Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze kugera muri Angola, ari na rwo rugendo rwa mbere rushobora kuba ari na rwo rwa nyuma akoreye muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara nka Perezida.

Biden yageze muri Angola mu masaha y’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, nyuma yo kubanza kunyura muri Cape Verde aho indege ya Air Force One yabanje guca, akanahahurira na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Ulisses Correia e Silva akanashimira iki Gihugu cy’Ikirwa ku bw’inkunga cyahaye Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya. Biden yahise yerecyeza i Luanda muri Angola, aho yari ategerejwe.

Yahageze mu masaha y’ijoro, yakirwa n’abarimo Ambasade wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Angola, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ukuboza 2024, aza gusura ibikorwa binyuranye birimo ingoro ndangamateka y’ubucakara.

Biteganyijwe kandi ko ku wa Gatatu azataha umuhanda mushya wa Gari ya Moshi, watwaye Miliyari 1$ uherereye mu majyepfo y’iki Gihugu.

Biden yagiye yizeza Ibihugu byo muri Afurika y’Ubutayu bwa Sahara, kubigenderera n’imikoranire, ariko urugendo rwe rukaba ruje mu minsi ye ya nyuma ari muri White House, kuko mu kwezi gutaha kwa Mutarama 2025 azasimburwa na Donald Trump uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Ubwo Biden yajyaga ku butegetsi, yari yizeye ko Afurika izakomeza guhanga amaso Igihugu cye cya Leta Zunze Ubumwe za America, dore ko gikomeje gukubana n’u Bushinwa butacyoroheye mu kwiyegereza no gucuruzanya n’uyu Mugabane wa Afurika

Biden yagiriye uruzinduko muri Afurika nyuma yuko ahaye imbabazi umuhungu we Hunter Biden washinjwaga ibyaha birimo kunyereza imisoro no gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Agendereye uyu Mugabane kandi mu gihe ukomeje kuvugwamo ibibazo birimo iby’umutekano, aho mu Karere k’Ibiyaga Bigari byumwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje kudogera.

Ni mu gihe iki Gihugu cya Angola yagendereye, cyanahawe n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe inshingano zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, kikaba gifasha iki Gihugu n’u Rwanda mu biganiro byitezwemo umuti w’ibi bibazo.

Biden ubwo yari ku kibuga cy’Indege i Luanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

Next Post

Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.