Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Operasiyo ihuriweho n’Igisirikare cya Congo n’icya Uganda yongerewe igihe

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in Uncategorized
0
Operasiyo ihuriweho n’Igisirikare cya Congo n’icya Uganda yongerewe igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa bihuriwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF), bigamije kurandura umutwe wa ADF urwanya Uganda, byongereweho amezi abiri.

Itangazo ryongerera igihe ibi bikorwa, ryasinywe kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena muri Uganda nyuma y’ibiganiro byahuje amatsinda y’Ibihugu byombi yari ayobowe n’abasirikare bakuru bayoboye ibi bikorwa.

Itsinda ry’Igisirikare cya DRCongo (FARDC) riyobowe na Maj Gen Bombele Lohola Camille mu gihe ku ruhande rwa UPDF riyobowe na Maj Gen Kayanja Muhanga.

Ibi bikorwa (Operation) bya FARDC ifatanyijemo na UPDF byiswe ‘Shujaa’ bigamije kurandura umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ibikorwa bisubiwemo ku nshuro ya gatatu aho Maj Gen Bombele Lohola Camille yatangaje ko uyu mutwe utaratsinsurwa burundu.

Yagize ati “Turasaba abaturage b’Ibihugu byombi kudusangiza amakuru azadufasha kubona abarwanyi ba ADF aho bari hose aho bahungiye mu matsinda matomato uyu mundi ari kugerageza kubura umutwe.”

Nyuma yuko hasinywe aya masezerano yo kongera igihe ibi bikorwa bihuriweho na FARDC na UPDF, abasirikare ba Uganda barakomeza akazi kazoo ko guhashya uyu mutwe wa ADF.

Uganda yari yohereje abasirikare bagera mu 1 700 muri DRC, gusa mu minsi ishize iyi operasiyo yiswe ‘Shujaa’ yahuye n’imbogamizi ndetse Uganda yameza gucyura aba basirikare nyuma yuko hajemo impaka.

Bamwe mu bategetsi muri DRC bavugaga ko abasirikare ba UPDF binjiye muri iki Gihugu bitumvikanyweho n’impande zose z’inzego za DRC zirebwa n’ibi bikorwa.

Indi mpamvu kandi yari uko Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda iheruka kwanga gutora umwanzuro wo kongera ingengo y’imari ingabo za UPDF ziri muri DRCongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − sixteen =

Previous Post

DRCongo: Abaturage ibihumbi biraye mu mihanda basaba Igihugu cyabo guca ukubiri n’u Rwanda

Next Post

Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.