Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo kudabagiza Abaturarwanda mu cy’Isi DSTv yapfunduye akandi gaseke

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Nyuma yo kudabagiza Abaturarwanda mu cy’Isi DSTv yapfunduye akandi gaseke
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi ya DSTv Rwanda icuruza ifatabuguzi ry’isakazamashusho n’ibikoresho bijyana na ryo, ari na yo rukumbi yari ifite uburenganzira bwo kwerekana imikino y’Igikombe cy’Isi mu Rwanda, nyuma y’ubwasisi bwatumye Abaturarwanda babasha kureba iyi mikino, yanazanye impano y’iminsi mikuru, aho uguze ifatabuguzi iryo ari ryo ryose, ahabwa iryisumbuyeho.

Kuva ku itariki 19 Ukuboza 2022 kugeza ku ya 24 Mutarama 2023 ubu umuntu usanzwe afite ifatabuguzi rya DSTv ry’ukwezi iryo ari ryo yose yongereweho iryisumbuye ndetse n’abazarigura muri iki gihe bazahita bahabwa iryisumbuyeho.

DSTv Rwanda ivuga ko iyi ari impano yageneye abafatabuguzi bayo n’abifuza kuba abakiliya bayo muri iki gihe cy’iminsi mikuru.

Umuyobozi mukuru wa Tele 10 Group, Muhirwa Augustin, yavuze ko nyuma y’Igikombe cy’Isi DSTv ikomeje kugeza ku bakiliya bayo ibyiza byumwihariko kuri shene zayo nziza isanganywe.

Ati “Dufite film nziza udashobora kubona ahandi, dufite ibiganiro by’abana udashobora kubona abandi, amakuru meza umuntu yakwifuza kureba,…DSTv ntabwo ari iy’abakunda football gusa.”

Agaruka kuri ubu bwasisi bushya buje nk’impano y’iminsi mikuru, Muhirwa Augustin yagize ati “Umuntu uguze ifatabuguzi, ahabwa irindi fatabuguzi ryisumbuye, ni ikintu cyiza ko umuntu uguze ifatabuguzi runaka, ahabwa irindi ryisumbuye. Uko baryohewe n’imikino myiza, ni ko bagomba kuryoherwa n’ibindi biganiro bitandukanye.”

Agaruka ku mikino, yavuze kandi ko n’ubundi DSTv isanganywe amashene 20 ya siporo ikaba ikomeje kuza ku isonga mu kwerekana imikino itandukanye irimo n’iyo abantu badashobora gusanga ahandi.

Ati “Nta mpamvu yo kujya gushakira imikino mu kabari kandi mu masaha akuze, nta mpamvu yo kujya kuvumba amashusho mu baturanyi kandi na we wayatunga, DSTv irahari kandi irabategereje.”

DSTv Rwanda kandi itangaza ko ifatabuguzi ry’ibihumbi 31 Frw ryafashije abantu kureba imikino y’Igikombe cy’Isi, nubundi ni ryo fatabuguzi rizafasha abafatabuguzi kuzareba imikino iri mu yikunzwe ku Isi ya champions league.

Nanone kandi dekoderi ya DSTv ubu irakomeza kugura ibihumbi 20 Frw ndetse ikazana n’ifatabuguzi rizwi nka access na ryo kandi rizahita rijyana n’iyi poromosiyo yashyizweho kuko izahita izana n’ifatabuguzi ryisumbuyeho rya family.

Kuba dekoderi ya DSTv igura ibihumbi 20 Frw iriho n’ifatabuguzi rya Access rigura 14 700 Frw bivuze ko iyi dekoderi iba yaguzwe 5 300 Frw.

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri DSTv Rwanda, Edmon Nkusi yavuze ko abumva ko DSTv ari iy’abifite atari byo kuko nkuko iyi sosiyete yafashije abantu kureba imikino y’Igikombe cy’Isi, byerekanye ko ifatabuguzi ry’iyi kompanyi rihendutse.

Ku bakomeje kwibaza niba ibiciro by’ifatabuguzi rya DSTv bizagabanywa, Nkusi Edmon yavuze ko bashonje bahishiwe, ati “DSTv hari icyo ibahishiye, hari agaseke gapfundikiye, umunsi nugera izagapfunduka kandi ni vuba aha.”

Umuyobozi wa Tele 10 Group Muhirwa Augustin yavuze ko muri DSTv hahora ibyiza
Umuyobozi ushinzwe kumenyakanisha ibikorwa muri DSTv Rwanda Nkusi Edmond yavuze ko abumba ko DSTv ari iy’abifite atari byo

Abanyamakuru bafashije DSTv mu mikino y’Igikombe cy’Isi bashimwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 10 =

Previous Post

Yongeye gufata ku Ibendera: Undi mugisha wasekeye umuto muri Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years
IMYIDAGADURO

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya

Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.