Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe muri Benin mu ruzinduko rw’iminsi itatu, rugamije kongerera ingufu umubano w’Ibihugu byombi usanzwe ari ntamakemwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Benin, ryagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 13 Mata 2023.

Iri tangazo rivuga ko Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bazatangira uruzinduko muri Benin kuri uyu wa Gatanu tariki 14 kugeza ku ya 16 Mata 2023.

Perezida Kagame agiye kugenderera iki Gihugu ku butumire bwa mugenzi we wa Benin, Patrice Tallon, aho biteganyijwe ko Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bazakirwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Cotonou kuri uyu wa Gatanu.

Biteganyijwe ko bucyeye bwaho ku wa Gatandatu tariki 15 Mata, Perezida Patrice Talon azakira mugenzi we Paul Kagame mu biro bye bya Marina, bakagirana ikiganiro kihariye kizabera mu muhezo.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi bazanayobora isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Guverinoma z’Ibihugu byabo, arimo ayo mu bukerarugendo, iyoroshywa ry’urujya n’uruza rw’ibintu n’ibintu, ay’ingendo zo mu kirere hagati ya Kigali na Cotonou, ndetse n’ay’inganda z’imyenda.

Igihugu cy’u Rwanda na Benin, bisanzwe bifitanye ubucuti n’imikoranire byiza, bishingiye ku minshinga ibyara inyungu bihuriyeho, yanaganiriweho tariki 29 na 30 Nzeri 2017 ubwo hateranaga bwa mbere komisiyo ihuriweho y’Ibihugu byombi ikurikirana umubano w’ibi Bihugu.

Muri Werurwe umwaka ushize wa 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye muri Village Urugwiro, intumwa ya mugenzi we Patrice Talon wa Benin, Aurélien Agbenonci wari umuzaniye ubutumwa bw’uyu Mukuru wa kiriya Gihugu.

Muri Kanama 2016, Perezida Patrice Talon yari yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, aho na we yari yakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro byo gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Samuel Ishimwe says:
    3 years ago

    Numvise ko ushinzwe ikigo cy’indangmuntu zo muri Benin ari umunyarwanda wahoze ayobora ikigo nk’icyi cyo mu Rwanda ,ubufatanye bw’ibihugu by’Africa nk’abavandimwe bukomeze butezw’imbere!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 19 =

Previous Post

Umubikira ari mu maboko ya RIB akekwaho imyitwarire yumvikanamo ibidakwiye

Next Post

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.