Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Ethiopia, ahateganyijwe Inteko Rusange ya 37 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu butumwa bwatambutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Gashyantare, avuga ko Perezida Kagame yageze ahagomba kubera iyi Nteko rusanga y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ubu butumwa bugira buti “Perezida Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethipia aho yifatanya n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Mugabane wa Afurika mu Nteko Rusange isanzwe ya 37 ihuriza hamwe Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Perezida Paul Kagame usanzwe anafite inshingano zo kuyobora amavugurura y’uyu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yitabiriye iyi Nteko Rusange y’uyu Muryango nyuma y’icyumweru kimwe ayoboye inama yahuje itsinda rimufasha muri izi nshingano.

Iyi nama yayobowe na Perezida Kagame mu buryo bw’ikoranabuhanga, yanakurikiranywe na Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat yari no mu murongo wo gutegura iyi Nteko Rusange iri kuba muri iki Cyumweru.

Iyi nama yayobowe na Perezida Kagame mu cyumweru gishize, yanarebeye hamwe aho gushyira mu bikorwa amavugurura y’uyu Muryango bigeze ndetse n’uburyo warushaho kwihaza mu bushobozi bw’imari.

Mu bikorwa by’iyi Nteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024, Abakuru b’Ibihugu bazagirana ikiganiro ku bushobozi bw’Inzego z’uyu Muryango mu bijyanye n’imari, ndeste n’impinduka zikwiyemo.

Perezida Kagame ubwo yari ageze i Addis Ababa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

Next Post

Bidasubirwaho rutahizamu uri mu bahanzwe amaso yamenyesheje ikipe ye icyemezo cye ku kuyivamo

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho rutahizamu uri mu bahanzwe amaso yamenyesheje ikipe ye icyemezo cye ku kuyivamo

Bidasubirwaho rutahizamu uri mu bahanzwe amaso yamenyesheje ikipe ye icyemezo cye ku kuyivamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.