Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’ukwezi undi wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yahawe inshingano mu kigo mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyuma y’ukwezi undi wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yahawe inshingano mu kigo mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ukwezi kumwe Dr Gerardine Mukeshimana wabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, ahawe inshingano mu Kigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD), na Fanfan Rwanyindo Kayirangwa na we wabaye muri Guverinoma, yahawe inshingano mu Muryango Mpuzamahanga w’Umurimo (ILO).

Izi nshingano zahawe Fanfan Rwanyindo Kayirangwa, zatangajwe mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 06, ryashyizwe hanze n’Umuyobozi Mukuru w’Uyu muryango ILO (International Labour Organization).

Umuyobozi Mukuru wa ILO, Gilbert F. Houngbo yagize Fanfan Rwanyindo, Umuyobozi Mukuru umwungirije, akazaba ari na we ukuriye uyu Muryango muri Afurika, aho azatangira izi nshingano tariki 01 z’ukwezi gutaha k’Ukwakira 2023.

Fanfan yari amaze ibyumweru bibiri akuwe muri Guverinoma y’u Rwanda, aho yari yavanywe ku mwanya wa Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, mu mavugurura yakozwe na Perezida Paul Kagame tariki 22 Kanama 2023.

Muri aya mavugurura, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa, yasimbuwe na Prof Jeannette Bayisenge, wari usanzwe ari Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango.

Fanfan ahawe izi nshingano mu muryango mpuzamahanga, nyuma y’ukwezi kumwe na Dr Gerardine Mukeshimana wabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, we agizwe Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi (IFAD).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + five =

Previous Post

Nigeria: Hatangiye gusuzumwa ikirego gishobora kuzafatwamo icyemezo cy’amateka

Next Post

Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe

Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.