Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Umunyarwanda Laurent Bucyibaruta ruri kubera i Paris mu Bufaransa, uyu munsi humviswe ubusesenguzi bwa Dismas Nsengiyaremye wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda hagati ya 1992-1993 wagaragaje ko Jenoside Yakorewe Abatutsi yateguwe ndetse n’ibikorwa byayibanjirije.

Muri uru rubanza ruri kuburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, kuri uyu wa Mbere humviswe uyu Dismas Nsengiyaremye wahamagajwe n’umusesenguzi uzi ibyabaye mu Rwanda.

Dismas Nsengiyaremye w’imyaka 77, yagarutse ku itegurwa rya Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse n’umugambi wayo by’umwihariko avuga ku ijambo rutwitsi ryavuzwe na Dr Mugesera Leon yise amahembe ane ya shitani.

Iri jambo ryavuzwe na Mugesera mu 1993, ryumvikanamo gukangurira Abahutu kwanga Abatutsi ndetse abahamagarira kubica.

Nsengiyaremye Disimas yavuze ko ubwo Mugesera yavugaga iri jambo, yategetse ko uyu mugabo wamaze no guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, gufatwa agafungwa ariko icyo gihe ngo yaje guhungira muri Canada.

Yagize ati “Yari imbwirwahame biba urwango kandi ikangurira Abahutu kwanga Abatutsi nanjye ubwanjye kuko yanciraga urwo gupfa, kuko yari inyuranyije n’ibyemewe na MDR n’amashyaka atavuga rumwe na yo.”

Nsengiyaremye Disimas yakomeje agira ati “Nyuma y’iiryo jambo nasabye ko Mugesera yatabwa muri yombi ariko aza guhungishwa ajyanwa muri Canada.”

Uyu mugabo wasesenguraga ku mugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi, yanavuze ku munyapolitiki Landoald Ndasingwa [Lando] wishwe azira ibitekerezo bye byiza byo kurwanya umugambi wa Jenoside.

Nsengiyaremye Disimas yavuze ko uyu mugabo Lando yari umugabo w’inyangamugayo, ushishoza kandi uzi ubwenge wifuzaga ko ibibi byabaye mu Rwanda bitaba ariko ko yarushijwe imbaraga n’intagondwa z’Abahutu bari inyuma y’uyu mugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Laurent Bucyibaruta wabaye Perefe w’icyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, ari kuburanishwa ku byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, aho akurikiranyweho kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi babarirwa mu bihumbi bari bahungiye ku ishuri rya Murambi bagiyeyo bizeye umutekano.

Muri uru rubanza rumaze icyumweru rutangiye, hateganyijwe kuzumvwamo abatangabuhamya 115.

Juventine MURAGIJEMARIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + two =

Previous Post

Ikiganiro cya mbere cya Jado Castar kuva yafungurwa: Yizeje kongera kumvikana vuba

Next Post

Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

by radiotv10
08/08/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rufunze Prof. Omar Munyaneza utari uzuza ukwezi akuwe mu nshingano zo kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, cyatangije ubukangurambaga buzatuma abantu bitabira gahunda zo kwibaruza kugira ngo bazahabwe irangamuntu koranabuhanga, izahabwa Abanyarwanda, impunzi...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
1

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

IZIHERUKA

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel
AMAHANGA

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

08/08/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

07/08/2025
Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.