Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bunganira Pasiteri Sindayigaya Theophile ukurikiranyweho kunyereza Miliyoni 32 Frw mu kubaka Piscine ya Hotel y’Itorero rya ADEPR iri ku Gisozi, yasabye Urukiko kuzajya kuri iyi hoteli kureba ko ubwo bwogero budahari ku buryo yaregwa kunyereza amafaranga yagenewe kuyubaka.

Uru rubanza rw’Ubujurire ruregwamo bamwe mu bahoze ari abayobozi b’Itorero rya ADEPR bakurikiranyweho kunyereza amafaranga abarirwa muri za Miliyari, rwasubukuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2020.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruburanisha uru rubanza, rwahaye umwanya Ubushinjacyaha ngo busobanure impamvu z’ubujurire bwabwo, bugaruka kuri bamwe mu baregwa barimo Pasiteri Sindayigaya Theophile, bushinja kunyereza Miliyoni 32Frw mu kubaka ubwogero bwa Hoteli Dove.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu Pasiteri Sindayigaya Theophile yahawe izi miliyoni nyamara atari we wubatse iyi Piscine ahubwo yarubatswe na Ngarambe.

Umushinjacyaha yasabye Urukiko kuzagumishaho igihano cyahawe Pasiteri Sindayigaya Theophile cyo gufungwa imyaka 7 no gusubiza miliyoni 32Frw.

Uyu mukozi w’Imana na we wahawe umwanya wo kwiregura, yabwiye urukiko ko ibyavuzwe n’Ubushinjacyaha ari ibinyoma.

Yavuze ko atakorewe ubugenzuzi ngo bugaragaze ko yanyereje izi miliyoni 32 Frw kandi ko Piscine ashinjwa kunyereza umutungo wayo, yubatswe ndetse n’ubu igihari ikaba ikoreshwa.

Pasiteri Sindayigaya Theophile yavuze ko iriya Piscine yari yahawe agaciro ka Miliyoni 67 Frw ariko we ziriya Miliyoni 32 Frw yahawe zari izo kugura ibikoresho birimo sima ndetse n’ibyuma byo kubakisha.

Yatangaje ko aya mafaranga yahawe yayakoresheje icyo yagenewe ndetse ko ibyo bikoresho yabiguze muri Quincallerie ya Mukabera Mediatrice, na we akaza kubishyikiriza Mukakamari wari ushinzwe kubika ibikoresho byo kubaka Dove Hotel.

Pasiteri Sindayigaya Theophile yavuze ko iyi Piscine igihari kandi ko yubatswe n’ibikoresho yaguriye ariya mafaranga.

Me Bayingana Janvier umwe mu bungaira Pasiteri Sindayigaya Theophile, we yasabye Urukiko kuzajya ahari Dove Hotel ku Gisosi rukareba ko iyi piscine idahari koko.

Uyu munyamategeko yanasabye Urukiko kuzahamagaza uwitwa Ngarambe wubakishije iyo piscine kugira ngo avuge ahavuye amafaranga yakoreshwejwe.

Me Bayingana Janvier yasabye Urukiko kuzagira umwere umukiliya we rukamuhanaguraho ibyaha kuko ntabyo yakoze.

Abandi baregwa muri uru rubanza, na bo bahawe umwanya barisobanura. Uru rubanza rurakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − one =

Previous Post

Honduras: Uwahoze ari Perezida ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yatawe muri yombi bisabwe na USA ahita yoherezwayo

Next Post

Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.