Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame muri Qatar yarebye isiganwa mpuzamahanga ry’utumodoka duto

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame muri Qatar yarebye isiganwa mpuzamahanga ry’utumodoka duto
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Qatar, yakurikiye isiganwa ry’utumodoka duto rizwi nka Formula 1 (Formula 1 Qatar Airways Grand Prix rya 2024) ari kumwe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’Iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani.

Ni isiganwa ryasojwe mu ijoro ryacyeye kuri iki Cyumweru tariki 01 Ukuboza 2024, ryabereye i Doha muri Qatar, ahazwiho kwakira iri siganwa rikurikirwa na benshi, dore ko iri ryarebwe n’abantu barenga ibihumbi 155, rikaba ryegukanywe na rurangiranwa muri uyu mukino Max Verstappen.

Umukuru w’u Rwanda yageze i Doha ku wa Gatandatu tariki 30 Ugushyingo 2024, aho yari yitabiriye isozwa ry’iri siganwa Formula 1 Qatar Airways Grand Prix rya 2024.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Intege Mpuzamaganga cyitiriwe Hamad, Perezida Kagame yakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Dr. Ahmed bin Hassan Al Hammadi ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kainamura.

Ni uruzinduko runagamije gukomeza kwagura imbago n’ubucuti bw’u Rwnada n’ishoramari, kuko umukuru w’u Rwanda wari kumwe na bamwe mu bayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda, muri iki gikorwa hanagararijwemo gahunda y’iki Gihugu ya ‘Visit Rwanda’.

U Rwanda kandi runitegura kwakira Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku modoka ku Isi (FIA), rwanagaragaje aho imyiteguro igeze.

Perezida Paul Kagame si ubwa mbere arebye isiganwa ry’imodoka, kuko no muri Nzeri uyu mwaka, yarebye irya irizwi nka Singapore Grand Prix ryabereye muri iki Gihugu cya Singapore.

Perezida Kagame yari kumwe na Emir wa Qatar basanzwe ari n’inshuti zihariye

Wari umukino unogeye ijisho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − five =

Previous Post

Basabwe kwishakamo amafaranga yo kugura imodoka zo kubateza imbere ariko ibyakurikiyeho ni urujijo

Next Post

Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.