Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bunganira Pasiteri Sindayigaya Theophile ukurikiranyweho kunyereza Miliyoni 32 Frw mu kubaka Piscine ya Hotel y’Itorero rya ADEPR iri ku Gisozi, yasabye Urukiko kuzajya kuri iyi hoteli kureba ko ubwo bwogero budahari ku buryo yaregwa kunyereza amafaranga yagenewe kuyubaka.

Uru rubanza rw’Ubujurire ruregwamo bamwe mu bahoze ari abayobozi b’Itorero rya ADEPR bakurikiranyweho kunyereza amafaranga abarirwa muri za Miliyari, rwasubukuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2020.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruburanisha uru rubanza, rwahaye umwanya Ubushinjacyaha ngo busobanure impamvu z’ubujurire bwabwo, bugaruka kuri bamwe mu baregwa barimo Pasiteri Sindayigaya Theophile, bushinja kunyereza Miliyoni 32Frw mu kubaka ubwogero bwa Hoteli Dove.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu Pasiteri Sindayigaya Theophile yahawe izi miliyoni nyamara atari we wubatse iyi Piscine ahubwo yarubatswe na Ngarambe.

Umushinjacyaha yasabye Urukiko kuzagumishaho igihano cyahawe Pasiteri Sindayigaya Theophile cyo gufungwa imyaka 7 no gusubiza miliyoni 32Frw.

Uyu mukozi w’Imana na we wahawe umwanya wo kwiregura, yabwiye urukiko ko ibyavuzwe n’Ubushinjacyaha ari ibinyoma.

Yavuze ko atakorewe ubugenzuzi ngo bugaragaze ko yanyereje izi miliyoni 32 Frw kandi ko Piscine ashinjwa kunyereza umutungo wayo, yubatswe ndetse n’ubu igihari ikaba ikoreshwa.

Pasiteri Sindayigaya Theophile yavuze ko iriya Piscine yari yahawe agaciro ka Miliyoni 67 Frw ariko we ziriya Miliyoni 32 Frw yahawe zari izo kugura ibikoresho birimo sima ndetse n’ibyuma byo kubakisha.

Yatangaje ko aya mafaranga yahawe yayakoresheje icyo yagenewe ndetse ko ibyo bikoresho yabiguze muri Quincallerie ya Mukabera Mediatrice, na we akaza kubishyikiriza Mukakamari wari ushinzwe kubika ibikoresho byo kubaka Dove Hotel.

Pasiteri Sindayigaya Theophile yavuze ko iyi Piscine igihari kandi ko yubatswe n’ibikoresho yaguriye ariya mafaranga.

Me Bayingana Janvier umwe mu bungaira Pasiteri Sindayigaya Theophile, we yasabye Urukiko kuzajya ahari Dove Hotel ku Gisosi rukareba ko iyi piscine idahari koko.

Uyu munyamategeko yanasabye Urukiko kuzahamagaza uwitwa Ngarambe wubakishije iyo piscine kugira ngo avuge ahavuye amafaranga yakoreshwejwe.

Me Bayingana Janvier yasabye Urukiko kuzagira umwere umukiliya we rukamuhanaguraho ibyaha kuko ntabyo yakoze.

Abandi baregwa muri uru rubanza, na bo bahawe umwanya barisobanura. Uru rubanza rurakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 2 =

Previous Post

Honduras: Uwahoze ari Perezida ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yatawe muri yombi bisabwe na USA ahita yoherezwayo

Next Post

Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.