Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bari mu Misiri, bahuriye mu nama yiga ku bibazo biri muri DRCongo, yayobowe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, mu gihe Felix Tshisekedi yahagarariwena Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cye.

Ni ibiganiro byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ugushyingo 2022, aho aba Bakuru b’Ibihugu bari mu Misiri bitabiriye inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe izwi nka COP27.

Amakuru dukesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko kuri uwo mugoroba wo ku wa Mbere, Perezida Kagame yitabiriye inama nyunguranabitekerezo yo ku rwego rwo hejuru yize ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bukomeza buvuga ko iyi nama “yayobowe n’umuyobozi w’inama y’Abaperezi ba EAC, Evariste Ndayishimiye akaba Perezida w’u Burundi, yanitabiriwe kandi n’Abaperezida, William Ruto wa Kenya, Samia Suluhu wa Tanzania na Minisitiri w’Intebe Sama Lukonde wa DRC.”

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sama Lukonde ni na we wahagarariye Perezida Felix Thisekedi muri iyi nama iri kubera mu Misiri yiga ku mihindagurikire y’Ibihe.

Iyi nama yize ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi yitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Dr Peter Mathuki.

Iyi nama ibaye nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zemeranyijwe gukomeza inzira y’ibiganiro, nkuko byemerejwe mu nama yahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, uwa DRC, Christophe Lutundula ndetse n’uwa Angola, Téte António.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bahuriye i Luanda mu mpera z’icyumweru gishize, bemeje ko hubahirizwa imyanzuro yafatiwe mu nama zabanje zabereye i Luanda n’i Nairobi, yanakunze gushyigikirwa n’u Rwanda ndetse rukagaragaza ubushake bw’ishyirwa mu bikorwa ryayo ariko Guverinoma ya Congo Kinshasa yo ikabigendamo biguruntege.

Perezida Kagame mu nama yize ku bibazo bya DRC
Ni inama yayobowe na Perezida Ndayishimiye

Yarimo kandi Perezida William Ruto
Na Madamu Samia Suluhu wa Tanzania

Perezida Kagame kandi yanaganiye na Ndayishimiye na William Ruto
Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Pether Mathuki na we yitabiriye iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 15 =

Previous Post

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Next Post

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Related Posts

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura
MU RWANDA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.