Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Perezida Kagame, Erdogan na Macky Sall bateye umupira bafungura stade y’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na bagenzi be barimo Perezida Macky Sall wa Senegal, Recep Tayyeb Erdogan wa Turkia na George Weah wa Liberia; bafunguye ku mugaragaro stade yitiriwe Abdoulaye Wade wayoboye Senegal.

Ni umuhango wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, unanyuzwaho na Televiziyo Rwanda imbonankubone.

Uyu muhango wanatambutsemo imbwirwaruhame ya Perezida Macky Sall wavuze ko iyi stade ari iy’Umugabane wa Afurika, ikaba igamije kugaragaza ko uyu Mugabane ufite abanyempano muri ruhago.

Ni stade yitiriwe Perezida Abdoulaye Wade wayoboye Senegal, wayitiriwe kubera ibikorwa by’iterambere yagejeje kuri iki Gihugu.

Nyuma y’iri jambo rya Macky Sall, abakuru b’Ibihugu bine, barimo Macky Sall, Perezida Kagame w’u Rwanda, Recep Tayyeb Erdogan wa Turkia na George Weah wa Liberia ndetse na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino; binjiye mu kibuga cy’iyi Stade bayifungura batera agapira.

Ni igikorwa cyashimishije abaturage bari buzuye muri Stade gihita gikurikirwa n’imyotsi yahise ituritswa mu kibuga igaragaza ibyishimo by’iki gikorwa kigezweho muri iki Gihugu.

Muri uyu muhango bigaragara ko wari wateguwe bihebuje, wanitabiriwe na Perezida wa Gambia, Adama Barrow wa Gambia, na Umaro Sissoco Embaló wa Guinea Bissau, na Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Africa, Patrice Motsepe.

Uyu muhango wo gufungura iyi stade wahise ukurikirwa n’umukino wa gicuti wahuje abanyabigwi muri ruhago muri Senegal ndetse n’abakanyujijeho muri Afurika yose.

Perezida Kagame muri uyu muhango
Bafunguye iyi stade batera umupira
Perezida Erdogan wa Turkia na we yateye umupira
Umuhango wakurikiwe n’umukino w’abanyabigwi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 10 =

Previous Post

Muhanga: Imbwa y’umukozi w’Imana imereye nabi abaturage ibarya

Next Post

Valentine Rugwabiza wasimbuwe na Claver Gatete yishimiye aho asize ubufatanye bw’u Rwanda na UN

Related Posts

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwihanganishije umufana w’iyi kipe uherutse guhohoterwa n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri sitade, wamukubise umutego. Bikubiye...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

by radiotv10
13/05/2025
0

Bamwe mu bakozi b’ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, barataka inzara ibarembeje kubera kumara igihe kinini badahembwa,...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryababajwe n’igikorwa cyakozwe n’umwe mu bari bashinzwe umutekano ubwo Rayon Sports yahuraga...

IZIHERUKA

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi
SIPORO

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

13/05/2025
Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Valentine Rugwabiza wasimbuwe na Claver Gatete yishimiye aho asize ubufatanye bw’u Rwanda na UN

Valentine Rugwabiza wasimbuwe na Claver Gatete yishimiye aho asize ubufatanye bw’u Rwanda na UN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.