• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame muri Qatar yarebye isiganwa mpuzamahanga ry’utumodoka duto

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame muri Qatar yarebye isiganwa mpuzamahanga ry’utumodoka duto
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Qatar, yakurikiye isiganwa ry’utumodoka duto rizwi nka Formula 1 (Formula 1 Qatar Airways Grand Prix rya 2024) ari kumwe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’Iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani.

Ni isiganwa ryasojwe mu ijoro ryacyeye kuri iki Cyumweru tariki 01 Ukuboza 2024, ryabereye i Doha muri Qatar, ahazwiho kwakira iri siganwa rikurikirwa na benshi, dore ko iri ryarebwe n’abantu barenga ibihumbi 155, rikaba ryegukanywe na rurangiranwa muri uyu mukino Max Verstappen.

Umukuru w’u Rwanda yageze i Doha ku wa Gatandatu tariki 30 Ugushyingo 2024, aho yari yitabiriye isozwa ry’iri siganwa Formula 1 Qatar Airways Grand Prix rya 2024.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Intege Mpuzamaganga cyitiriwe Hamad, Perezida Kagame yakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Dr. Ahmed bin Hassan Al Hammadi ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kainamura.

Ni uruzinduko runagamije gukomeza kwagura imbago n’ubucuti bw’u Rwnada n’ishoramari, kuko umukuru w’u Rwanda wari kumwe na bamwe mu bayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda, muri iki gikorwa hanagararijwemo gahunda y’iki Gihugu ya ‘Visit Rwanda’.

U Rwanda kandi runitegura kwakira Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku modoka ku Isi (FIA), rwanagaragaje aho imyiteguro igeze.

Perezida Paul Kagame si ubwa mbere arebye isiganwa ry’imodoka, kuko no muri Nzeri uyu mwaka, yarebye irya irizwi nka Singapore Grand Prix ryabereye muri iki Gihugu cya Singapore.

Perezida Kagame yari kumwe na Emir wa Qatar basanzwe ari n’inshuti zihariye

Wari umukino unogeye ijisho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Basabwe kwishakamo amafaranga yo kugura imodoka zo kubateza imbere ariko ibyakurikiyeho ni urujijo

Next Post

Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.