Thursday, June 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

radiotv10by radiotv10
26/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, uri mu bahuza mu biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, nyuma yo kwakirwa na Perezida Paul Kagame, yahise yerecyeza i Kinshasa anaganira na Tshisekedi, aho yavuze ko ibiganiro yagiranye n’Abayobozi bombi, byari byiza, kandi ko agiye gushyikiriza raporo Perezida wa Togo wahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Olusegun Obasanjo yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro hirya y’ejo hashize, ku wa Kabiri tariki 24 Kamena 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Obasanjo, byagarutse ku mahoro mu karere.

Nyuma y’uru ruzinduko Olusegun Obasanjo yagiriye mu Rwanda, yahise yerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na ho yakirwa n’Umukuru w’iki Gihugu Félix Tshisekedi.

Perezidansi ya DRC, ivuga ko kuri uyu wa Gatatu “Perezida Félix Tshisekedi yahuye n’uwabaye Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, umwe mu bahuza bashyizweho n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango Uharanira Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika yo mu Majyepfo (SADC) mu gushaka ibisubizo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, bivuga ko nyuma y’ikiganiro cyamaze amasaha hafi abiri, Obasanjo yavuze ko yagiye muri Congo avuye no mu Rwanda, mu ruzinduko rugamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Ibiganiro nagiranye n’abavandimwe banje babiri b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demomakarasi ya Congo, biri mu nzira nziza.”

Obasanjo yatangaje ko azahita yerecyeza muri Togo, guhura na Perezida w’iki Gihugu, Faure Gnassingbé wagawe ishingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho azamushyikiriza raporo y’uru ruzinduko rwe yagiriye mu Bihugu byombi [u Rwanda na DRC].

Yagize ati “Dufite umuhuza washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ari we Faure Gnassingbé, Perezida wa Togo. Nzajya i Lomé kumugezaho Raporo kugira ngo harebwe igikwiye gukorwa kugira ngo amahoro arambye aboneke mu karere.”

Olusegun Obasanjo kandi yaboneyeho gushima intambwe ikomeje guterwa mu biganiro biriho bikorwa na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America na Qatar, avuga ko na byo ari ibyo guha agaciro.

Ku wa Kabiri Obasanjo yari yakiriwe na Perezida Kagame

Bucyeye bwaho kuri uyu wa Gatatu yakiriwe na Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

Next Post

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Related Posts

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
26/06/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko inyandiko izashyirwaho umukono kuri uyu wa Gatanu, ari amasezerano y’amahoro hagati...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

by radiotv10
26/06/2025
0

Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, haravugwa urupfu rw’umugabo wakubiswe ifuni na mugenzi we yashinjaga kumuca inyuma akamusambanyiriza...

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

by radiotv10
26/06/2025
0

Ububiko bwa Kompanyi ikusanya ibishingwe bigarwamo ibindi bikoresho, buherereye mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bwibasiwe n’inkongi y’umuriro...

Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere

Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere

by radiotv10
25/06/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Dr. Akinwumi Adesina wabaye Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), uri mu...

Urubyiruko rw’u Rwanda rurasabwa kubyaza umusaruro amahirwe yo gushora imari mu Isoko ry’Imari n’Imigabane

Rwanda’s youth urged to seize investment opportunities at Capital Market Youth Forum 2025

by radiotv10
25/06/2025
0

Driven by Rwanda’s strategy to raise a financially empowered generation, the Capital Market Authority (CMA) in collaboration with the Rwanda...

IZIHERUKA

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana
FOOTBALL

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

26/06/2025
Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

26/06/2025
Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

26/06/2025
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

26/06/2025
Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

26/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.