Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Photo/Internet-Intyoza

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari kamwe ko mu murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wabo, banitabaza ubuyobozi bw’Umurenge bukabifata nk’ibisanzwe.

Abaganirije Umunyamakuru wa RADIOTV10, bavuga ko abayobozi bo muri aka gace bakubita abaturage ariko byumwihariko bagahuriza ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Semiyonga mu Murenge wa Muganza, Ntakirutimana Etienne, bashinja kubayoboza inkoni.

Aba baturage bavuga ko ibyo gukubita abaturage, uyu muyobozi yabigize umuco dore ko hari n’abaturage atumiza akabakubitira ku biro by’Akagari.

Umwe mu baturage yagize ati “Hano abayobozi bakubita abaturage, Umuyobozi wa mbere ukunze kubikora ni uwo bita Gitifu w’Akagari ka Semiyonga, uwo agize icyo abwira cyaba ari ikintu kiza cyangwa ari ikibi aza ahita akubita ntacyo abaza, aza akubita gusa.”

Uyu muturage akomeza avuga ko hari umugore witwa Nyirarwasa Florida uherutse gukubitwa n’uyu muyobozi.

Ati “Yamukubitiye ku Kagari, barabyunga ariko yaramukubise kandi ari umudamu.”

Aba baturage bavuga ko barambiwe kuyoborwa gutya kuko aho u Rwanda rugeze rutari rukwiye kubamo imiyoborere nk’iyi, banavuga ko iyo bitabaje ubuyobozi bw’Umurenge bubima amatwi bwumva ko ari ibintu bisanzwe.

Undi muturage ati “Turifuza ko natwe twayoborwa nk’abantu, ntitube inyamaswa kuko natwe turi abaturage kuko turahababarira cyane.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Semiyonga, Ntakirutimana Etienne, yahakaniye RADIOTV10 ibi ashinjwa n’abaturage, avuga ko uretse we nta n’undi muyobozi wakora nk’ibyo abaturage bamuvugaho.

Ati “Ntekereza ko ibyo byabayeho, Umunyarwanda wese azi inzego zibikurikirana, dufite RIB dufite Polisi, ibyo nta muyobozi muri iki Gihugu wabikora kuko twese ibyo dukora tuba dukorera umuturage.”

Ikibazo cy’abayobozi bakubita abaturage cyakunze kumvikana mu bice binyuranye by’Igihugu aho bamwe bagiye banafatwa bakabihanirwa. Uwamenyekanye cyane ni uwari Umunyamanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, Sebashotsi Gasasira Jean Paul wakubitiye mu ruhame umukobwa amuziza kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Ibi byabaye muri Gicurasi 2022, byatumye uyu muyobozi na bagenzi be bakoranye iki cyaha batabwa muri yombi ndetse banaburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rubasomera imyanzuro muri Mutarama 2021, aho bagiye bahanishwa ibihano bitandukanye birimo igifungo cy’amezi umunani n’ihazabu ya miliyoni 5Frw cyahanishiwe Sebashotsi Gasasira Jean Paul.

Bavuga ko inkoni za Gitifu zibarembeje
Ngo hari n’abo atumiza akabakubitira ku Biro by’akagari

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze

Next Post

RIB yemeje ko yafuze Padiri uyobora ishuri ryakubitwemo abanyeshuri inkoni zikishushanya

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

RIB yemeje ko yafuze Padiri uyobora ishuri ryakubitwemo abanyeshuri inkoni zikishushanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.