Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Polisi y’u Rwanda iburiye insoresore zijanditse mu ngeso z’ubujura, umwe mu babukekwaho yarasiwe mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, ubwo yari kumwe na bagenzi be bavuye kwiba, babona Abapolisi bakiruka.

Mu cyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda yari yaburiye abijanditse muri ibi bikorwa bihungabanya umutekano w’Abaturarwanda, ibamenyesha ko hakajijwe ingamba.

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023 ahagana saa cyenda z’ijoro, ubwo Abapolisi barimo bacunga umutekano w’abaturage n’ibyabo, babonye abantu batatu bakekwa ko ari ibisambo, barabahagarika, barinangira ahubwo bafunyamo bariruka.

Umutoni Irakoze Sandra, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari Rwambogo, yavuze ko ubwo ibi bisambo byirukankaga ngo bicike Abapolisi, bahise barasamo umwe, agahita yitaba Imana.

Yagize ati “Umwe muri bo yarashwe ahita apfa, ariko abandi bakomeza kwiruka baratoroka.

Uyu muyobozi avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ndetse n’izindi nzego bakorana, bahise batangira iperereza.

Mu cyumweru gishize, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yahumurije Abaturarwanda ko Polisi yahagurukiye iki kibazo cy’ubujura bukomeje gufata intera.

Yagize ati “Turwanya ubujura ku muntu ubukora cyangwa uwabukoze, Ubitekereza nabireke kuko binyuranyije n’amategeko, uzabikora bizamugiraho ingaruka.”

CP John Bosco Kabera kandi yavuze ko Polisi y’u Rwanda ifite amakuru y’aho insoresore zijandika muri ibi bikorwa zikunze kuba ziri, haba mu Mujyi wa Kigali ndetse no mu bindi bice, ku buryo ubu hagiye gukazwa umutekano.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yari yaboneyeho kugira inama izi nsoresore gukura amaboko mu mifuka zikajya kuyakoresha, aho kujya kuyinjiza mu mifuka y’abandi bantu ngo zibibe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 8 =

Previous Post

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Next Post

Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.