Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Umunyarwanda Laurent Bucyibaruta ruri kubera i Paris mu Bufaransa, uyu munsi humviswe ubusesenguzi bwa Dismas Nsengiyaremye wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda hagati ya 1992-1993 wagaragaje ko Jenoside Yakorewe Abatutsi yateguwe ndetse n’ibikorwa byayibanjirije.

Muri uru rubanza ruri kuburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, kuri uyu wa Mbere humviswe uyu Dismas Nsengiyaremye wahamagajwe n’umusesenguzi uzi ibyabaye mu Rwanda.

Dismas Nsengiyaremye w’imyaka 77, yagarutse ku itegurwa rya Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse n’umugambi wayo by’umwihariko avuga ku ijambo rutwitsi ryavuzwe na Dr Mugesera Leon yise amahembe ane ya shitani.

Iri jambo ryavuzwe na Mugesera mu 1993, ryumvikanamo gukangurira Abahutu kwanga Abatutsi ndetse abahamagarira kubica.

Nsengiyaremye Disimas yavuze ko ubwo Mugesera yavugaga iri jambo, yategetse ko uyu mugabo wamaze no guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, gufatwa agafungwa ariko icyo gihe ngo yaje guhungira muri Canada.

Yagize ati “Yari imbwirwahame biba urwango kandi ikangurira Abahutu kwanga Abatutsi nanjye ubwanjye kuko yanciraga urwo gupfa, kuko yari inyuranyije n’ibyemewe na MDR n’amashyaka atavuga rumwe na yo.”

Nsengiyaremye Disimas yakomeje agira ati “Nyuma y’iiryo jambo nasabye ko Mugesera yatabwa muri yombi ariko aza guhungishwa ajyanwa muri Canada.”

Uyu mugabo wasesenguraga ku mugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi, yanavuze ku munyapolitiki Landoald Ndasingwa [Lando] wishwe azira ibitekerezo bye byiza byo kurwanya umugambi wa Jenoside.

Nsengiyaremye Disimas yavuze ko uyu mugabo Lando yari umugabo w’inyangamugayo, ushishoza kandi uzi ubwenge wifuzaga ko ibibi byabaye mu Rwanda bitaba ariko ko yarushijwe imbaraga n’intagondwa z’Abahutu bari inyuma y’uyu mugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Laurent Bucyibaruta wabaye Perefe w’icyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, ari kuburanishwa ku byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, aho akurikiranyweho kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi babarirwa mu bihumbi bari bahungiye ku ishuri rya Murambi bagiyeyo bizeye umutekano.

Muri uru rubanza rumaze icyumweru rutangiye, hateganyijwe kuzumvwamo abatangabuhamya 115.

Juventine MURAGIJEMARIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 10 =

Previous Post

Ikiganiro cya mbere cya Jado Castar kuva yafungurwa: Yizeje kongera kumvikana vuba

Next Post

Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.