Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi ya Youth Connekt Rwanda, Perezida Paul Kagame yakiranywe ibyishimo na morali byo hejuru, aho urubyiruko rwanamugararije ko impanuro adahwema kurugezaho, zibafasha muri byose no kugera kuri byinshi rukomeje kugeraho.

Ku isaha ya saa tanu na mirongo itanu (11:50’), Perezida Paul Kagame yari ageze mu cyumba kigari cya Intare Arena ahateraniye urubyiruko, rwamwakiranye amashyi menshi n’ibyishimo ku rwego rwo hejuru.

Perezida Paul Kagame yagaragarijwe amashusho y’ibyagezweho na Youth Connekt muri iyi myaka icumi, aho yanatangije iri huriro, yizeza urubyiruko ko ejo habo ari heza, ariko ko bisaba ko rukoresha impano rufite kugira ngo ruzagere ku byo rwifuza.

Muri bimwe mu biganiro byatangiwe muri iri huriro muri iyi myaka icumi ishize, muri 2012, Umukuru w’u Rwanda yashimiye uru rubyiruko kuba rwarishyize hamwe kugira ngo rugere aho rwifuza kugera, ariko rukabikora rubanje kureba aho ruva kugira ngo hazarufashe kugera aha rwifuza.

Yagize ati “Aho mujya hameze neza, ibyiza bikiri imbere, kugira ngo umuntu abigereho atangira ubu, ntabwo abikorera ageze imbere, abikorera ubu.”

Umukuru w’u Rwanda kandi muri uwo mwaka yari yavuze ko Igihugu cyifuzwa cyariho cyubakwa, gikeneye amaboko ya buri wese harimo n’ay’urubyiruko nk’amaraso mashya.

Yagize ati “Igihugu gishya cy’u Rwanda twubaka, ni ukugira ngo impano ya buri muntu ayimenye akoreshe amahirwe ahari, iyo mpano imenyekane iyo mpano ye n’iy’undi bimenyekane, byubake umuryango wacu w’u Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda kandi mu bihe bitandukanye, yagiye ashishikariza urubyiruko gukora cyane, ndetse mu miyoborere y’Igihugu mu nzego nkuru agenda ashyiramo urubyiruko, ubu rwanahawe Minisiteri yarwo.

Nyuma y’aya mashusho agaragagaza ibyagezweho muri iyi myaka 10 ishize, Urubyiruko rukora mu byiciro binyuranye, rwagagaje intambwe rumaze kugeraho, rushimangira ko byinshi rubikesha impanuro za Perezida Paul Kagame ndetse n’amahirwe adahwema kuruha.

Ibi birori bibaye nyuma y’Iserukiramuco ry’Umuryango Giants of Africa, ryahuriyemo urubyiriko rwaturutse mu Bihugu 16 byo ku Mugabane wa Afurika.

Benshi mu batanze ubutumwa mu birori binyuranye by’iri serukiramuco, bashimiye Perezida Paul Kagame ku ruhare rukomeye akomeje mu guteza imbere urubyiruko.

By’umwihariko umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bataramiye uru rubyiruko, yagaragaje ibyishimo yagize byo guhura na Perezida Paul Kagame, anamushimira by’umwihariko uruhare runini agira mu gutuma urubyiruko rubasha kubyaza umusaruro impano zarwo, haba muri siporo ndetse no mu buhanzi.

Perezida Kagame yakiranywe morali yo hejuru
Perezida Kagame yashimiwe n’urubyiruko ku bw’impanuro adahwema kuruha
Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Utumatwishima
Umukinnyi wa Basketball Nshobozwabyosenumukiza na we yagaragaje urugendo rwe rwamugejeje kugera aho ageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 7 =

Previous Post

I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere

Next Post

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Related Posts

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

IZIHERUKA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World
IMIBEREHO MYIZA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.