Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bari mu Misiri, bahuriye mu nama yiga ku bibazo biri muri DRCongo, yayobowe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, mu gihe Felix Tshisekedi yahagarariwena Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cye.

Ni ibiganiro byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ugushyingo 2022, aho aba Bakuru b’Ibihugu bari mu Misiri bitabiriye inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe izwi nka COP27.

Amakuru dukesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko kuri uwo mugoroba wo ku wa Mbere, Perezida Kagame yitabiriye inama nyunguranabitekerezo yo ku rwego rwo hejuru yize ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bukomeza buvuga ko iyi nama “yayobowe n’umuyobozi w’inama y’Abaperezi ba EAC, Evariste Ndayishimiye akaba Perezida w’u Burundi, yanitabiriwe kandi n’Abaperezida, William Ruto wa Kenya, Samia Suluhu wa Tanzania na Minisitiri w’Intebe Sama Lukonde wa DRC.”

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sama Lukonde ni na we wahagarariye Perezida Felix Thisekedi muri iyi nama iri kubera mu Misiri yiga ku mihindagurikire y’Ibihe.

Iyi nama yize ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi yitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Dr Peter Mathuki.

Iyi nama ibaye nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zemeranyijwe gukomeza inzira y’ibiganiro, nkuko byemerejwe mu nama yahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, uwa DRC, Christophe Lutundula ndetse n’uwa Angola, Téte António.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bahuriye i Luanda mu mpera z’icyumweru gishize, bemeje ko hubahirizwa imyanzuro yafatiwe mu nama zabanje zabereye i Luanda n’i Nairobi, yanakunze gushyigikirwa n’u Rwanda ndetse rukagaragaza ubushake bw’ishyirwa mu bikorwa ryayo ariko Guverinoma ya Congo Kinshasa yo ikabigendamo biguruntege.

Perezida Kagame mu nama yize ku bibazo bya DRC
Ni inama yayobowe na Perezida Ndayishimiye

Yarimo kandi Perezida William Ruto
Na Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Perezida Kagame kandi yanaganiye na Ndayishimiye na William Ruto
Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Pether Mathuki na we yitabiriye iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 9 =

Previous Post

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Next Post

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.