• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze kugera muri Angola, ari na rwo rugendo rwa mbere rushobora kuba ari na rwo rwa nyuma akoreye muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara nka Perezida.

Biden yageze muri Angola mu masaha y’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, nyuma yo kubanza kunyura muri Cape Verde aho indege ya Air Force One yabanje guca, akanahahurira na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Ulisses Correia e Silva akanashimira iki Gihugu cy’Ikirwa ku bw’inkunga cyahaye Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya. Biden yahise yerecyeza i Luanda muri Angola, aho yari ategerejwe.

Yahageze mu masaha y’ijoro, yakirwa n’abarimo Ambasade wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Angola, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ukuboza 2024, aza gusura ibikorwa binyuranye birimo ingoro ndangamateka y’ubucakara.

Biteganyijwe kandi ko ku wa Gatatu azataha umuhanda mushya wa Gari ya Moshi, watwaye Miliyari 1$ uherereye mu majyepfo y’iki Gihugu.

Biden yagiye yizeza Ibihugu byo muri Afurika y’Ubutayu bwa Sahara, kubigenderera n’imikoranire, ariko urugendo rwe rukaba ruje mu minsi ye ya nyuma ari muri White House, kuko mu kwezi gutaha kwa Mutarama 2025 azasimburwa na Donald Trump uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Ubwo Biden yajyaga ku butegetsi, yari yizeye ko Afurika izakomeza guhanga amaso Igihugu cye cya Leta Zunze Ubumwe za America, dore ko gikomeje gukubana n’u Bushinwa butacyoroheye mu kwiyegereza no gucuruzanya n’uyu Mugabane wa Afurika

Biden yagiriye uruzinduko muri Afurika nyuma yuko ahaye imbabazi umuhungu we Hunter Biden washinjwaga ibyaha birimo kunyereza imisoro no gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Agendereye uyu Mugabane kandi mu gihe ukomeje kuvugwamo ibibazo birimo iby’umutekano, aho mu Karere k’Ibiyaga Bigari byumwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje kudogera.

Ni mu gihe iki Gihugu cya Angola yagendereye, cyanahawe n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe inshingano zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, kikaba gifasha iki Gihugu n’u Rwanda mu biganiro byitezwemo umuti w’ibi bibazo.

Biden ubwo yari ku kibuga cy’Indege i Luanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

Next Post

Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.