Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame bwa mbere yavuze birambuye ku bibazo by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame bwa mbere yavuze birambuye ku bibazo by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze birambuye ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza uburyo u Rwanda rwakunze gufatwa nk’intsina ngufi rukegekwaho ibibazo rutagizemo uruhare, abakabikemuye bakirengagiza umuzi w’ibibazo biri muri iki Gihugu cy’igituranyi.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagarutse ku kibazo cy’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ubundi adakunze gusubiza ku birego bikunze kuzamurwa n’iki Gihugu, avuga ko yifuza kukivugaho bihagije uyu munsi ariko akazongera kukivugaho cyera.

Avuga ko kirimo ibibazo byinshi kubera abakigarukwamo barimo M23, FDLR, MONUSCO ndetse n’indi miryango mpuzamahanga.

Ati “Icya mbere byari bikwiye kuba ikimwaro kuri abo bantu bose, kuba turi benshi ariko kandi dufite byinshi mu bijyanye n’ubushobozi tugahora tuvuga gukemura ikibazo kandi cyoroshye gukemurwa nkuko mbibona ariko kigafata imyaka myinshi kitarakemurwa.”

Yavuze ko abantu bashobora kwibaza uburyo ibi bibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo ndetse no mu karere, bihagurutsa amahanga yose arimo n’Ibihugu by’ibihangange ariko bakakinyura hejuru batunga intoki abandi ariko bo bakibagirwa uruhare rwabo.

Ati “Bagafata ibyo bibazo byose biremereye bakabyegeka ku ntugu z’u Rwanda. U Rwanda rwabaye intsina ngufi buri gihe, bakabikura kuri FDLR bakabikura kuri Guverinoma ya Congo yagakwiye kwirengera ibibazo by’abaturage bayo, ntibibe ibya UN, ntabwo ari iby’Ibihugu bikomeye nka America, UK, France n’ibindi byinshi, ahubwo bakabyegeka ku Rwanda iteka ryose. Noneho bakavuga ngo ni M23 ifashwa n’u Rwanda”

Yifashishije umugani w’Ikiswahili, yavuze ko u Rwanda rwagizwe nk’intsina ngufi icibwaho urukoma.

Ati “Iyo bagutumye guca urukoma mu rutoki, amakoma baca ni iy’intsina ngufi, iy’intsina ndende barayihorera.”

Yavuze ko aba batekereza ko u Rwanda ari intsina ngufi kandi koko rudafite imitungo kamere nk’iyo Congo ifite, ariko ko bibeshya cyane.

Ati “Mu bugufi bwacu yego nta bushobozi buhambaye dufite ariko dufite inzira n’uburyo. Abatekereza ko bazajya bahora baducaho amakoma bumva ko turi intsina ngufi, ntibazi uko bibeshya”

Yanagarutse ku bindi birego byakunze kugerekwa ku Rwanda ko rwiba imitungo kamere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ati “Ikintu kimwe tutari cyo, ntabwo turi abajura. Dukoresha ibyo dufite”

Ikibazo kandi ni uko ibyo Bihugu bikomeye bishinja u Rwanda kwiba imitungo ya Congo, bisanzwe binaruha inkunga kandi igakoreshwa neza mu gihe muri icyo Gihugu udashobora kubona icyavuye muri iyo mitungo n’inkunga na yo bayiha.

Yavuze ko hari bamwe bifuza ko ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byagumaho kubera inyungu babifitemo.

Yagarutse ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), avuga ko intego nyamukuru yazizanye mu myaka 22 ishize, kwari ukurwanya umutwe wa FDLR n’indi mitwe.

Ati “Ariko nta munsi n’umwe habe n’umwe nzi izo ngabo zaba zararwanyije FDLR mu rwego rwo kuyirandura ahubwo bashyize imbaraga mu kurwanya M23.”

Yavuze ko u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko ikibazo kiri gushakirwa umuti ntaho gihuriye n’ikibazo nyirizina ndetse ko n’uburyo bahisemo mu kugishakira umuti atari bwo bwari bukwiye gukoreshwa.

Ati “Twaberetse ko iki atari ikibazo gikeneye imbaraga za gisirikare, ni ikibazo gishingiye kuri politiki, mwari mukeneye kwicara nka Guverinoma ya Congo mukagishakira umuti ariko banze kutwumva.”

Yavuze ko nko ku mutwe wa M23, hari abarwanyi bayo bahungiye mu Rwanda, bakamburwa intwaro, bagashyirwa mu nkambi, ndetse u Rwanda rukabafasha uko baganira na Guverinoma ya Congo Kinshasa, rimwe bakajyayo bakamara amezi n’amezi nta muyobozi n’umwe wa Congo uraza kubavugisha.

Ati “Kugeza ubwo bafashe icyemezo simbizi niba baratorotse bakagenda, none ikibazo kiragarutse cyongera kwegekwa ku Rwanda.”

Yavuze kandi ko iki kibazo cyaganiriweho inshuro nyinshi ariko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwanze kubahiriza imyanzuro yose yagiye igifatwaho.

Guverinoma ya Congo yakunze kuvuga ko abo bantu (M23 n’igice cy’Abanyekongo irwanira) bagomba gusubira aho baturutse.

Perezida Kagame yagize ati “Noneho tukababaza tuti ‘baturutse he? Cyangwa bahavuye ryari?’ kuko ni yo baba baturutse hano ariko baba bakomoka he mbere yuko baza hano…Ku bw’amahirwe abayobozi ba Congo basubiza ko ari Abanyakongo, noneho ndavuga nti ‘noneho twaganira kuko njye nakekaga ko muvuga ko ari Abanyarwanda kuko bavuga ikinyarwanda’.”

Yavuze ko kabone nubwo hari Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ariko ari Abanyekongo kuko bafite ibisekuru byabo muri Kongo.

 

Amayeri yo gusubika amatora

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku kuba muri iki Gihugu cy’Igituranyi begereje igihe cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha, ku buryo kwegeka ibibazo ku Rwabda, byaba ari amayeri yo guhimba ibibazo byo gushaka gusubikisha amatora.

Ati “Yaba ashaka gusubika amatora kugira ngo atazaba, cyangwa se bibe nkuko byabaye mu matora yabanje nkuko tubizi, niba ari gushaka ubundi buryo amatora ataha yasubikwa, yagakwiye gukoresha andi mayeri atatitwaje.”

Umukuru w’u Rwanda wavuze ko u Rwanda rufite ibibazo byinshi rugomba kwikemurira rudakenye uruzana mu byarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 19 =

Previous Post

Amashusho ateye ubwuzu ya Perezida wa Liberia aramutsa umuhungu we ukinira USA

Next Post

Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.