Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

radiotv10by radiotv10
02/04/2024
in MU RWANDA
0
Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye
Share on FacebookShare on Twitter

Ndagijimana Louis Munyemanzi wari Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, yeguye nyuma y’igihe gito uwari Perezida w’Inama Njyanama w’aka Karere na we yeguye kuri izi nshingano.

Amakuru y’ubwegure bw’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi, Ndagijimana Louis Munyemanzi; bwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 02 Mata 2024.

Amakuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko ubwegure bw’uyu wari Umuyobozi muri Nyobozi y’Akarere ka Rusizi, bwanemejwe n’Inama idasanzwe y’Inama Njyanama y’aka Karere yateranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.

Ndagijimana Louis Munyemanzi yeguye nyuma y’ibyumweru bibiri, uwari Perezida w’Inama Njyanama y’Aka Karere ka Rusizi, Uwumukiza Béatrice na we yeguye kuri izi nshingano, yakoraga abangikanyije no kuba Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge ihiganwa mu Bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA), ariko na zo akaba aherutse kuzikurwaho.

Ubwegure bwa Uwumukiza Béatrice, bwo bwemejwe n’Inama ya Njyanama yateranye tariki 16 z’ukwezi gushize kwa Werurwe 2024, nyuma y’amasaha macye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame amusimbuje kuri izi nshingano zo kuyobora by’agateganyo RICA.

Mu buyobozi bw’Akarere ka Rusizi, hamaze iminsi havugwamo ukudahuza muri Nyobozi y’aka Karere ko mu Ntara y’Iburengerazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + five =

Previous Post

Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo

Next Post

Amakuru mashya kuri rutahizamu wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda byakekwaga ko yahagaritse ruhago

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri rutahizamu wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda byakekwaga ko yahagaritse ruhago

Amakuru mashya kuri rutahizamu wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda byakekwaga ko yahagaritse ruhago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.