Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi ya Youth Connekt Rwanda, Perezida Paul Kagame yakiranywe ibyishimo na morali byo hejuru, aho urubyiruko rwanamugararije ko impanuro adahwema kurugezaho, zibafasha muri byose no kugera kuri byinshi rukomeje kugeraho.

Ku isaha ya saa tanu na mirongo itanu (11:50’), Perezida Paul Kagame yari ageze mu cyumba kigari cya Intare Arena ahateraniye urubyiruko, rwamwakiranye amashyi menshi n’ibyishimo ku rwego rwo hejuru.

Perezida Paul Kagame yagaragarijwe amashusho y’ibyagezweho na Youth Connekt muri iyi myaka icumi, aho yanatangije iri huriro, yizeza urubyiruko ko ejo habo ari heza, ariko ko bisaba ko rukoresha impano rufite kugira ngo ruzagere ku byo rwifuza.

Muri bimwe mu biganiro byatangiwe muri iri huriro muri iyi myaka icumi ishize, muri 2012, Umukuru w’u Rwanda yashimiye uru rubyiruko kuba rwarishyize hamwe kugira ngo rugere aho rwifuza kugera, ariko rukabikora rubanje kureba aho ruva kugira ngo hazarufashe kugera aha rwifuza.

Yagize ati “Aho mujya hameze neza, ibyiza bikiri imbere, kugira ngo umuntu abigereho atangira ubu, ntabwo abikorera ageze imbere, abikorera ubu.”

Umukuru w’u Rwanda kandi muri uwo mwaka yari yavuze ko Igihugu cyifuzwa cyariho cyubakwa, gikeneye amaboko ya buri wese harimo n’ay’urubyiruko nk’amaraso mashya.

Yagize ati “Igihugu gishya cy’u Rwanda twubaka, ni ukugira ngo impano ya buri muntu ayimenye akoreshe amahirwe ahari, iyo mpano imenyekane iyo mpano ye n’iy’undi bimenyekane, byubake umuryango wacu w’u Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda kandi mu bihe bitandukanye, yagiye ashishikariza urubyiruko gukora cyane, ndetse mu miyoborere y’Igihugu mu nzego nkuru agenda ashyiramo urubyiruko, ubu rwanahawe Minisiteri yarwo.

Nyuma y’aya mashusho agaragagaza ibyagezweho muri iyi myaka 10 ishize, Urubyiruko rukora mu byiciro binyuranye, rwagagaje intambwe rumaze kugeraho, rushimangira ko byinshi rubikesha impanuro za Perezida Paul Kagame ndetse n’amahirwe adahwema kuruha.

Ibi birori bibaye nyuma y’Iserukiramuco ry’Umuryango Giants of Africa, ryahuriyemo urubyiriko rwaturutse mu Bihugu 16 byo ku Mugabane wa Afurika.

Benshi mu batanze ubutumwa mu birori binyuranye by’iri serukiramuco, bashimiye Perezida Paul Kagame ku ruhare rukomeye akomeje mu guteza imbere urubyiruko.

By’umwihariko umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bataramiye uru rubyiruko, yagaragaje ibyishimo yagize byo guhura na Perezida Paul Kagame, anamushimira by’umwihariko uruhare runini agira mu gutuma urubyiruko rubasha kubyaza umusaruro impano zarwo, haba muri siporo ndetse no mu buhanzi.

Perezida Kagame yakiranywe morali yo hejuru
Perezida Kagame yashimiwe n’urubyiruko ku bw’impanuro adahwema kuruha
Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Utumatwishima
Umukinnyi wa Basketball Nshobozwabyosenumukiza na we yagaragaje urugendo rwe rwamugejeje kugera aho ageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − five =

Previous Post

I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere

Next Post

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burunsiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

IZIHERUKA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya
MU RWANDA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.