Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Ethiopia, ahateganyijwe Inteko Rusange ya 37 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu butumwa bwatambutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Gashyantare, avuga ko Perezida Kagame yageze ahagomba kubera iyi Nteko rusanga y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ubu butumwa bugira buti “Perezida Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethipia aho yifatanya n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Mugabane wa Afurika mu Nteko Rusange isanzwe ya 37 ihuriza hamwe Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Perezida Paul Kagame usanzwe anafite inshingano zo kuyobora amavugurura y’uyu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yitabiriye iyi Nteko Rusange y’uyu Muryango nyuma y’icyumweru kimwe ayoboye inama yahuje itsinda rimufasha muri izi nshingano.

Iyi nama yayobowe na Perezida Kagame mu buryo bw’ikoranabuhanga, yanakurikiranywe na Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat yari no mu murongo wo gutegura iyi Nteko Rusange iri kuba muri iki Cyumweru.

Iyi nama yayobowe na Perezida Kagame mu cyumweru gishize, yanarebeye hamwe aho gushyira mu bikorwa amavugurura y’uyu Muryango bigeze ndetse n’uburyo warushaho kwihaza mu bushobozi bw’imari.

Mu bikorwa by’iyi Nteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024, Abakuru b’Ibihugu bazagirana ikiganiro ku bushobozi bw’Inzego z’uyu Muryango mu bijyanye n’imari, ndeste n’impinduka zikwiyemo.

Perezida Kagame ubwo yari ageze i Addis Ababa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

Next Post

Bidasubirwaho rutahizamu uri mu bahanzwe amaso yamenyesheje ikipe ye icyemezo cye ku kuyivamo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho rutahizamu uri mu bahanzwe amaso yamenyesheje ikipe ye icyemezo cye ku kuyivamo

Bidasubirwaho rutahizamu uri mu bahanzwe amaso yamenyesheje ikipe ye icyemezo cye ku kuyivamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.