Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Photo/Internet-Intyoza

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari kamwe ko mu murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wabo, banitabaza ubuyobozi bw’Umurenge bukabifata nk’ibisanzwe.

Abaganirije Umunyamakuru wa RADIOTV10, bavuga ko abayobozi bo muri aka gace bakubita abaturage ariko byumwihariko bagahuriza ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Semiyonga mu Murenge wa Muganza, Ntakirutimana Etienne, bashinja kubayoboza inkoni.

Aba baturage bavuga ko ibyo gukubita abaturage, uyu muyobozi yabigize umuco dore ko hari n’abaturage atumiza akabakubitira ku biro by’Akagari.

Umwe mu baturage yagize ati “Hano abayobozi bakubita abaturage, Umuyobozi wa mbere ukunze kubikora ni uwo bita Gitifu w’Akagari ka Semiyonga, uwo agize icyo abwira cyaba ari ikintu kiza cyangwa ari ikibi aza ahita akubita ntacyo abaza, aza akubita gusa.”

Uyu muturage akomeza avuga ko hari umugore witwa Nyirarwasa Florida uherutse gukubitwa n’uyu muyobozi.

Ati “Yamukubitiye ku Kagari, barabyunga ariko yaramukubise kandi ari umudamu.”

Aba baturage bavuga ko barambiwe kuyoborwa gutya kuko aho u Rwanda rugeze rutari rukwiye kubamo imiyoborere nk’iyi, banavuga ko iyo bitabaje ubuyobozi bw’Umurenge bubima amatwi bwumva ko ari ibintu bisanzwe.

Undi muturage ati “Turifuza ko natwe twayoborwa nk’abantu, ntitube inyamaswa kuko natwe turi abaturage kuko turahababarira cyane.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Semiyonga, Ntakirutimana Etienne, yahakaniye RADIOTV10 ibi ashinjwa n’abaturage, avuga ko uretse we nta n’undi muyobozi wakora nk’ibyo abaturage bamuvugaho.

Ati “Ntekereza ko ibyo byabayeho, Umunyarwanda wese azi inzego zibikurikirana, dufite RIB dufite Polisi, ibyo nta muyobozi muri iki Gihugu wabikora kuko twese ibyo dukora tuba dukorera umuturage.”

Ikibazo cy’abayobozi bakubita abaturage cyakunze kumvikana mu bice binyuranye by’Igihugu aho bamwe bagiye banafatwa bakabihanirwa. Uwamenyekanye cyane ni uwari Umunyamanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, Sebashotsi Gasasira Jean Paul wakubitiye mu ruhame umukobwa amuziza kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Ibi byabaye muri Gicurasi 2022, byatumye uyu muyobozi na bagenzi be bakoranye iki cyaha batabwa muri yombi ndetse banaburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rubasomera imyanzuro muri Mutarama 2021, aho bagiye bahanishwa ibihano bitandukanye birimo igifungo cy’amezi umunani n’ihazabu ya miliyoni 5Frw cyahanishiwe Sebashotsi Gasasira Jean Paul.

Bavuga ko inkoni za Gitifu zibarembeje
Ngo hari n’abo atumiza akabakubitira ku Biro by’akagari

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 9 =

Previous Post

Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze

Next Post

RIB yemeje ko yafuze Padiri uyobora ishuri ryakubitwemo abanyeshuri inkoni zikishushanya

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

RIB yemeje ko yafuze Padiri uyobora ishuri ryakubitwemo abanyeshuri inkoni zikishushanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.