Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe muri Benin mu ruzinduko rw’iminsi itatu, rugamije kongerera ingufu umubano w’Ibihugu byombi usanzwe ari ntamakemwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Benin, ryagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 13 Mata 2023.

Iri tangazo rivuga ko Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bazatangira uruzinduko muri Benin kuri uyu wa Gatanu tariki 14 kugeza ku ya 16 Mata 2023.

Perezida Kagame agiye kugenderera iki Gihugu ku butumire bwa mugenzi we wa Benin, Patrice Tallon, aho biteganyijwe ko Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bazakirwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Cotonou kuri uyu wa Gatanu.

Biteganyijwe ko bucyeye bwaho ku wa Gatandatu tariki 15 Mata, Perezida Patrice Talon azakira mugenzi we Paul Kagame mu biro bye bya Marina, bakagirana ikiganiro kihariye kizabera mu muhezo.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi bazanayobora isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Guverinoma z’Ibihugu byabo, arimo ayo mu bukerarugendo, iyoroshywa ry’urujya n’uruza rw’ibintu n’ibintu, ay’ingendo zo mu kirere hagati ya Kigali na Cotonou, ndetse n’ay’inganda z’imyenda.

Igihugu cy’u Rwanda na Benin, bisanzwe bifitanye ubucuti n’imikoranire byiza, bishingiye ku minshinga ibyara inyungu bihuriyeho, yanaganiriweho tariki 29 na 30 Nzeri 2017 ubwo hateranaga bwa mbere komisiyo ihuriweho y’Ibihugu byombi ikurikirana umubano w’ibi Bihugu.

Muri Werurwe umwaka ushize wa 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye muri Village Urugwiro, intumwa ya mugenzi we Patrice Talon wa Benin, Aurélien Agbenonci wari umuzaniye ubutumwa bw’uyu Mukuru wa kiriya Gihugu.

Muri Kanama 2016, Perezida Patrice Talon yari yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, aho na we yari yakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro byo gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Samuel Ishimwe says:
    3 years ago

    Numvise ko ushinzwe ikigo cy’indangmuntu zo muri Benin ari umunyarwanda wahoze ayobora ikigo nk’icyi cyo mu Rwanda ,ubufatanye bw’ibihugu by’Africa nk’abavandimwe bukomeze butezw’imbere!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 9 =

Previous Post

Umubikira ari mu maboko ya RIB akekwaho imyitwarire yumvikanamo ibidakwiye

Next Post

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.