Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Polisi y’u Rwanda iburiye insoresore zijanditse mu ngeso z’ubujura, umwe mu babukekwaho yarasiwe mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, ubwo yari kumwe na bagenzi be bavuye kwiba, babona Abapolisi bakiruka.

Mu cyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda yari yaburiye abijanditse muri ibi bikorwa bihungabanya umutekano w’Abaturarwanda, ibamenyesha ko hakajijwe ingamba.

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023 ahagana saa cyenda z’ijoro, ubwo Abapolisi barimo bacunga umutekano w’abaturage n’ibyabo, babonye abantu batatu bakekwa ko ari ibisambo, barabahagarika, barinangira ahubwo bafunyamo bariruka.

Umutoni Irakoze Sandra, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari Rwambogo, yavuze ko ubwo ibi bisambo byirukankaga ngo bicike Abapolisi, bahise barasamo umwe, agahita yitaba Imana.

Yagize ati “Umwe muri bo yarashwe ahita apfa, ariko abandi bakomeza kwiruka baratoroka.

Uyu muyobozi avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ndetse n’izindi nzego bakorana, bahise batangira iperereza.

Mu cyumweru gishize, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yahumurije Abaturarwanda ko Polisi yahagurukiye iki kibazo cy’ubujura bukomeje gufata intera.

Yagize ati “Turwanya ubujura ku muntu ubukora cyangwa uwabukoze, Ubitekereza nabireke kuko binyuranyije n’amategeko, uzabikora bizamugiraho ingaruka.”

CP John Bosco Kabera kandi yavuze ko Polisi y’u Rwanda ifite amakuru y’aho insoresore zijandika muri ibi bikorwa zikunze kuba ziri, haba mu Mujyi wa Kigali ndetse no mu bindi bice, ku buryo ubu hagiye gukazwa umutekano.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yari yaboneyeho kugira inama izi nsoresore gukura amaboko mu mifuka zikajya kuyakoresha, aho kujya kuyinjiza mu mifuka y’abandi bantu ngo zibibe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 3 =

Previous Post

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Next Post

Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.