Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Photo/Internet-Intyoza

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari kamwe ko mu murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wabo, banitabaza ubuyobozi bw’Umurenge bukabifata nk’ibisanzwe.

Abaganirije Umunyamakuru wa RADIOTV10, bavuga ko abayobozi bo muri aka gace bakubita abaturage ariko byumwihariko bagahuriza ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Semiyonga mu Murenge wa Muganza, Ntakirutimana Etienne, bashinja kubayoboza inkoni.

Aba baturage bavuga ko ibyo gukubita abaturage, uyu muyobozi yabigize umuco dore ko hari n’abaturage atumiza akabakubitira ku biro by’Akagari.

Umwe mu baturage yagize ati “Hano abayobozi bakubita abaturage, Umuyobozi wa mbere ukunze kubikora ni uwo bita Gitifu w’Akagari ka Semiyonga, uwo agize icyo abwira cyaba ari ikintu kiza cyangwa ari ikibi aza ahita akubita ntacyo abaza, aza akubita gusa.”

Uyu muturage akomeza avuga ko hari umugore witwa Nyirarwasa Florida uherutse gukubitwa n’uyu muyobozi.

Ati “Yamukubitiye ku Kagari, barabyunga ariko yaramukubise kandi ari umudamu.”

Aba baturage bavuga ko barambiwe kuyoborwa gutya kuko aho u Rwanda rugeze rutari rukwiye kubamo imiyoborere nk’iyi, banavuga ko iyo bitabaje ubuyobozi bw’Umurenge bubima amatwi bwumva ko ari ibintu bisanzwe.

Undi muturage ati “Turifuza ko natwe twayoborwa nk’abantu, ntitube inyamaswa kuko natwe turi abaturage kuko turahababarira cyane.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Semiyonga, Ntakirutimana Etienne, yahakaniye RADIOTV10 ibi ashinjwa n’abaturage, avuga ko uretse we nta n’undi muyobozi wakora nk’ibyo abaturage bamuvugaho.

Ati “Ntekereza ko ibyo byabayeho, Umunyarwanda wese azi inzego zibikurikirana, dufite RIB dufite Polisi, ibyo nta muyobozi muri iki Gihugu wabikora kuko twese ibyo dukora tuba dukorera umuturage.”

Ikibazo cy’abayobozi bakubita abaturage cyakunze kumvikana mu bice binyuranye by’Igihugu aho bamwe bagiye banafatwa bakabihanirwa. Uwamenyekanye cyane ni uwari Umunyamanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, Sebashotsi Gasasira Jean Paul wakubitiye mu ruhame umukobwa amuziza kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Ibi byabaye muri Gicurasi 2022, byatumye uyu muyobozi na bagenzi be bakoranye iki cyaha batabwa muri yombi ndetse banaburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rubasomera imyanzuro muri Mutarama 2021, aho bagiye bahanishwa ibihano bitandukanye birimo igifungo cy’amezi umunani n’ihazabu ya miliyoni 5Frw cyahanishiwe Sebashotsi Gasasira Jean Paul.

Bavuga ko inkoni za Gitifu zibarembeje
Ngo hari n’abo atumiza akabakubitira ku Biro by’akagari

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + nine =

Previous Post

Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze

Next Post

RIB yemeje ko yafuze Padiri uyobora ishuri ryakubitwemo abanyeshuri inkoni zikishushanya

Related Posts

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

IZIHERUKA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi
MU RWANDA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

RIB yemeje ko yafuze Padiri uyobora ishuri ryakubitwemo abanyeshuri inkoni zikishushanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.