Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’imyaka 30 uracyatemba itoto ariko njye ndashaje- Obama abwira umugore we

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma y’imyaka 30 uracyatemba itoto ariko njye ndashaje- Obama abwira umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Hussein Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, udahwema kugaragaza urwo akunda umugore we Michelle LaVaughn Robinson Obama, yavuze ko agitemba itoto nk’iryo yari afite mu myaka 30 ishize ubwo bashyingiranwaga.

Barack Obama yabitangaje mu butumwa bwo kwishimira isabukuru y’imyaka 30 bamaze bashyingiranywe.

Yagize ati “Michelle, nyuma y’imyaka 30 sinzi impamvu ugisa nkuko wasaga ariko njye akaba atari ko nkisa. Sinzi impamvu nakwegukanye uriya munsi. Uri umugore mwiza nasabye mu buzima bwanjye. Isabukuru nziza mukundwa.”

Miche, After 30 years, I’m not sure why you look exactly the same and I don’t. I do know that I won the lottery that day—that I couldn’t have asked for a better life partner. Happy anniversary, sweetheart! pic.twitter.com/sYGKPOff1O

— Barack Obama (@BarackObama) October 3, 2022

Barack Obama n’umugore we Michelle Obama basezeranye tariki 03 Ukwakira 1992 nyuma y’umwaka umwe bari bamaze batangiye urugendo rw’urukundo.

Michelle Obama na we yifurije umugabo we isabukuru nziza y’urushako, akoresheje amagambo asize umunyu.

Yagize ati “Isabukuru nziza ku mugabo nkunda! Iyi myaka 30 yabaye iy’umunezero, kandi iteka nishimira kuba umba hafi. Nzahorana nawe iteka ryose. Ndagukunda Barack Obama.”

View this post on Instagram

A post shared by Michelle Obama (@michelleobama)

Obama n’umugore we Michelle ntibahwema kugaragaza urukundo bakundana, byumwihariko ubwo uyu mugabo wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za America, yasezeraga muri White House, yavuze ko kugira ngo abashe kugera ku ntego ze ku ngoma ye, yabifashijwemo n’umugore we.

Icyo gihe ubwo yashimiraga umugore we, yafashwe n’ikiniga, kwihangana biramunanira araturika ararira amarira y’umunezero.

Obama na Michelle ubwo bakoraga ubukwe
Byari ibyishimo
Barishimira imyaka 30 bamaze bashyingiranywe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − six =

Previous Post

Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho

Next Post

Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.