• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 31 ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’ubu rukaba rufite ibibazo bituruka hanze, ariko ko uko umwijima wazira kose iki Gihugu na Afurika, hagomba kubaho n’ahaturuka urumuri.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025 ubwo yayoboraga Inama y’Urwego Ngishwanama rwa Perezida PAC (Presidential Advisory Council), yabereye mu Mujyi wa Kigali.

Muri iyi nama yari igamije kurebera hamwe uburyo hakomeza gushimangirwa ingamba zo kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu no gushakira umuti ibibazo byugarije Akarere n’Isi, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo u Rwanda rwanyuzemo, ndetse n’ibirwugarije muri ibi bihe.

Yagize ati “Mu Rwanda, twarokotse amajye yacu mu myaka 31 ishize, kandi n’ubu tugomba kurokoka byinshi bituruka hanze. Ariko amateka yatwigishije ko nubwo haba hari umwijima, yaba mu Rwanda cyangwa muri Afurika, cyangwa n’ahandi ku Isi, hari ahantu hato hashobora guturuka urumuri. U Rwanda rwacu no mu mwijima rushobora kumurika.”

Umukuru w’u Rwanda yagaragaje ko ibibazo bitazabura, ahubwo icyo abantu bakwiye kuzirikana ari uko bagomba guhora biteguye guhangana na byo no kubyikuramo.

Ati “Dukwiye kumenya neza ko tugomba guhangana n’ibibazo kandi tugatera imbere, ubundi tugatera intambwe ituganisha aho twifuza kujya ndetse aho abandi babashije kugera mbere yacu.”

Umukuru w’Igihugu avuga ko abantu bakwiye kugeza Igihugu cyabo aho bifuza ko kiba kiri, kandi ko biri mu bushobozi bwabo, ndetse bagahora bazirikana ko bagomba guhangana n’ibyaza byose kabone n’iyo byaba ari binini gute.

Perezida Kagame yayoboye iyi nama

Donald Kaberuka ni umwe mu bagize izi mpuguke ngishwanama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Next Post

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.