Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko nyuma y’amasaha macye basinyanye amasezerano i Doha agamije iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano, uruhande bahanganye rwahise rumisha ibisasu bya rutura mu birindiro by’iri Huriro no mu bice bituwe n’abaturage benshi.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ukwkaira 2025.
Kanyuma wavuze ko iri tangazo rigamije kumenyesha Abanyekongo bose ndetse n’Umuryango Mpuzamahanga, yavuze ko “nk’uko bisanzwe biranga ubutegetsi bwa Kinshasa, bwarashe ibisasu byisukiranya mu bice bituwemo n’abaturage no ku birindiro byacyu muri Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.”
Kanyuka yakomeje avuga kandi ko ibi byakozwe n’uruhande bahanganye “nyuma y’amasaha macye hasinywe amasezerano arebana n’agahenge, yashyiriweho umukono i Doha kuri uyu wa 14 Ukwakira 2025.”
Kanyuka kandi akomeza avuga ko uretse ibi bitero by’ibisasu byarashwe n’uruhande bahanganye, rwanagabye ibindi bitero byo ku butaka mu birindiro binyuranye bya AFC/M23 byumwihariko muri Kadasomwa, Lumbishi na Kasake.
Ati “Ubutegetsi gashozantambara bwa Kinshasa bukomeje gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage b’abasivile, bunabangamira inzira zose z’amahoro.”
RADIOTV10