Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bunganira Pasiteri Sindayigaya Theophile ukurikiranyweho kunyereza Miliyoni 32 Frw mu kubaka Piscine ya Hotel y’Itorero rya ADEPR iri ku Gisozi, yasabye Urukiko kuzajya kuri iyi hoteli kureba ko ubwo bwogero budahari ku buryo yaregwa kunyereza amafaranga yagenewe kuyubaka.

Uru rubanza rw’Ubujurire ruregwamo bamwe mu bahoze ari abayobozi b’Itorero rya ADEPR bakurikiranyweho kunyereza amafaranga abarirwa muri za Miliyari, rwasubukuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2020.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruburanisha uru rubanza, rwahaye umwanya Ubushinjacyaha ngo busobanure impamvu z’ubujurire bwabwo, bugaruka kuri bamwe mu baregwa barimo Pasiteri Sindayigaya Theophile, bushinja kunyereza Miliyoni 32Frw mu kubaka ubwogero bwa Hoteli Dove.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu Pasiteri Sindayigaya Theophile yahawe izi miliyoni nyamara atari we wubatse iyi Piscine ahubwo yarubatswe na Ngarambe.

Umushinjacyaha yasabye Urukiko kuzagumishaho igihano cyahawe Pasiteri Sindayigaya Theophile cyo gufungwa imyaka 7 no gusubiza miliyoni 32Frw.

Uyu mukozi w’Imana na we wahawe umwanya wo kwiregura, yabwiye urukiko ko ibyavuzwe n’Ubushinjacyaha ari ibinyoma.

Yavuze ko atakorewe ubugenzuzi ngo bugaragaze ko yanyereje izi miliyoni 32 Frw kandi ko Piscine ashinjwa kunyereza umutungo wayo, yubatswe ndetse n’ubu igihari ikaba ikoreshwa.

Pasiteri Sindayigaya Theophile yavuze ko iriya Piscine yari yahawe agaciro ka Miliyoni 67 Frw ariko we ziriya Miliyoni 32 Frw yahawe zari izo kugura ibikoresho birimo sima ndetse n’ibyuma byo kubakisha.

Yatangaje ko aya mafaranga yahawe yayakoresheje icyo yagenewe ndetse ko ibyo bikoresho yabiguze muri Quincallerie ya Mukabera Mediatrice, na we akaza kubishyikiriza Mukakamari wari ushinzwe kubika ibikoresho byo kubaka Dove Hotel.

Pasiteri Sindayigaya Theophile yavuze ko iyi Piscine igihari kandi ko yubatswe n’ibikoresho yaguriye ariya mafaranga.

Me Bayingana Janvier umwe mu bungaira Pasiteri Sindayigaya Theophile, we yasabye Urukiko kuzajya ahari Dove Hotel ku Gisosi rukareba ko iyi piscine idahari koko.

Uyu munyamategeko yanasabye Urukiko kuzahamagaza uwitwa Ngarambe wubakishije iyo piscine kugira ngo avuge ahavuye amafaranga yakoreshwejwe.

Me Bayingana Janvier yasabye Urukiko kuzagira umwere umukiliya we rukamuhanaguraho ibyaha kuko ntabyo yakoze.

Abandi baregwa muri uru rubanza, na bo bahawe umwanya barisobanura. Uru rubanza rurakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − two =

Previous Post

Honduras: Uwahoze ari Perezida ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yatawe muri yombi bisabwe na USA ahita yoherezwayo

Next Post

Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko rya Miliyoni 248 araburana na Minisiteri y’Ingabo ashinja kumuteranya n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.