muri uyu mudugudu ariko ko na bo ahasigaye ari ahabo.

Ati “Yego yatujwe mu mudugudu w’ikitegererezo ariko ni mu rugo iwe, ubuzima buzakomeza nkuko yabagaho mu rugo iwe, niba ari umuntu ukora imirimo y’amaboko imuhesha amafaranga, akomeze ayikore.”

Uyu muyobozi avuga ko abadafite ubwo bushobozi bitewe n’ibibazo runaka, bazahabwa ubufasha nkuko abandi batishoboye basanzwe bafashwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Mubasobanurire ko kuba mu mudugudu atari itegeko. Ushatse yakwisubirira aho yari atuye, umuganda ukamwubakira cg ukamisanira aho kuba ahantu atishimiye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

Hatangajwe igikorerwa amashuri ari gutahurwaho kutubahiriza amabwiriza akishyuza ‘Minerval’ y’umurengera

Next Post

M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Related Posts

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, batangiye kwikanga ko bashobora kugarizwa n’amapfa nyuma yuko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

IZIHERUKA

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon
FOOTBALL

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

25/11/2025
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.