Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’uko imirwano yubuye muri Congo hategerejwe inama y’igitaraganya ku rwego rwa Gisirikare

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma y’uko imirwano yubuye muri Congo hategerejwe inama y’igitaraganya ku rwego rwa Gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

I Addis Ababa muri Ethiopia, hategerejwe inama izahuza Abagaba Bakuru b’Ingabo bahagarariye imiryango ine irimo DRC, mu cyiswe four-bloc mechanism for DRCongo, ku butumire bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kugira ngo barebere hamwe igikwiye gukorwa nyuma y’uko imirwano yubuye muri DRC.

Aba Bagaba Bakuru b’Ingabo bazahurira muri iyi nama ku wa Gatanu tariki 06 Ukwakira 2023, bazaganira kuri gahunda yo kohereza ingabo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Akanama k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe Gashinzwe Amahoro n’Umutekano, kavuga ko aba Bagaba Bakuru b’Ingabo bazaganira “ku guhuza ingamba no gushyiraho umurongo uhuriweho mu gushyira mu bikorwa ingamba ziyemejwe n’akarere.”

Abazitabira ibi biganiro, bazasuzuma umusaruro w’ingabo zoherejwe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Itangazo ry’Akanama k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gashinzwe Amahoro n’Umutekano, rigira riti “Ibiganiro bizibanda ku kongera ingufu ingabo zoherejwe mu burasirazuba bwa DRC mu rwego rwo guhangana n’ibikorwa bihungabanya umutekano by’imitwe nka M23 ndetse na ADF n’indi mitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano.”

Iyi nama yatangajwe nyuma y’iminsi micye imirwano yubuye muri Congo ihanganishije Igisirikare cya Congo FARDC n’umutwe wa M23, yubuye nyuma y’uko hongeye kuzamurwa amajwi y’uko ibintu muri Congo bishobora kongera kuba bibi.

Iyi nama izabera ku cyicaro gikuru cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, izaba irimo Abagaba Bakuru b’Ingabo mu Bihugu biyoboye imiryango ine irimo uwa ECCAS, EAC, ICGLR ndetse na SADC.

Iyi miryango uko ari ine kandi isanzwe irimo Ibihugu nka DRC n’u Rwanda binarebwa n’ibibazo bizaganirwaho, mu gihe Ibihugu nka Angola, Burundi, Equatorial Guinea, Kenya, Uganda, Sudan y’Epfo na Zambia na byo bibarizwa muri iyo miryango, biri muri gahunda yo gutanga umusanzu mu by’ingabo, binyuze mu Miryango nka AU ndetse UN.

Iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, izabanzirizwa n’inama y’impuguke izaba kuva ku wa Gatatu kugeza ku wa Kane, bucye haba iyi y’Abagaba Bakuru b’Ingabo.

Umuryango wa SADC na wo urateganya kohereza ingabo mu burasirazuba bwa DRC mu minsi ya vuba, ndetse hari amakuru avuga ko abayobozi b’uyu muryango bahuye muri Nzeri kugira ngo baganire ku buryo bwo kohereza izo ngabo.

Ni mu gihe kandi Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, wo wohereje ingabo mu burasirazuba bwa DRC, ndetse zikaba ziherutse kongererwa igihe kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 10 =

Previous Post

Abakobwa bambara impenure n’abasore basuka imisatsi akabo kashobotse muri Tanzania

Next Post

Jamaica: Abanyeshuri 60 bajyanywe mu bitaro igitaraganya ku mpamvu idasanzwe

Related Posts

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Colonel Bonfort Ndoreraho usanzwe ari Komiseri Mukuru wa polisi y’Intara ya Ngozi mu Burundi, ari mu maboko y’urwego rushinzwe iperereza...

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jamaica: Abanyeshuri 60 bajyanywe mu bitaro igitaraganya ku mpamvu idasanzwe

Jamaica: Abanyeshuri 60 bajyanywe mu bitaro igitaraganya ku mpamvu idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.