Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi ya Youth Connekt Rwanda, Perezida Paul Kagame yakiranywe ibyishimo na morali byo hejuru, aho urubyiruko rwanamugararije ko impanuro adahwema kurugezaho, zibafasha muri byose no kugera kuri byinshi rukomeje kugeraho.

Ku isaha ya saa tanu na mirongo itanu (11:50’), Perezida Paul Kagame yari ageze mu cyumba kigari cya Intare Arena ahateraniye urubyiruko, rwamwakiranye amashyi menshi n’ibyishimo ku rwego rwo hejuru.

Perezida Paul Kagame yagaragarijwe amashusho y’ibyagezweho na Youth Connekt muri iyi myaka icumi, aho yanatangije iri huriro, yizeza urubyiruko ko ejo habo ari heza, ariko ko bisaba ko rukoresha impano rufite kugira ngo ruzagere ku byo rwifuza.

Muri bimwe mu biganiro byatangiwe muri iri huriro muri iyi myaka icumi ishize, muri 2012, Umukuru w’u Rwanda yashimiye uru rubyiruko kuba rwarishyize hamwe kugira ngo rugere aho rwifuza kugera, ariko rukabikora rubanje kureba aho ruva kugira ngo hazarufashe kugera aha rwifuza.

Yagize ati “Aho mujya hameze neza, ibyiza bikiri imbere, kugira ngo umuntu abigereho atangira ubu, ntabwo abikorera ageze imbere, abikorera ubu.”

Umukuru w’u Rwanda kandi muri uwo mwaka yari yavuze ko Igihugu cyifuzwa cyariho cyubakwa, gikeneye amaboko ya buri wese harimo n’ay’urubyiruko nk’amaraso mashya.

Yagize ati “Igihugu gishya cy’u Rwanda twubaka, ni ukugira ngo impano ya buri muntu ayimenye akoreshe amahirwe ahari, iyo mpano imenyekane iyo mpano ye n’iy’undi bimenyekane, byubake umuryango wacu w’u Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda kandi mu bihe bitandukanye, yagiye ashishikariza urubyiruko gukora cyane, ndetse mu miyoborere y’Igihugu mu nzego nkuru agenda ashyiramo urubyiruko, ubu rwanahawe Minisiteri yarwo.

Nyuma y’aya mashusho agaragagaza ibyagezweho muri iyi myaka 10 ishize, Urubyiruko rukora mu byiciro binyuranye, rwagagaje intambwe rumaze kugeraho, rushimangira ko byinshi rubikesha impanuro za Perezida Paul Kagame ndetse n’amahirwe adahwema kuruha.

Ibi birori bibaye nyuma y’Iserukiramuco ry’Umuryango Giants of Africa, ryahuriyemo urubyiriko rwaturutse mu Bihugu 16 byo ku Mugabane wa Afurika.

Benshi mu batanze ubutumwa mu birori binyuranye by’iri serukiramuco, bashimiye Perezida Paul Kagame ku ruhare rukomeye akomeje mu guteza imbere urubyiruko.

By’umwihariko umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bataramiye uru rubyiruko, yagaragaje ibyishimo yagize byo guhura na Perezida Paul Kagame, anamushimira by’umwihariko uruhare runini agira mu gutuma urubyiruko rubasha kubyaza umusaruro impano zarwo, haba muri siporo ndetse no mu buhanzi.

Perezida Kagame yakiranywe morali yo hejuru
Perezida Kagame yashimiwe n’urubyiruko ku bw’impanuro adahwema kuruha
Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Utumatwishima
Umukinnyi wa Basketball Nshobozwabyosenumukiza na we yagaragaje urugendo rwe rwamugejeje kugera aho ageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere

Next Post

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.